Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u Rwanda mu rugendoshuri, baragarijwemo bimwe mu bikorwa byayo by’amashami atandukanye ariko ishami ryifashisha imbwa mu gucunga umutekano.

Aba banyeshuri basuye Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ukuboza 2025, mu rugendoshuri rugamije kubafasha kumenya imikorere ya buri munsi n’inshingano bya Polisi.

Rwabereye ku cyicaro gikuru ku Kacyiru, aho abarwitabiriye basaga 100 bagizwe n’abanyeshuri biga guhera mu mashuri y’incuke kugeza mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ndetse n’abarezi babo, basobanuriwe imikorere y’amashami atandukanye arimo; Ishami rishinzwe kurwanya inkongi n’ubutabazi n’ishami rya Polisi ryifashisha imbwa mu gucunga umutekano (Canine Brigade).

Beretswe uburyo umutekano ubungabungwa hirindwa icyateza inkongi, uburyo bwo guhangana nazo mu gihe zibayeho hifashishijwe ibikoresho kabuhariwe birimo n’imodoka nini zifashishwa mu kuzimya inkongi n’ubundi butabazi, banerekwa kandi basobanurirwa imikorere y’imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano cyane cyane mu bikorwa byo gusaka, gutahura ibiyobyabwenge bihishe ndetse n’ibisasu cyangwa ibindi biturika.

Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda; ACP Boniface Rutikanga avuga ko iyi ari intambwe nziza bateye haba mu kunguka ubumenyi no guteza imbere ubufatanye mu kubumbatira umutekano.

Yagize ati “Iyo dusuwe, by’umwihariko n’abarimo abakiri bato, tuba tubonye umwanya mwiza wo kwigisha, kumenyekanisha ibyo dukora ariko cyane cyane no kubaka umubano mwiza n’abo duha serivisi kuko ariwo nkingi y’umutekano urambye.”

ACP Rutikanga yashimangiye ko kwigisha abanyeshuri n’abarezi icyarimwe, ari amahirwe akomeye kuko ibyo bamenye babisangiza abandi bikagera kure kandi mu buryo bworoshye.

Ati “Abarezi bahura na benshi kandi icyo batanze kiba nk’ihame ry’ubuzima. Kuba rero tubafite nk’abaduhagarariye aho bakorera, nta kabuza umusaruro ni mwiza. Abanyeshuri nk’aba na bo iyo bize barafata kandi ntibabyihererana babisangiza bagenzi babo aho batuye, aho bigira cyangwa iwabo mu miryango.”

Umuyobozi w’ishuri Wise and Smart, Elysée Ndayishimiye yashimiye Polisi ku mahirwe yo kuyisura ishuri ryahawe.

Yagize ati “Turashimira Polisi y’u Rwanda ku mahirwe yaduhaye abana bakamenya imikorere y’amashami yayo atandukanye. Uretse ubumenyi bahavanye, ni urubuga rwiza rwo kubereka iterambere ry’igihugu, bakigishwa kugikunda kugira ngo bazakure ari abanyarwanda b’intangarugero.”

Yagaragaje ko atari ku bana gusa, ahubwo nabo ubwabo nk’abarezi bahigiye byinshi batari bazi, bakazakomeza kubisangiza n’abandi mu gihe kiri imbere, ariko by’umwihariko bikazafasha abana kugira intego y’aho bagomba kugera kuko bahakuye urukundo rwisumbuye n’icyizere ku rwego nka Polisi y’u Rwanda rubacungira umutekano.

Abanyeshuri barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Icyiraro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda
Bagaragarijwe bimwe mu bikorwa bikorwa n’uru rwego

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

Next Post

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.