Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

radiotv10by radiotv10
13/09/2021
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’aho minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu itangarije isubukurwa ry’inteko z’abaturage zari zimaze umwaka n’amezi atandatu zisubitwe biturutse ku cyorezo cya COVID-19, bamwe mu banyarwanda batandukanye bagaragaje ko babyishimiye ngo kuko muri aya mezi 18 yose bahuraga no gusiragizwa mu nzego z’ubuyobozi.

Ni icyemezo cyatangajwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu kuri uyu wa Kabiri tariki 7 z’ukwezi kwa kenda umwaka w’2021, ubwo Ministre Gatabazi Jean Marie Vianey uyiyoboye yasuraga abaturage bo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, agatangaza ko inteko z’abaturage zari zimaze umwaka n’amezi atandatu zisubitswe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, zasubukuwe.

Bamwe mu banyarwanda twaganiriye, batubwiye ko bishimiye isubukurwa ry’izi nteko z’abaturage, kuko ibibazo byabo bigiye kongera kujya bikemurwa kandi bakajya n’inama ku byo bakora byabateza imbere.

Nkurunziza Emmanuel, ni umuturage utuye mu murenge wa Kimironko, akagari ka Nyagatovu mu mudugudu w’Urugwiro.

Avuga ko inteko z’abaturage zitarasubikwa abaturage bazungukiragamo byinshi, kuko zabahurizaga hamwe hakaba n’ibibazo bihakemukira bitagombeye izindi nzego.

Ati:” Mu nteko z’abaturage, abaturage barahuraga kuwa kabiri bakajya inama, muri izo nteko niho umuturage yibukirizwaga gahunda zimufitiye akamaro nko kwishyura mituweli, gukora isuku hafi y’urugo rwe, uwagiranye ikibazo na mugenzi we kikaba ariho gikemurirwa.”

Akomeza agira ati:” None se umuturanyi akwiye kukoneshireza, mukajya mu nkiko, ubwo icyo ni ikibazo cyo kujyana mu manza koko? Inteko z’abaturage zadufashaga byinshi.”

Aba baturage banavuga ko muri iki gihe zimaze zisubitse byatumye hari abasiragizwa mu nzego z’ubuyobozi.

Bikorimana Emmanuel, utuye mu murenge wa Kimirongo ati:” Ingaruka isubikwa ry’Inteko z’abaturage ryagize, ni uko ibibazo byazikemurirwagamo byabuze aho bikemurirwa, abaturage bakajya babijyana ku tugari n’umurenge nabwo bagasiragizwa ku buryo hari n’ibitarakemuka bimaze uwo mwaka urenga, ariko twizeye ko bizakemukaubwo izi nteko zongeye zasubukuwe.”

Kuba inteko z’abaturage zari zarasubitswe biturutse ku cyorezo cya COVID-19, nyamara kuri ubu zikaba zisubukuwe, ngo ntabwo ari uko hari aho icyorezo cyagiye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Havugimana Joseph Curio, ati:” Abaturage bazajya bamenyeshwa igihe n’aho biribubere. Gusa ntabwo umuntu yavuga ko gusubukurwa ari muri iki cyumweru kuko ubukangurambaga nibwo bwari bwabanje, kugira ngo abayobozi bige banasobanurirwe ku birebana n’iyi gahunda yo kwegera abaturage. Rero buri muyobozi wese yarahuguwe, yasobanuriwe neza uko iki gikorwa kizajya gikorwamo.”

Inteko z’abaturage, ni gahunda yatangijwe mu mwaka w’2013, hagamijwe guhuriza hamwe abaturage ku rwego rw’Akagari, bakigira hamwe ibyabateza imbere.

Ni gahunda ikorwa abaturage bateranira hamwe bakikemurira ibibazo bibugarije.

Kuba inteko z’abaturage ubusanzwe zikorwa abaturage bahuriye hamwe, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ivuga ko kuri iyi nshuro bitavuze ko abanyarwanda bazajya bahurira mu kibuga ari aria bantu 300 cyangwa se 500 ngo bibe byatuma barenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, ko ahubwo abayobozi bazajya bahuza abaturage bafite ibibazo kugira ngo babikemure.

Havugimana Joseph Curio ati: “Si abaturage bose bazajya bagenda ngo bateranire mu kibuga ari benshi, ahubwo abayobozi nibo bazajya begera abaturage cyane cyane abafite ibibazo bikeneye gukemurwa, bakabikemura hanakurikijwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 kuko kiracyahari.”

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu( MINALOC) ivuga ko isubukurwa ry’Inteko z’abaturage, ryatewe ahanini n’uko abanyarwanda bakunze kugaragaza ko zikenewe cyane.

Inkuru ya Assoumani Twahirwa/Radio10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 2 =

Previous Post

PAC iranenga imikorere n’imitangire ya serivisi y’ikigo cya REG

Next Post

APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.