Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare batatu ba Tanzania bakomerekeye mu mirwano iri kubera muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Abasirikare batatu ba Tanzania bakomerekeye mu mirwano iri kubera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare batatu ba Tanzania bari mu butumwa bwa MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomerekeye mu mirwano iri kuba hagati ya FARDC na M23.

MONUSCO iri gufasha FARDC muri iyi mirwano, isanzwe irimo abasirikare ba Tanzania babarirwa muri 800.

Iri tsinda ry’ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharania Demokarasi ya Congo, ryemeje aba basirikare batatu ba Tanzania bakomereke mu gitero bagabweho na M23 mu gace ka Shangi muri Teritwari ya Ruthuru.

Umwe muri ba basirikare ni we wakomeretse bikabije, bose uko ari batatu bakaba bahise bajyanwa kuvurirwa mu Mujyi wa Goma.

Imirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kubura ku wa Mbere w’iki Cyumweru mu bice bya Muhati, Runyoni na Chanzu mu gihe hari hashinze icyumweru hari agahenge.

Ubwo iyi mirwano yuburaga, FARDC na M23 bongeye kwitana bamwana, buri ruhande rushinja urundi gutangiza iyi mirwano.

Iyi mirwano iherutse kubura, yagarutse mu isura nshya aho FARDC iri gufatanya na MONUSCO ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR gusa ingabo za Loni zo zikaba zateye utwatsi ibyo gukorana n’uyu mutwe urwanya u Rwanda.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [FARDC] cyasohoye itangazo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, ryongera gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23.

Muri iri tangazo ryasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, FARDC ivuga ko u Rwanda rwohereje abasirikare 500 bo mu itsinda kabuhariwe mu kurwana ngo bajye gufasha M23.

U Rwanda rwakunze kwamagana ibirego nk’ibi, ruherutse gutangaza ko nta musirikare w’u Rwanda n’umwe uri ku butaka bwa DRCongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 16 =

Previous Post

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Next Post

Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Related Posts

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

IZIHERUKA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)
MU RWANDA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.