Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye

radiotv10by radiotv10
25/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda yahuje imbaraga n’Ikigo GSMA mu mikoranire igamije kuzamura ubumenyi mu by’ikoranabuhanga mu Rwanda, izanyuzwa mu bukangurambaga bwiswe ‘WeCare’.

Ubu bufatanye buzakorwa mu bukangurambaga bwiswe ‘WeCare’ bwatangarijwe mu Nama Mpuzamahanga yiswe Mobile World Congress (MWC) yigaga ku ikoranabuhanga rya telefone ngendanwa, yabereye mu Rwanda kuva tariki 17 kugeza ku ya 19 Ukwakira 2023.

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, itangaza ko ubu bufatanye buzaha ubushobozi abanyarwanda ku bijyanye n’ubumenyi bw’ibanze mu byikoranabuhanga kandi bugateza imbere ikoranabuhanga mu muryango nyarwanda.

Raporo yakozwe na GSMA ku bijyanye n’ikoranabuhanga rya Internet yo kuri telefone, yagaragaje hari icyuho cya 69% muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Ibi bituma abaturage benshi batabasha kujya ku murongo wa internet ngo babyaze umusaruro amahirwe aba ariho, ku buryo ubu bufatanye bwa MTN Rwanda na GSMA, buzagira uruhare mu gukemura ibi bibazo.

Mu bumenyi buzahabwa Abanyarwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga muri ubu bufatanye, harimo kubigisha kubyaza umusaruro internet, mu gukoresha imbunga nkoranyambaga kuri telefone.

Kugeza ubu Abanyarwanda bagera kuri Miliyoni 1,4 bamaze kugerwaho n’amahugurwa yiswe MTN’s Data Smart training, kandi intego ikaba ukongera uyu mubare ukazamuka.

Naho ku bijyanye n’imbogamizi z’ikiguzi kitorohera buri wese ku bijyanye n’ikoranabuhanga, ubu bufatanye buzakomeza kongera umubare w’abatunga telefone zigezweho za smartphones binyuze mu bukangurambaga bwa Macye Macye.

Kuva ubu bukangurambaga bwatangira muri 2022, abakiliya bamaze kugura telefone zigera mu bihumbi 100.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe abakiliya n’ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Saint Hilary Doe-Tamakloe yagize ati “Nka MTN Rwanda turifuza kuziba icyuho kiri hagati y’abantu bashobora gukoresha internet n’abatayikoresha, turashaka ko buri muntu wese uri mu Rwanda agera ku ikoranabuhanga kandi rikamubyarira inyungu.”

Yakomeje agira ati “ubufatanye bwacu na GSMA buzatuma dufasha abantu benshi kwiga akamaro k’ikoranabuhanga kandi babashe kurikoresha ibibafitiye akamaro.”

Umuyobobozi Mukuru wa GSMA muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, Angela Wamola yagize ati “GSMA yishimiye gukorana na MTN Rwanda mu gutanga ubumenyi ku mikoreshereze y’ikoranabuganga no kugabanya umubare w’abatarigeraho mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ubukangurambaga bwa ‘WeCare’ bukomeje kugira uruhare runini mu bakoresha telefone ngendanwa mu gutanga umusaruro mu miryango yabo, kandi twizeye ko ubu bufatanye buzabigiramo uruhare rufatika mu kugera kuri 85% mu kuzamura ubumenyi mu by’ikoranabuhanga mu baturage bakuru nk’intego ndetse na Politiki byiyemejwe n’u Rwanda.”

Ibi bigo byasinye amasezerano y’ubufatanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eight =

Previous Post

Amakipe ya mbere azacakirana mu irushanwa Nyafurika rigezweho yamenyekanye

Next Post

Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi
AMAHANGA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.