Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abategarugori batanga urugero rwiza ko nta murimo wahariwe abagabo gusa bavuze akabari ku mutima-(AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
14/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abategarugori batanga urugero rwiza ko nta murimo wahariwe abagabo gusa bavuze akabari ku mutima-(AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Rusizi- Abagore bakora akazi ko gupakira no gupakurura imizigo [abazwi nk’abakarani] ku mupaka wa Rusizi ya I mu Murenge wa Kamembe, bavuga ko nyuma yo gutinyuka uyu murimo byahinduye imibereho yabo kuko ubu batakiri bamwe bategereza ko umugabo ataha ngo babone icyo barya.

Hirya y’ejo hashize tariki 12 Gicurasi, hizihijwe Umunsi wahariwe ababyeyi b’abagore, aho benshi bazirikanye ababyeyi babibarutse, babashimira ibyo babakoreye cyangwa babakorera kugira ngo babashe kubaho.

Ababyeyi b’abamama, bashimirwa uruhare runini bagira mu mibereho y’ingo zabo, yaba mu mirimo yo mu rugo, ndetse ubu bagira n’uruhare runini mu guhahira ingo zabo, ndetse n’imirimo yari yarahariwe abagabo, ubu basigaye barayitinyutse bakayikora.

Mu Karere ka Rusizi, hari bamwe mu batanga urugero rwiza ko nta murimo wahariwe abagabo gusa, aho bakora akazi ko gupakira no gupakurura imizigo, kugira ngo babashe kubeshaho imiryango yabo.

Aba bagore bibumbiye muri Koperative ‘Twihangire Imirimo’ bavuga ko ubuzima bushaririye babagamo ndetse no kurambirwa gutegera amaboko abagabo kuri buri kimwe, biri mu byatumye bahaguruka bahangara akazi katamenyerewe ku bagore.

Mukayisenga Denyse ati “Ntaraza muri aka kazi nagombaga gutegereza umugabo ngo ndebe ko hari icyo yabonye nkajya guhaha ari uko atashye kandi rimwe na rimwe akaba ataronse.”

Nyiransabimana Claudette umaze imyaka itandatu akora aka kazi, avuga ko akigatangira yaciwe integer n’amafaranga ya mbere yacyuye ariko ntiyacika intege kugeza ubwo atangiye kubona ibyiza byako.

Ati “Ndibuka ko ku munsi wa mbere mpagera nacyuye ibiceri Magana abiri ndetse n’abagabo bakavuga ko ntazabishobora, cyakora nyuma nkomeza kwizirika kugeza menyereye.”

Kujya hejuru y’imodoka ari abagore ndetse no kuzipakira no kuzipakurura ari abagore byatumye hari ababanza kubaca intege ariko kubera kumenya icyo bashaka bakomeje urugendo rwabo

Bagwire Angelique ati “Hari ababyakiraga nabi bakatubwira ko akazi dukora ari ak’abagabo gusa, ariko twebwe tukabona nta kazi k’umugore cyangwa umugabo gusa ahubwo icyo umwe yakora n’undi yagikora.”

Mu gihe mbere yo gutangira akazi k’ubukarani bamwe muri aba bagore batabashaga kwigurira igitenge ahubwo bagahora bahanze amaso abagabo babo, ubukarani bakora butuma bigurira umwambaro bashatse kandi na buri cyumweru bakabasha kwizigama.

Nyiransabimana Claudette ati “Ubukarani bwampesheje icyubahiro kuko ubu iyi saha nshobora gukenera igitenge cy’ibihumbi cumi na bitanu nkakigurira ntarindiriye ko umugabo akingurira.”

Nyirarukundo Odette ati “Ubu hafi ya twese tuba mu matsinda, amafaranga umuntu acyura buri munsi avanaho macye yo kwizigama buri cyumweru.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie asanga kwitinyuka kw’abagore kugeza aho bahangara imirimo bamwe bafata nk’iyagenewe abagabo gusa, ari umusaruro w’imiyoborere myiza.

Ati “Umugore rero arashoboye, iyo ahagurutse agakora binatuma urugo rwe rutera imbere. Abagitinya imirimo imwe n’imwe bari gusigara. Amahirwe y’imiyoborere myiza twabonye tuyabyaze umusaruro, akazi kose tugomba kugakora.”

Koperative Twihangire Imirimo ibarizwamo aba bagore, igizwe n’abanyamuryango 38, barimo abagore 13 kugeza ubu bishimira aho ubukarani bumaze kubageza ugereranyije n’uko bahoze.

Burira imodoka bagapakurura nta bwoba

Ibyakorwaga na basaza babo, bavuze ko na bo babishobora

N’umufuka bashyira ku mutwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 13 =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Guinea ahita anagirana ibiganiro na General Doumbouya

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yasoje uruzinduko muri Guinea yakiranywemo urugwiro rwinshi n’Abanya-Guinea

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame yasoje uruzinduko muri Guinea yakiranywemo urugwiro rwinshi n’Abanya-Guinea

AMAFOTO: Perezida Kagame yasoje uruzinduko muri Guinea yakiranywemo urugwiro rwinshi n'Abanya-Guinea

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.