Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in MU RWANDA
1
Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barimu bigisha mu bigo by’imyuga n’ubumenyi-ngiro mu Karere ka Rubavu, barashinja Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), kurangwa n’imikorere y’akajagari nyuma yuko kibasabye kugarura amwe mu mafaranga bahembwe mu kuyobora ibizamini ngo kuko bahawe menshi.

Aba barimu bagaragaza aka kajagari babona muri iki kigo, basabye Umunyamakuru wa RADIOTV10 kudatangaza imyirondoro yabo ngo kuko aya makuru batanze ashobora kububikira imbehe.

Umwe ati “Kuko umuntu wakoze ikosa ntabwo aba ashaka kujya ahabona, rero niba yakubonye umuvuga, ntabwo yakwihanganira kuko hari isosi ye uba uri kumenamo inshishi.”

Mugenzi we ukomeza agaragaza aka kajagari babona mu mikorere ya NESA, yavuze ko igihe cy’ikorwa ry’ibizamini by’abanyeshuri cyarinze kigera, iki kigo kitarasohora amabwiriza y’uburyo bizakorwa cyangwa hakaza avuguruzanya.

Ati “Buri munsi amabwiriza yazaga atandukanye n’ayo twagendeyeho ejo, ugasanga nta gahunda ihuye n’undi munsi, ukibaza uti ‘ese ni gute ibintu bitegurwa bidafite gahunda.”

Akomeza agira ati “Ukabona harimo akajagari bigaragara ko buri wese afata umwanzuro bitewe n’uko yabyutse, tukabona ikigo ibintu byacyo ntibiri kuri gahunda.”

Aba barimu kandi barimo abayoboye ibikorwa by’ibizamini, bavuga ko babarirwaga ibihumbi 21 Frw ku munsi ndetse bamwe bakaba baramaze kuyahabwa ariko kuri uyu wa Kane, batunguwe no kubwirwa ko igihembo cyabo ari ibihumbi 6 Frw ku munsi, bamwe basabwa kuyasubiza mu gihe hari abayamaze.

Umwe yagize ati “Icyumweru cya mbere cyari cyarangiye hari n’abari barasoje baranahawe amafaranga n’abafashe avanse bari bagifitemo iminsi yo gukora. Icyatunguranye ntakindi ni ukubyuka mu gitondo bati haje andi mabwiriza mashya umwarimu arahabwa bitandatu, ndetse n’uwari warayafashe agomba kuruka, akayagarura.”

Undi mwarimu wamaze no kurya aya mafaranga, avuga bataramenya icyemezo bazafata nyuma yuko basabwe kuyasubiza.

Ati “Baravuga ngo nta nkoko iruka ariko nanone ngo ntawuburana n’umuhamba. Ubwo turaza kureba aho byerecyeza, gusa umuntu yaruka ataruka, icyuho kiba kigaragaye ntabwo kiba gihesheje ishema Igihugu cyangwa Umwarimu.”

Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati yabwiye RADIOTV10 ko abayobozi b’ibigo by’amashuri bikorerwamo ibizamini, bumvise nabi amabwiriza y’ibi bikorwa.

Avuga ko abarimu bamaze guhabwa aya mafaranga bagomba kuyasubiza ariko ko mu kuyabishyuza batagomba gushyirwaho igitutu.

Icyitonderwa: Ifoto yakoreshejwe ntaho ihuriye n’inkuru. Ni iyifashishijwe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nduwayezu Jean Baptiste says:
    4 years ago

    Akajagari ko karakabije muri ibi bizamini,wagirango ntibyari byarateguwe cg nta bagenzuzi babyo.
    Ntibizabura uwo byeguza da.

    Mbonereho no kuvuga ku bizamini bikorwa mu gihembwe cya 2 bitegurwa ku rwego rw’akarere,hakabayeho scheme of work imwe muri buri karere ,kuko byanafasha abarimu kwigishanya umuvuduko kugirango abana batazabazwa ibyo batarageraho igihe mwarimu azaba yarikoreye scheme of work.
    Hari icyo byafasha.

    Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + six =

Previous Post

Karasira yasabye Urukiko ikintu gikomeye ngo nikidakurikizwa azafa icyemezo nk’icya Rusesabagina

Next Post

UPDATE: Uwabaye PM w’u Buyapani warashwe ari gutambutsa imbwirwaruhame yapfuye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Uwabaye PM w’u Buyapani warashwe ari gutambutsa imbwirwaruhame yapfuye

UPDATE: Uwabaye PM w’u Buyapani warashwe ari gutambutsa imbwirwaruhame yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.