Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mijyi inyuranye mu Burusiya, abantu ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bigaragambya bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine bavuga ko ibyaha biri gukorerwa Abaturanyi babo, ari kimwe no kubibakorera.

Iyi myigaragambyo yabaye mu Murwa Mukuru w’u Burusiya i Moscow na Serbia, ikaba iri gukorwa n’abarwanya intambara, biraye mu mihanda kuri iki Cyumweru nubwo Igipolisi cy’u Burusiya, cyataye muri yombi bamwe muri aba bigaragambya.

Abigaragambya bagendaga bavuga bavuga mu majwi arangurura, bagira bati “Twamaganye intambara!”

Iyi myigaragambyo yabaye mu gihe Perezida Vladimir Putin gutegura ibitwaro bya kirimbuzi bakaba bambariye guhangana mu gihe iyi ntambara yaba igeze ijemo ibi bitwaro.

Dmitry Maltsev, umwe mu bigaragambya yagize ati “Mfite abana babiri b’abahungu kandi sinshaka kubaraga icyo gisebo cy’ubunyamaswa bwo kumena amaraso. Intambara iratugiraho ingaruka twese.”

Iyi myigaragambyo yatangiye ku wa Kane mu Burusiya, yakomeje kuba kuva icyo gihe nubwo Igipolisi cya kiriya Gihugu gikomeje guhangana n’abari kuyikora.

Uretse iyi myigaragambyo iri kubera mu mihanda, hari n’abantu ibihumbi n’ibihumbi banditse inyandiko zo kwamagana igikorwa cy’u Burusiya cyo kujya gushoza intambara muri Ukraine.

Abantu bafite izina rikomeye mu Burusiya barimo abahanzi, abanyamakuru ba Televiziyo na bo bamaganye ibyakozwe n’u Burusiya.

Urubuga rumwe rwashyizweho rwo kunyuzaho izi nyandiko zo kwamagana iki gikorwa, rumaze gushyigikirwa n’abantu ibihumbi 930 mu minsi ine gusa, kikaba kibaye icyifuzo gishyigikiwe na benshi mu Burusiya kuva uyu mwaka watangira.

Undi witwa Olga Mikheeva, uri mu bigaragambyaga, yagize ati “Iki ni icyaha kiri gukorerwa Ibihugu byombi yaba Ukraine n’u Burusiya. Iki gikorwa kiri kutwicira abacu twese yaba Abarusiya n’Abanya-Ukraine. Tugomba kuvugira hamwe turanguruye ko tudasha kwicwa ndetse tudashaka ko Abanya-Ukraine bicwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − ten =

Previous Post

Gisagara: Uvugishije Itangazamakuru amererwa nabi n’abayobozi bakamwita umugambanyi

Next Post

Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.