Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in MU RWANDA
0
Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa by’abasaba ubutabera ku Munyarwanda Erixon Kabera wishwe arashwe na Polisi ya Canada, birakomeje, ndetse ababyitabira bakomeje kuba benshi barimo n’Abanya-Canada benshi bashenguwe n’urupfu rw’uyu Munyarwanda.

Erixon Kabera yishwe arashwe amasasu na Polisi ya Canada mu cyumweru gishize tariki 09 Ugushyingo 2024, aho yarasiwe mu Mujyi wa Hamilton wegeranye na Toronto yari asanzwe atuyemo.

Amakuru yabanje gutangazwa, yavugaga ko uyu Munyarwanda wari usanzwe ari umuyobozi wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Toronto, yarashwe ubwo yashakaga kurwanya abapolisi, ariko nyuma biza kwemezwa ko nta mbunda yari afite.

Kuva Erixon Kabera yaraswa, umuryango we n’Abanyarwanda baba muri Canada, bakomeje gusaba ko hatangwa ubutabera kuri uyu Munyarwanda wishwe arenganyijwe, ndetse hakanatangwa ibisobanuro.

Mu mihanda inyuranye bagaragaza uburakari n’agahinda batewe n’uru rupfu rw’Umunyarwanda wazize amaherere, ndetse banasaba ko ahabwa ubutabera bukwiye.

Umunyarwandakazi Josephine Murphy wakomeje kugaragaza agahinda gakomeye yatewe n’uru rupfu, yavuze ko azakomeza gusaba ko habaho ubutabera.

Uyu Munyarwandakazi kandi aratangaza ko abakomeje gusabira ubutabera Erixon Kabera, bakomeje ibikorwa byabo, aho bajya mu mihanda inyuranye bafite ibyapa bitanga ubutumwa kuri Leta.

Mu butumwa yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo 2024, Josephine Murphy yavuze ko “Muri iri joro habayeho gushyira hamwe mu rukundo dusaba ubutabera kuri Erixon. Muri iri joro, abaturage benshi bateraniye hamwe kandi baha icyubahiro Erixon March.”

Josephine wakunze kuvuga ko Erixon Kabera yari Umuntu mwiza, yakomeje ubutumwa bwe avuga ko uyu mubare w’abitabira ibi bikorwa “ni ikimenyetso kigaragaza ko uburyo yari akunzwe ndetse yari yubashywe na buri wese wari umuzi.”

Yakomeje avuga ko uku gushyira hamwe kw’abasabira ubutabera Erixon kuzakomeza kubaho ndetse bakomeza no kuba hafi umuryango we muri ibi bihe bitoroshye.

Nyuma y’urupfu rwa Erixon, umugore we Lydia Nimbeshaho, yagaragaje agahinda k’urupfu rw’umugabo we; yahakanye amakuru yavugaga ko yarwanyije inzego agashaka kurasana n’abapolisi, aho yavuze ko “nta mbunda yagiraga.”

Lydia Nimbeshaho yavuze ko umugabo we yari inyangamugayo, akagira imyitwarire iboneye, ndetse ko ubuzima bwe bwose yari yarabuhariye gukorera inyungu rusange, byumwihariko aho yashyiraga imbaraga mu gukorera umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada.

Umuryango wa nyakwigendera urimo abana asize, barasaba ubutabera
Abasabira Erixon ubutabera bakomeje kwiyongera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − eight =

Previous Post

Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.