Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare batatu ba Tanzania bakomerekeye mu mirwano iri kubera muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Abasirikare batatu ba Tanzania bakomerekeye mu mirwano iri kubera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare batatu ba Tanzania bari mu butumwa bwa MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomerekeye mu mirwano iri kuba hagati ya FARDC na M23.

MONUSCO iri gufasha FARDC muri iyi mirwano, isanzwe irimo abasirikare ba Tanzania babarirwa muri 800.

Iri tsinda ry’ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharania Demokarasi ya Congo, ryemeje aba basirikare batatu ba Tanzania bakomereke mu gitero bagabweho na M23 mu gace ka Shangi muri Teritwari ya Ruthuru.

Umwe muri ba basirikare ni we wakomeretse bikabije, bose uko ari batatu bakaba bahise bajyanwa kuvurirwa mu Mujyi wa Goma.

Imirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kubura ku wa Mbere w’iki Cyumweru mu bice bya Muhati, Runyoni na Chanzu mu gihe hari hashinze icyumweru hari agahenge.

Ubwo iyi mirwano yuburaga, FARDC na M23 bongeye kwitana bamwana, buri ruhande rushinja urundi gutangiza iyi mirwano.

Iyi mirwano iherutse kubura, yagarutse mu isura nshya aho FARDC iri gufatanya na MONUSCO ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR gusa ingabo za Loni zo zikaba zateye utwatsi ibyo gukorana n’uyu mutwe urwanya u Rwanda.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [FARDC] cyasohoye itangazo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, ryongera gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23.

Muri iri tangazo ryasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, FARDC ivuga ko u Rwanda rwohereje abasirikare 500 bo mu itsinda kabuhariwe mu kurwana ngo bajye gufasha M23.

U Rwanda rwakunze kwamagana ibirego nk’ibi, ruherutse gutangaza ko nta musirikare w’u Rwanda n’umwe uri ku butaka bwa DRCongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Next Post

Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Kenya: Hatahuwe ko kuri Lisiti y’itora hariho abantu 250.000 bapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.