Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare batatu ba Tanzania bakomerekeye mu mirwano iri kubera muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Abasirikare batatu ba Tanzania bakomerekeye mu mirwano iri kubera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare batatu ba Tanzania bari mu butumwa bwa MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomerekeye mu mirwano iri kuba hagati ya FARDC na M23.

MONUSCO iri gufasha FARDC muri iyi mirwano, isanzwe irimo abasirikare ba Tanzania babarirwa muri 800.

Iri tsinda ry’ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharania Demokarasi ya Congo, ryemeje aba basirikare batatu ba Tanzania bakomereke mu gitero bagabweho na M23 mu gace ka Shangi muri Teritwari ya Ruthuru.

Umwe muri ba basirikare ni we wakomeretse bikabije, bose uko ari batatu bakaba bahise bajyanwa kuvurirwa mu Mujyi wa Goma.

Imirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kubura ku wa Mbere w’iki Cyumweru mu bice bya Muhati, Runyoni na Chanzu mu gihe hari hashinze icyumweru hari agahenge.

Ubwo iyi mirwano yuburaga, FARDC na M23 bongeye kwitana bamwana, buri ruhande rushinja urundi gutangiza iyi mirwano.

Iyi mirwano iherutse kubura, yagarutse mu isura nshya aho FARDC iri gufatanya na MONUSCO ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR gusa ingabo za Loni zo zikaba zateye utwatsi ibyo gukorana n’uyu mutwe urwanya u Rwanda.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [FARDC] cyasohoye itangazo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, ryongera gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23.

Muri iri tangazo ryasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, FARDC ivuga ko u Rwanda rwohereje abasirikare 500 bo mu itsinda kabuhariwe mu kurwana ngo bajye gufasha M23.

U Rwanda rwakunze kwamagana ibirego nk’ibi, ruherutse gutangaza ko nta musirikare w’u Rwanda n’umwe uri ku butaka bwa DRCongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 3 =

Previous Post

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Next Post

Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda
IBYAMAMARE

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.