Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa

radiotv10by radiotv10
13/09/2021
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda bakiranye ubwuzu isubukurwa ry’inteko z’abaturage zizabamururaho isiragizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’aho minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu itangarije isubukurwa ry’inteko z’abaturage zari zimaze umwaka n’amezi atandatu zisubitwe biturutse ku cyorezo cya COVID-19, bamwe mu banyarwanda batandukanye bagaragaje ko babyishimiye ngo kuko muri aya mezi 18 yose bahuraga no gusiragizwa mu nzego z’ubuyobozi.

Ni icyemezo cyatangajwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu kuri uyu wa Kabiri tariki 7 z’ukwezi kwa kenda umwaka w’2021, ubwo Ministre Gatabazi Jean Marie Vianey uyiyoboye yasuraga abaturage bo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, agatangaza ko inteko z’abaturage zari zimaze umwaka n’amezi atandatu zisubitswe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, zasubukuwe.

Bamwe mu banyarwanda twaganiriye, batubwiye ko bishimiye isubukurwa ry’izi nteko z’abaturage, kuko ibibazo byabo bigiye kongera kujya bikemurwa kandi bakajya n’inama ku byo bakora byabateza imbere.

Nkurunziza Emmanuel, ni umuturage utuye mu murenge wa Kimironko, akagari ka Nyagatovu mu mudugudu w’Urugwiro.

Avuga ko inteko z’abaturage zitarasubikwa abaturage bazungukiragamo byinshi, kuko zabahurizaga hamwe hakaba n’ibibazo bihakemukira bitagombeye izindi nzego.

Ati:” Mu nteko z’abaturage, abaturage barahuraga kuwa kabiri bakajya inama, muri izo nteko niho umuturage yibukirizwaga gahunda zimufitiye akamaro nko kwishyura mituweli, gukora isuku hafi y’urugo rwe, uwagiranye ikibazo na mugenzi we kikaba ariho gikemurirwa.”

Akomeza agira ati:” None se umuturanyi akwiye kukoneshireza, mukajya mu nkiko, ubwo icyo ni ikibazo cyo kujyana mu manza koko? Inteko z’abaturage zadufashaga byinshi.”

Aba baturage banavuga ko muri iki gihe zimaze zisubitse byatumye hari abasiragizwa mu nzego z’ubuyobozi.

Bikorimana Emmanuel, utuye mu murenge wa Kimirongo ati:” Ingaruka isubikwa ry’Inteko z’abaturage ryagize, ni uko ibibazo byazikemurirwagamo byabuze aho bikemurirwa, abaturage bakajya babijyana ku tugari n’umurenge nabwo bagasiragizwa ku buryo hari n’ibitarakemuka bimaze uwo mwaka urenga, ariko twizeye ko bizakemukaubwo izi nteko zongeye zasubukuwe.”

Kuba inteko z’abaturage zari zarasubitswe biturutse ku cyorezo cya COVID-19, nyamara kuri ubu zikaba zisubukuwe, ngo ntabwo ari uko hari aho icyorezo cyagiye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Havugimana Joseph Curio, ati:” Abaturage bazajya bamenyeshwa igihe n’aho biribubere. Gusa ntabwo umuntu yavuga ko gusubukurwa ari muri iki cyumweru kuko ubukangurambaga nibwo bwari bwabanje, kugira ngo abayobozi bige banasobanurirwe ku birebana n’iyi gahunda yo kwegera abaturage. Rero buri muyobozi wese yarahuguwe, yasobanuriwe neza uko iki gikorwa kizajya gikorwamo.”

Inteko z’abaturage, ni gahunda yatangijwe mu mwaka w’2013, hagamijwe guhuriza hamwe abaturage ku rwego rw’Akagari, bakigira hamwe ibyabateza imbere.

Ni gahunda ikorwa abaturage bateranira hamwe bakikemurira ibibazo bibugarije.

Kuba inteko z’abaturage ubusanzwe zikorwa abaturage bahuriye hamwe, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ivuga ko kuri iyi nshuro bitavuze ko abanyarwanda bazajya bahurira mu kibuga ari aria bantu 300 cyangwa se 500 ngo bibe byatuma barenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, ko ahubwo abayobozi bazajya bahuza abaturage bafite ibibazo kugira ngo babikemure.

Havugimana Joseph Curio ati: “Si abaturage bose bazajya bagenda ngo bateranire mu kibuga ari benshi, ahubwo abayobozi nibo bazajya begera abaturage cyane cyane abafite ibibazo bikeneye gukemurwa, bakabikemura hanakurikijwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 kuko kiracyahari.”

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu( MINALOC) ivuga ko isubukurwa ry’Inteko z’abaturage, ryatewe ahanini n’uko abanyarwanda bakunze kugaragaza ko zikenewe cyane.

Inkuru ya Assoumani Twahirwa/Radio10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

PAC iranenga imikorere n’imitangire ya serivisi y’ikigo cya REG

Next Post

APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

APR FC iragera mu Rwanda igicuku kiniha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.