Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
29/07/2022
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Banyarwanda bakora imirimo itandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batuye mu Karere ka Rubavu, bavuga ko imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yabagizeho ingaruka kuko ubu batinye kwambuka kugira ngo batagirirwa nabi.

Jean de la Paix Abimana usanzwe ari umwarimu muri kaminuza zitandukanye muri DRCongo akaba ari no kwiga amasomo y’icyiciro cy’ikirenga muri iki Gihugu, avuga ko kuva imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO yahindura isura atarasubira muri Congo.

Avuga ko ibi abihuriyeho n’abandi Banyarwanda benshi basanzwe bafite imirimo bakora mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Ubu ntabwo ndi kwambuka kubera gutinya umutekano mucye, kandi hari uruhande rw’Abanyarwanda bafite ubwoba, ubwo bwoba ntakindi kububatera ni uko mu myigaragambyo y’Abakongomani duhura n’ubujura bwa bamwe barimo kwigaragambya.”

Undi muturage wo muri aka Karere ka Rubavu, avuga ko kuva Abanye-Congo batangira kwijundika Abanyarwanda, byabateye ubwoba.

Ati “Niyo twambutse nta burenganzira tuba dufite, turahigwa, ushobora kuba wanapfirayo, ni cyo kibazo tuba dufite. Hari abo bafata bakabangiriza bari kubahora ko ari Abanyarwanda ngo bakorana na M23.”

Imyigaragambyo yatangiye mu cyumweru gishize ariko igafata indi sura ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki ya 25 Nyakanga, yagaragayemo ibikorwa by’urugomo bitandukanye byakozwe n’abayitabiriye bagabye ibisa nk’ibitero ku birindiro bya MONUSCO bakabyigabiza bakanasahura ibikoresho by’abakozi bayo.

Uyu mwarimu muri Kaminuza muri DRC, Abimana Jean de la Paix yaboneyeho kugira inama Abanyarwanda bagenzi be bakorera i Goma muri Congo.

Ati “Muri iyi minsi Umunyarwanda ukorera i Goma yakabaye yitwararika mbere ya byose ndetse yabona bikomeye agakuramo ake karenge. Ubu mfite isomo nagombaga gutanga kuri Kaminuza ariko sindi kwambuka kuko hariyo umutekano mucye, rero n’abandi nabagira inama yo kuba baretse iyi mvura igahita hakaboneka umutekano.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru tariki 31 Gicurasi, yari yagiriye inama Abanyarwanda kwitondera kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera umwuka mubi wari ukomeje gututumba hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 16 =

Previous Post

Umukobwa wa Rusesabagina yahishuye isezerano yahawe n’Inteko ya America nyuma yo kuyihamiriza ko u Rwanda rwamunetse

Next Post

Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe
FOOTBALL

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura

Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.