Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in MU RWANDA
0
Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa by’abasaba ubutabera ku Munyarwanda Erixon Kabera wishwe arashwe na Polisi ya Canada, birakomeje, ndetse ababyitabira bakomeje kuba benshi barimo n’Abanya-Canada benshi bashenguwe n’urupfu rw’uyu Munyarwanda.

Erixon Kabera yishwe arashwe amasasu na Polisi ya Canada mu cyumweru gishize tariki 09 Ugushyingo 2024, aho yarasiwe mu Mujyi wa Hamilton wegeranye na Toronto yari asanzwe atuyemo.

Amakuru yabanje gutangazwa, yavugaga ko uyu Munyarwanda wari usanzwe ari umuyobozi wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Toronto, yarashwe ubwo yashakaga kurwanya abapolisi, ariko nyuma biza kwemezwa ko nta mbunda yari afite.

Kuva Erixon Kabera yaraswa, umuryango we n’Abanyarwanda baba muri Canada, bakomeje gusaba ko hatangwa ubutabera kuri uyu Munyarwanda wishwe arenganyijwe, ndetse hakanatangwa ibisobanuro.

Mu mihanda inyuranye bagaragaza uburakari n’agahinda batewe n’uru rupfu rw’Umunyarwanda wazize amaherere, ndetse banasaba ko ahabwa ubutabera bukwiye.

Umunyarwandakazi Josephine Murphy wakomeje kugaragaza agahinda gakomeye yatewe n’uru rupfu, yavuze ko azakomeza gusaba ko habaho ubutabera.

Uyu Munyarwandakazi kandi aratangaza ko abakomeje gusabira ubutabera Erixon Kabera, bakomeje ibikorwa byabo, aho bajya mu mihanda inyuranye bafite ibyapa bitanga ubutumwa kuri Leta.

Mu butumwa yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo 2024, Josephine Murphy yavuze ko “Muri iri joro habayeho gushyira hamwe mu rukundo dusaba ubutabera kuri Erixon. Muri iri joro, abaturage benshi bateraniye hamwe kandi baha icyubahiro Erixon March.”

Josephine wakunze kuvuga ko Erixon Kabera yari Umuntu mwiza, yakomeje ubutumwa bwe avuga ko uyu mubare w’abitabira ibi bikorwa “ni ikimenyetso kigaragaza ko uburyo yari akunzwe ndetse yari yubashywe na buri wese wari umuzi.”

Yakomeje avuga ko uku gushyira hamwe kw’abasabira ubutabera Erixon kuzakomeza kubaho ndetse bakomeza no kuba hafi umuryango we muri ibi bihe bitoroshye.

Nyuma y’urupfu rwa Erixon, umugore we Lydia Nimbeshaho, yagaragaje agahinda k’urupfu rw’umugabo we; yahakanye amakuru yavugaga ko yarwanyije inzego agashaka kurasana n’abapolisi, aho yavuze ko “nta mbunda yagiraga.”

Lydia Nimbeshaho yavuze ko umugabo we yari inyangamugayo, akagira imyitwarire iboneye, ndetse ko ubuzima bwe bwose yari yarabuhariye gukorera inyungu rusange, byumwihariko aho yashyiraga imbaraga mu gukorera umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada.

Umuryango wa nyakwigendera urimo abana asize, barasaba ubutabera
Abasabira Erixon ubutabera bakomeje kwiyongera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eighteen =

Previous Post

Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.