Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye

radiotv10by radiotv10
25/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda yahuje imbaraga n’Ikigo GSMA mu mikoranire igamije kuzamura ubumenyi mu by’ikoranabuhanga mu Rwanda, izanyuzwa mu bukangurambaga bwiswe ‘WeCare’.

Ubu bufatanye buzakorwa mu bukangurambaga bwiswe ‘WeCare’ bwatangarijwe mu Nama Mpuzamahanga yiswe Mobile World Congress (MWC) yigaga ku ikoranabuhanga rya telefone ngendanwa, yabereye mu Rwanda kuva tariki 17 kugeza ku ya 19 Ukwakira 2023.

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, itangaza ko ubu bufatanye buzaha ubushobozi abanyarwanda ku bijyanye n’ubumenyi bw’ibanze mu byikoranabuhanga kandi bugateza imbere ikoranabuhanga mu muryango nyarwanda.

Raporo yakozwe na GSMA ku bijyanye n’ikoranabuhanga rya Internet yo kuri telefone, yagaragaje hari icyuho cya 69% muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Ibi bituma abaturage benshi batabasha kujya ku murongo wa internet ngo babyaze umusaruro amahirwe aba ariho, ku buryo ubu bufatanye bwa MTN Rwanda na GSMA, buzagira uruhare mu gukemura ibi bibazo.

Mu bumenyi buzahabwa Abanyarwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga muri ubu bufatanye, harimo kubigisha kubyaza umusaruro internet, mu gukoresha imbunga nkoranyambaga kuri telefone.

Kugeza ubu Abanyarwanda bagera kuri Miliyoni 1,4 bamaze kugerwaho n’amahugurwa yiswe MTN’s Data Smart training, kandi intego ikaba ukongera uyu mubare ukazamuka.

Naho ku bijyanye n’imbogamizi z’ikiguzi kitorohera buri wese ku bijyanye n’ikoranabuhanga, ubu bufatanye buzakomeza kongera umubare w’abatunga telefone zigezweho za smartphones binyuze mu bukangurambaga bwa Macye Macye.

Kuva ubu bukangurambaga bwatangira muri 2022, abakiliya bamaze kugura telefone zigera mu bihumbi 100.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe abakiliya n’ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Saint Hilary Doe-Tamakloe yagize ati “Nka MTN Rwanda turifuza kuziba icyuho kiri hagati y’abantu bashobora gukoresha internet n’abatayikoresha, turashaka ko buri muntu wese uri mu Rwanda agera ku ikoranabuhanga kandi rikamubyarira inyungu.”

Yakomeje agira ati “ubufatanye bwacu na GSMA buzatuma dufasha abantu benshi kwiga akamaro k’ikoranabuhanga kandi babashe kurikoresha ibibafitiye akamaro.”

Umuyobobozi Mukuru wa GSMA muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, Angela Wamola yagize ati “GSMA yishimiye gukorana na MTN Rwanda mu gutanga ubumenyi ku mikoreshereze y’ikoranabuganga no kugabanya umubare w’abatarigeraho mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ubukangurambaga bwa ‘WeCare’ bukomeje kugira uruhare runini mu bakoresha telefone ngendanwa mu gutanga umusaruro mu miryango yabo, kandi twizeye ko ubu bufatanye buzabigiramo uruhare rufatika mu kugera kuri 85% mu kuzamura ubumenyi mu by’ikoranabuhanga mu baturage bakuru nk’intego ndetse na Politiki byiyemejwe n’u Rwanda.”

Ibi bigo byasinye amasezerano y’ubufatanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + fourteen =

Previous Post

Amakipe ya mbere azacakirana mu irushanwa Nyafurika rigezweho yamenyekanye

Next Post

Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.