Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka28

radiotv10by radiotv10
07/04/2022
in MU RWANDA
0
Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka28
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Arsenal yageneye ubutumwa u Rwanda bwo kwifatanya muri iki gihe rwinjiyemo cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ni ubutumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe ya Arsenal bwatanzwe n’abakinnyi batatu b’iyi kipe barimo kapiteni wayo Alexandre Lacazette.

Ubu butumwa butangizwa na Lacazette agaragaza ko ari ubwo bageneye kwibuka, bukomeza bugira buti “Twifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, mu guha icyubahiro abarenga miliyoni imwe bishwe.”

Arsenal kandi ivuga ko yishimira uburyo abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bataheranywe n’agahinda n’amateka ashaririye banyuzemo ahubwo bakishamo imbaraga.

Buti “Imyaka 28 ishize u Rwanda rwariyubatse, ubukungu bwarwo burakura, rutera imbere, ni ikimenyetso cyo kudaheranwa n’amateka ashaririye.”

‘Kwibuka’ means to ‘remember’.

We stand together with Rwanda to mark the 28th commemoration of the genocide against the Tutsi.

Remember. Unite. Renew.#Kwibuka28 pic.twitter.com/jvUZ66fOYl

— Arsenal (@Arsenal) April 7, 2022

Ikipe ya Arsenal yagiranye n’u Rwanda amasezerano y’ubufatanye kuva muri 2018 aho icyiciro cya mbere cyayo cyarangiye umwaka ushize muri 2021 akongerwa.

Ni amasezerano iyi kipe yo mu Bwongereza yamamazamo u Rwanda mu bukangurambaga bwo gushishikariza abatuye Isi gusura iki Gihugu cy’Imisozi 1000 buzwi nka Visit Rwanda.

Kuva Arsenal yakwinjira muri aya masezerano yo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda, iyi kipe isanzwe ifite abakunzi benshi muri Africa yagiye yifatanya n’u Rwanda mu bikorwa binyuranye birimo nk’iki cyo Kwibuka aho yagiye yifatanye n’iki Gihugu mu bihe nk’ibi bitoroshye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − four =

Previous Post

Jenoside yashoboraga gukumirwa- António Guterres yanenze amahanga yetereranye Abatutsi bakicwa arebera

Next Post

Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame

Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.