Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

radiotv10by radiotv10
27/11/2025
in MU RWANDA
0
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti
Share on FacebookShare on Twitter

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu muri ‘Wheelchair Basketball’ mu mukino wa gicuti warangiye impande zombi ziyemeje kwagura imikoranire.

Uyu mukino wari ugamije guhamagarira abantu gukunda imikino y’abafite ubumuga no kuyiteza imbere, wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ugushyingo 2025.

Uyu mukino warangiye Ikipe y’iri tsinda ry’abahoze ari abasirikare ba Israel itsinze iy’u Rwanda amanota 45 kuri 37.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda, Rwampungu Meshack yavuze ko uyu mukino watumye bisuzuma, kandi ukazabafasha kurushaho guteza imbere imikinire yabo.

Yagize ati “Wadufashije kwigira ku bunararibonye bwabo, bakina muri Shampiyona ikomeye gusa natwe twagaragaje ko dukomeye.”

Yakomeje avuga ko imikino y’abafite ubumuga na yo ikwiye kwitabwaho, igatera imbere kugira ngo bajyane n’intego y’u Rwanda yo kugira iki Gihugu igicumbi cya siporo byumwihariko umukino wa Basketball.

Ati “Dufite inyubako z’imikino zitandukanye kandi ntabwo ziheza abafite ubumuga, ni cyo gihe ngo natwe dukoreshe Siporo twiteza imbere no kuzamura impano za Basketball.”

Ambasade ya Israel mu Rwanda, Einat Weiss wanagize uruhare mu gutegura uru ruzinduko rw’abahoze mu gisirikare cya Israel bari kugirira mu Rwanda, yavuze ko uyu mukino ugamije gukangurira abantu kwita ku mikino y’abafite ubumuga.

Yagize ati “Wari umwanya mwiza yo kwiyibutsa ko dukwiye kongera imikino y’abafite ubumuga mu bikorwa bya buri munsi dukora ndetse no kwirekana ko abantu bo mu bihugu bitandukanye bahuje amateka. Kuko niba ugendera mu igare ry’abafite ubumuga aho waba uri hose ku Isi ufite amateka amwe na mugenzi wawe kuko muhuje ibibazo by’uko abantu babafata nk’abafite ubumuga.”

Yavuze kandi ko umukino nk’uyu uzamura ubucuti hagati y’Ibihugu byombi. Yagize ati “Ikindi twabonye aha ni uko mukino nk’uyu ariho havuka ubushuti nabwo bugashibukamo umubano hagati y’abatuye ibihugu bitandukanye ni yo mpamvu dukwiye guha agaciro ibikorwa nkibi. Njye ku giti cyanjye nafashe umwanzuro wo gukomeza gushyigikira ibikorwa nkibi.”

Nanone kandi biyemeje ko n’ikipe yo mu Rwanda na yo izajya gukina umukino wo kwishyura muri Israel, bityo n’ubucuti bwaguke hagati y’impande zombi.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Next Post

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.