Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka28

radiotv10by radiotv10
07/04/2022
in MU RWANDA
0
Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka28
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Arsenal yageneye ubutumwa u Rwanda bwo kwifatanya muri iki gihe rwinjiyemo cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ni ubutumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe ya Arsenal bwatanzwe n’abakinnyi batatu b’iyi kipe barimo kapiteni wayo Alexandre Lacazette.

Ubu butumwa butangizwa na Lacazette agaragaza ko ari ubwo bageneye kwibuka, bukomeza bugira buti “Twifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, mu guha icyubahiro abarenga miliyoni imwe bishwe.”

Arsenal kandi ivuga ko yishimira uburyo abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bataheranywe n’agahinda n’amateka ashaririye banyuzemo ahubwo bakishamo imbaraga.

Buti “Imyaka 28 ishize u Rwanda rwariyubatse, ubukungu bwarwo burakura, rutera imbere, ni ikimenyetso cyo kudaheranwa n’amateka ashaririye.”

‘Kwibuka’ means to ‘remember’.

We stand together with Rwanda to mark the 28th commemoration of the genocide against the Tutsi.

Remember. Unite. Renew.#Kwibuka28 pic.twitter.com/jvUZ66fOYl

— Arsenal (@Arsenal) April 7, 2022

Ikipe ya Arsenal yagiranye n’u Rwanda amasezerano y’ubufatanye kuva muri 2018 aho icyiciro cya mbere cyayo cyarangiye umwaka ushize muri 2021 akongerwa.

Ni amasezerano iyi kipe yo mu Bwongereza yamamazamo u Rwanda mu bukangurambaga bwo gushishikariza abatuye Isi gusura iki Gihugu cy’Imisozi 1000 buzwi nka Visit Rwanda.

Kuva Arsenal yakwinjira muri aya masezerano yo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda, iyi kipe isanzwe ifite abakunzi benshi muri Africa yagiye yifatanya n’u Rwanda mu bikorwa binyuranye birimo nk’iki cyo Kwibuka aho yagiye yifatanye n’iki Gihugu mu bihe nk’ibi bitoroshye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Jenoside yashoboraga gukumirwa- António Guterres yanenze amahanga yetereranye Abatutsi bakicwa arebera

Next Post

Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame

Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.