Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye

radiotv10by radiotv10
25/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyarwanda bazaniwe inkuru nziza mu bijyanye n’ikoranabuhanga yerecyeye ubufatanye bw’ibigo bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda yahuje imbaraga n’Ikigo GSMA mu mikoranire igamije kuzamura ubumenyi mu by’ikoranabuhanga mu Rwanda, izanyuzwa mu bukangurambaga bwiswe ‘WeCare’.

Ubu bufatanye buzakorwa mu bukangurambaga bwiswe ‘WeCare’ bwatangarijwe mu Nama Mpuzamahanga yiswe Mobile World Congress (MWC) yigaga ku ikoranabuhanga rya telefone ngendanwa, yabereye mu Rwanda kuva tariki 17 kugeza ku ya 19 Ukwakira 2023.

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, itangaza ko ubu bufatanye buzaha ubushobozi abanyarwanda ku bijyanye n’ubumenyi bw’ibanze mu byikoranabuhanga kandi bugateza imbere ikoranabuhanga mu muryango nyarwanda.

Raporo yakozwe na GSMA ku bijyanye n’ikoranabuhanga rya Internet yo kuri telefone, yagaragaje hari icyuho cya 69% muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Ibi bituma abaturage benshi batabasha kujya ku murongo wa internet ngo babyaze umusaruro amahirwe aba ariho, ku buryo ubu bufatanye bwa MTN Rwanda na GSMA, buzagira uruhare mu gukemura ibi bibazo.

Mu bumenyi buzahabwa Abanyarwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga muri ubu bufatanye, harimo kubigisha kubyaza umusaruro internet, mu gukoresha imbunga nkoranyambaga kuri telefone.

Kugeza ubu Abanyarwanda bagera kuri Miliyoni 1,4 bamaze kugerwaho n’amahugurwa yiswe MTN’s Data Smart training, kandi intego ikaba ukongera uyu mubare ukazamuka.

Naho ku bijyanye n’imbogamizi z’ikiguzi kitorohera buri wese ku bijyanye n’ikoranabuhanga, ubu bufatanye buzakomeza kongera umubare w’abatunga telefone zigezweho za smartphones binyuze mu bukangurambaga bwa Macye Macye.

Kuva ubu bukangurambaga bwatangira muri 2022, abakiliya bamaze kugura telefone zigera mu bihumbi 100.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe abakiliya n’ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Saint Hilary Doe-Tamakloe yagize ati “Nka MTN Rwanda turifuza kuziba icyuho kiri hagati y’abantu bashobora gukoresha internet n’abatayikoresha, turashaka ko buri muntu wese uri mu Rwanda agera ku ikoranabuhanga kandi rikamubyarira inyungu.”

Yakomeje agira ati “ubufatanye bwacu na GSMA buzatuma dufasha abantu benshi kwiga akamaro k’ikoranabuhanga kandi babashe kurikoresha ibibafitiye akamaro.”

Umuyobobozi Mukuru wa GSMA muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, Angela Wamola yagize ati “GSMA yishimiye gukorana na MTN Rwanda mu gutanga ubumenyi ku mikoreshereze y’ikoranabuganga no kugabanya umubare w’abatarigeraho mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ubukangurambaga bwa ‘WeCare’ bukomeje kugira uruhare runini mu bakoresha telefone ngendanwa mu gutanga umusaruro mu miryango yabo, kandi twizeye ko ubu bufatanye buzabigiramo uruhare rufatika mu kugera kuri 85% mu kuzamura ubumenyi mu by’ikoranabuhanga mu baturage bakuru nk’intego ndetse na Politiki byiyemejwe n’u Rwanda.”

Ibi bigo byasinye amasezerano y’ubufatanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + six =

Previous Post

Amakipe ya mbere azacakirana mu irushanwa Nyafurika rigezweho yamenyekanye

Next Post

Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Padiri Karabo akomeje kuvugisha menshi abakobwa kubera ibyamugaragayeho bitamenyerewe ku Basaseridoti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.