• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
29/07/2022
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Banyarwanda bakora imirimo itandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batuye mu Karere ka Rubavu, bavuga ko imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yabagizeho ingaruka kuko ubu batinye kwambuka kugira ngo batagirirwa nabi.

Jean de la Paix Abimana usanzwe ari umwarimu muri kaminuza zitandukanye muri DRCongo akaba ari no kwiga amasomo y’icyiciro cy’ikirenga muri iki Gihugu, avuga ko kuva imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO yahindura isura atarasubira muri Congo.

Avuga ko ibi abihuriyeho n’abandi Banyarwanda benshi basanzwe bafite imirimo bakora mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Ubu ntabwo ndi kwambuka kubera gutinya umutekano mucye, kandi hari uruhande rw’Abanyarwanda bafite ubwoba, ubwo bwoba ntakindi kububatera ni uko mu myigaragambyo y’Abakongomani duhura n’ubujura bwa bamwe barimo kwigaragambya.”

Undi muturage wo muri aka Karere ka Rubavu, avuga ko kuva Abanye-Congo batangira kwijundika Abanyarwanda, byabateye ubwoba.

Ati “Niyo twambutse nta burenganzira tuba dufite, turahigwa, ushobora kuba wanapfirayo, ni cyo kibazo tuba dufite. Hari abo bafata bakabangiriza bari kubahora ko ari Abanyarwanda ngo bakorana na M23.”

Imyigaragambyo yatangiye mu cyumweru gishize ariko igafata indi sura ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki ya 25 Nyakanga, yagaragayemo ibikorwa by’urugomo bitandukanye byakozwe n’abayitabiriye bagabye ibisa nk’ibitero ku birindiro bya MONUSCO bakabyigabiza bakanasahura ibikoresho by’abakozi bayo.

Uyu mwarimu muri Kaminuza muri DRC, Abimana Jean de la Paix yaboneyeho kugira inama Abanyarwanda bagenzi be bakorera i Goma muri Congo.

Ati “Muri iyi minsi Umunyarwanda ukorera i Goma yakabaye yitwararika mbere ya byose ndetse yabona bikomeye agakuramo ake karenge. Ubu mfite isomo nagombaga gutanga kuri Kaminuza ariko sindi kwambuka kuko hariyo umutekano mucye, rero n’abandi nabagira inama yo kuba baretse iyi mvura igahita hakaboneka umutekano.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru tariki 31 Gicurasi, yari yagiriye inama Abanyarwanda kwitondera kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera umwuka mubi wari ukomeje gututumba hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − six =

Previous Post

Umukobwa wa Rusesabagina yahishuye isezerano yahawe n’Inteko ya America nyuma yo kuyihamiriza ko u Rwanda rwamunetse

Next Post

Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura

Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.