Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

radiotv10by radiotv10
13/09/2021
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’aho minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu itangarije isubukurwa ry’inteko z’abaturage zari zimaze umwaka n’amezi atandatu zisubitwe biturutse ku cyorezo cya COVID-19, bamwe mu banyarwanda batandukanye bagaragaje ko babyishimiye ngo kuko muri aya mezi 18 yose bahuraga no gusiragizwa mu nzego z’ubuyobozi.

Ni icyemezo cyatangajwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu kuri uyu wa Kabiri tariki 7 z’ukwezi kwa kenda umwaka w’2021, ubwo Ministre Gatabazi Jean Marie Vianey uyiyoboye yasuraga abaturage bo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, agatangaza ko inteko z’abaturage zari zimaze umwaka n’amezi atandatu zisubitswe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, zasubukuwe.

Bamwe mu banyarwanda twaganiriye, batubwiye ko bishimiye isubukurwa ry’izi nteko z’abaturage, kuko ibibazo byabo bigiye kongera kujya bikemurwa kandi bakajya n’inama ku byo bakora byabateza imbere.

Nkurunziza Emmanuel, ni umuturage utuye mu murenge wa Kimironko, akagari ka Nyagatovu mu mudugudu w’Urugwiro.

Avuga ko inteko z’abaturage zitarasubikwa abaturage bazungukiragamo byinshi, kuko zabahurizaga hamwe hakaba n’ibibazo bihakemukira bitagombeye izindi nzego.

Ati:” Mu nteko z’abaturage, abaturage barahuraga kuwa kabiri bakajya inama, muri izo nteko niho umuturage yibukirizwaga gahunda zimufitiye akamaro nko kwishyura mituweli, gukora isuku hafi y’urugo rwe, uwagiranye ikibazo na mugenzi we kikaba ariho gikemurirwa.”

Akomeza agira ati:” None se umuturanyi akwiye kukoneshireza, mukajya mu nkiko, ubwo icyo ni ikibazo cyo kujyana mu manza koko? Inteko z’abaturage zadufashaga byinshi.”

Aba baturage banavuga ko muri iki gihe zimaze zisubitse byatumye hari abasiragizwa mu nzego z’ubuyobozi.

Bikorimana Emmanuel, utuye mu murenge wa Kimirongo ati:” Ingaruka isubikwa ry’Inteko z’abaturage ryagize, ni uko ibibazo byazikemurirwagamo byabuze aho bikemurirwa, abaturage bakajya babijyana ku tugari n’umurenge nabwo bagasiragizwa ku buryo hari n’ibitarakemuka bimaze uwo mwaka urenga, ariko twizeye ko bizakemukaubwo izi nteko zongeye zasubukuwe.”

Kuba inteko z’abaturage zari zarasubitswe biturutse ku cyorezo cya COVID-19, nyamara kuri ubu zikaba zisubukuwe, ngo ntabwo ari uko hari aho icyorezo cyagiye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Havugimana Joseph Curio, ati:” Abaturage bazajya bamenyeshwa igihe n’aho biribubere. Gusa ntabwo umuntu yavuga ko gusubukurwa ari muri iki cyumweru kuko ubukangurambaga nibwo bwari bwabanje, kugira ngo abayobozi bige banasobanurirwe ku birebana n’iyi gahunda yo kwegera abaturage. Rero buri muyobozi wese yarahuguwe, yasobanuriwe neza uko iki gikorwa kizajya gikorwamo.”

Inteko z’abaturage, ni gahunda yatangijwe mu mwaka w’2013, hagamijwe guhuriza hamwe abaturage ku rwego rw’Akagari, bakigira hamwe ibyabateza imbere.

Ni gahunda ikorwa abaturage bateranira hamwe bakikemurira ibibazo bibugarije.

Kuba inteko z’abaturage ubusanzwe zikorwa abaturage bahuriye hamwe, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ivuga ko kuri iyi nshuro bitavuze ko abanyarwanda bazajya bahurira mu kibuga ari aria bantu 300 cyangwa se 500 ngo bibe byatuma barenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, ko ahubwo abayobozi bazajya bahuza abaturage bafite ibibazo kugira ngo babikemure.

Havugimana Joseph Curio ati: “Si abaturage bose bazajya bagenda ngo bateranire mu kibuga ari benshi, ahubwo abayobozi nibo bazajya begera abaturage cyane cyane abafite ibibazo bikeneye gukemurwa, bakabikemura hanakurikijwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 kuko kiracyahari.”

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu( MINALOC) ivuga ko isubukurwa ry’Inteko z’abaturage, ryatewe ahanini n’uko abanyarwanda bakunze kugaragaza ko zikenewe cyane.

Inkuru ya Assoumani Twahirwa/Radio10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

PAC iranenga imikorere n’imitangire ya serivisi y’ikigo cya REG

Next Post

APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

Related Posts

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Why Some People Feel Tired After Socializing
IMIBEREHO MYIZA

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Feel Tired After Socializing

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.