Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in MU RWANDA
0
Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa by’abasaba ubutabera ku Munyarwanda Erixon Kabera wishwe arashwe na Polisi ya Canada, birakomeje, ndetse ababyitabira bakomeje kuba benshi barimo n’Abanya-Canada benshi bashenguwe n’urupfu rw’uyu Munyarwanda.

Erixon Kabera yishwe arashwe amasasu na Polisi ya Canada mu cyumweru gishize tariki 09 Ugushyingo 2024, aho yarasiwe mu Mujyi wa Hamilton wegeranye na Toronto yari asanzwe atuyemo.

Amakuru yabanje gutangazwa, yavugaga ko uyu Munyarwanda wari usanzwe ari umuyobozi wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Toronto, yarashwe ubwo yashakaga kurwanya abapolisi, ariko nyuma biza kwemezwa ko nta mbunda yari afite.

Kuva Erixon Kabera yaraswa, umuryango we n’Abanyarwanda baba muri Canada, bakomeje gusaba ko hatangwa ubutabera kuri uyu Munyarwanda wishwe arenganyijwe, ndetse hakanatangwa ibisobanuro.

Mu mihanda inyuranye bagaragaza uburakari n’agahinda batewe n’uru rupfu rw’Umunyarwanda wazize amaherere, ndetse banasaba ko ahabwa ubutabera bukwiye.

Umunyarwandakazi Josephine Murphy wakomeje kugaragaza agahinda gakomeye yatewe n’uru rupfu, yavuze ko azakomeza gusaba ko habaho ubutabera.

Uyu Munyarwandakazi kandi aratangaza ko abakomeje gusabira ubutabera Erixon Kabera, bakomeje ibikorwa byabo, aho bajya mu mihanda inyuranye bafite ibyapa bitanga ubutumwa kuri Leta.

Mu butumwa yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo 2024, Josephine Murphy yavuze ko “Muri iri joro habayeho gushyira hamwe mu rukundo dusaba ubutabera kuri Erixon. Muri iri joro, abaturage benshi bateraniye hamwe kandi baha icyubahiro Erixon March.”

Josephine wakunze kuvuga ko Erixon Kabera yari Umuntu mwiza, yakomeje ubutumwa bwe avuga ko uyu mubare w’abitabira ibi bikorwa “ni ikimenyetso kigaragaza ko uburyo yari akunzwe ndetse yari yubashywe na buri wese wari umuzi.”

Yakomeje avuga ko uku gushyira hamwe kw’abasabira ubutabera Erixon kuzakomeza kubaho ndetse bakomeza no kuba hafi umuryango we muri ibi bihe bitoroshye.

Nyuma y’urupfu rwa Erixon, umugore we Lydia Nimbeshaho, yagaragaje agahinda k’urupfu rw’umugabo we; yahakanye amakuru yavugaga ko yarwanyije inzego agashaka kurasana n’abapolisi, aho yavuze ko “nta mbunda yagiraga.”

Lydia Nimbeshaho yavuze ko umugabo we yari inyangamugayo, akagira imyitwarire iboneye, ndetse ko ubuzima bwe bwose yari yarabuhariye gukorera inyungu rusange, byumwihariko aho yashyiraga imbaraga mu gukorera umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada.

Umuryango wa nyakwigendera urimo abana asize, barasaba ubutabera
Abasabira Erixon ubutabera bakomeje kwiyongera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo
MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.