Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abapolisi b’u Rwanda basimbuwe muri Sudani y’Epfo bavuze uko ubutumwa bwagenze

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abapolisi b’u Rwanda basimbuwe muri Sudani y’Epfo bavuze uko ubutumwa bwagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Abapolisi b’u Rwanda berecyeje muri Sudani y’Epfo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, basimbura bagenzi babo bagiye gukorera mu ngata bari bamazeyo umwaka, na bo bageze mu Rwanda bavuga ko bakoze byinshi birimo n’ibyo basize batoje abaturage.

Aba Bapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU-I  bakoze izi ngenzo ziberecyeza n’izibavana muri Sudani y’Epfo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kamena 2024, aho aberecyejeyo bagiye mu gitondo, mu gihe ababasimbuye, bageze mu Rwanda ku mugoroba.

Bagiye mu butumwa bw’amahoro mu gace ka Malakal ko mu Ntara ya Upper Nile State, aho bagenzi babo basimbuye bari bamaze umwaka bakorera.

CP Wilson Kayitare wakiriye ku kibuga cy’indege, aba Bapolisi bavuye mu butumwa, yabashimiye akazi keza bakoze mu gihe cy’umwaka bamazeyo haba mu myitwarire isanzwe ndetse n’imikorere mu kazi.

Yagize ati “Tubashimira uko mwitwaye mugahesha ishema Igihugu ndetse na Polisi y’u Rwanda by’umwihariko kuko ibikorwa mwakoze byaba ibyo kurinda abaturage mwari mushinzwe, n’ibindi bijyanye no guteza imbere imibereho myiza yabo, ubwabyo birivugira kandi n’amahanga arabishima.”

SP Cassim Mbabazi, Umuyobozi Wungirije wari uyoboye iri tsinda rivuye mu butumwa bw’amahoro, yavuze ko muri uyu mwaka bamazeyo, bakoze byinshi yaba ibyo bakoze ubwabo ndetse n’ibyo bafatanyije n’abandi.

Yagize ati “Inshingano ya mbere twari dufite kwari ugucungira umutekano abaturage bari mu nkambi ariko twakoze n’ibindi bikorwa dufatanya n’abaturage baho ndetse n’izindi nzego zihakorera zishinzwe kubungabunga amahoro cyane cyane ibijyanye n’isuku, iterambere n’ibindi.”

Yavuze ko hakozwe ibikorwa bisigasira imibereho myiza y’abaturage, nk’ibimenyerewe mu Rwanda, nko gutera ibiti, kubaka uturima tw’igikoni, ndetse banakora umuganda banasiga bawigishije abaturage.

Aberecyeje muri Sudani y’Epfo bagiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + seven =

Previous Post

Congo: Tshisekedi yategetse ikigomba gukorwa nyuma y’impanuka ikanganye y’ubwato bwarimo abagenzi 270

Next Post

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igikekwa ku munyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.