Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in MU RWANDA
1
Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barimu bigisha mu bigo by’imyuga n’ubumenyi-ngiro mu Karere ka Rubavu, barashinja Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), kurangwa n’imikorere y’akajagari nyuma yuko kibasabye kugarura amwe mu mafaranga bahembwe mu kuyobora ibizamini ngo kuko bahawe menshi.

Aba barimu bagaragaza aka kajagari babona muri iki kigo, basabye Umunyamakuru wa RADIOTV10 kudatangaza imyirondoro yabo ngo kuko aya makuru batanze ashobora kububikira imbehe.

Umwe ati “Kuko umuntu wakoze ikosa ntabwo aba ashaka kujya ahabona, rero niba yakubonye umuvuga, ntabwo yakwihanganira kuko hari isosi ye uba uri kumenamo inshishi.”

Mugenzi we ukomeza agaragaza aka kajagari babona mu mikorere ya NESA, yavuze ko igihe cy’ikorwa ry’ibizamini by’abanyeshuri cyarinze kigera, iki kigo kitarasohora amabwiriza y’uburyo bizakorwa cyangwa hakaza avuguruzanya.

Ati “Buri munsi amabwiriza yazaga atandukanye n’ayo twagendeyeho ejo, ugasanga nta gahunda ihuye n’undi munsi, ukibaza uti ‘ese ni gute ibintu bitegurwa bidafite gahunda.”

Akomeza agira ati “Ukabona harimo akajagari bigaragara ko buri wese afata umwanzuro bitewe n’uko yabyutse, tukabona ikigo ibintu byacyo ntibiri kuri gahunda.”

Aba barimu kandi barimo abayoboye ibikorwa by’ibizamini, bavuga ko babarirwaga ibihumbi 21 Frw ku munsi ndetse bamwe bakaba baramaze kuyahabwa ariko kuri uyu wa Kane, batunguwe no kubwirwa ko igihembo cyabo ari ibihumbi 6 Frw ku munsi, bamwe basabwa kuyasubiza mu gihe hari abayamaze.

Umwe yagize ati “Icyumweru cya mbere cyari cyarangiye hari n’abari barasoje baranahawe amafaranga n’abafashe avanse bari bagifitemo iminsi yo gukora. Icyatunguranye ntakindi ni ukubyuka mu gitondo bati haje andi mabwiriza mashya umwarimu arahabwa bitandatu, ndetse n’uwari warayafashe agomba kuruka, akayagarura.”

Undi mwarimu wamaze no kurya aya mafaranga, avuga bataramenya icyemezo bazafata nyuma yuko basabwe kuyasubiza.

Ati “Baravuga ngo nta nkoko iruka ariko nanone ngo ntawuburana n’umuhamba. Ubwo turaza kureba aho byerecyeza, gusa umuntu yaruka ataruka, icyuho kiba kigaragaye ntabwo kiba gihesheje ishema Igihugu cyangwa Umwarimu.”

Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati yabwiye RADIOTV10 ko abayobozi b’ibigo by’amashuri bikorerwamo ibizamini, bumvise nabi amabwiriza y’ibi bikorwa.

Avuga ko abarimu bamaze guhabwa aya mafaranga bagomba kuyasubiza ariko ko mu kuyabishyuza batagomba gushyirwaho igitutu.

Icyitonderwa: Ifoto yakoreshejwe ntaho ihuriye n’inkuru. Ni iyifashishijwe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nduwayezu Jean Baptiste says:
    4 years ago

    Akajagari ko karakabije muri ibi bizamini,wagirango ntibyari byarateguwe cg nta bagenzuzi babyo.
    Ntibizabura uwo byeguza da.

    Mbonereho no kuvuga ku bizamini bikorwa mu gihembwe cya 2 bitegurwa ku rwego rw’akarere,hakabayeho scheme of work imwe muri buri karere ,kuko byanafasha abarimu kwigishanya umuvuduko kugirango abana batazabazwa ibyo batarageraho igihe mwarimu azaba yarikoreye scheme of work.
    Hari icyo byafasha.

    Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twenty =

Previous Post

Karasira yasabye Urukiko ikintu gikomeye ngo nikidakurikizwa azafa icyemezo nk’icya Rusesabagina

Next Post

UPDATE: Uwabaye PM w’u Buyapani warashwe ari gutambutsa imbwirwaruhame yapfuye

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Uwabaye PM w’u Buyapani warashwe ari gutambutsa imbwirwaruhame yapfuye

UPDATE: Uwabaye PM w’u Buyapani warashwe ari gutambutsa imbwirwaruhame yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.