Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
02/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye muri Kenya, mu nama yiga ku muti wabyo, bashima intambwe ikomeje guterwa, gusa bavuga ko urugendo rusigaye ari rwo rukomeye.

Aba bayobozi barimo Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya na bagenzi be bahawe inshingano zo gushaka igisubizo cy’ibibazoby’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; bitabye William Ruto Perezida wa Kenya uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa uyoboye SADC.

Aba Bakuru b’iyi miryango yombi bari batumije aba bahuza kugira ngo basobanurirwe imiterere y’iki kibazo ndetse n’imirongo ngenderwaho bagomba kuzirikana mbere yo gutangira izo nshingano.

Ni ibiganiro kandi byirabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Amb. Olivier nduhungirehe mu gihe mugenzi we wa DRC atahabonetse.

Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye, Mahmoud Ali Youssouf; yashimye intambwe Abakuru ba Dipolomasi y’u Rwanda na DRC bateye ubwo bashyiraga umuKono ku Masezerano y’Amahoro i Washington, icyakora yavuze ko hakenewe imbaraga zikomeye kugira ngo ashyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Komisiyo y’Umuryango wa Ufurika Yunze Ubumwe yishiniye amasezerano u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baherutse gusinyira i Washington; ndetse n’imbanzirizamasezerano Cuverinoma ya Congo iherutse kwemeranya na M23 i Doha.”

Yakomeje agira ati “Hakenewe guhuza ibikorwa no kuyanonosora niba dushaka ko ashyirwa mu bikorwa. Turifuza ko abarebwa n’iki kibazo bagikemura bashingiye ku ntandaro yacyo.

Amasezerano ashobora kugira igisobanuro cyangwa agatanga umusaruro igihe cyonyine yaba yashyizwe mu bikorwa. Bisaba ubushake n’ubushishozi bukomeye bwo gufata umwanzuro wo kwigomwa igihe ari ngombwa. Nizeye ko abayobozi bo muri aka karere bashobora kubigeraho.”

Perezida William Ruto uyobora EAC; na we yemeje ko iyi ntambwe itanga icyizere, kandi ko biteguye gukorana n’abandi kugira ngo bitange umusaruro.

Ati “Ibyabaye muri iyi minsi ni ikimenyetso nyacyo kigaragaza ko ibiganiro na diplomasi bishobora gutanga umusaruro, abo bireba na bo bafite ubushake bwo gushaka igisubizo kirambye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Yakomeje agira ati “Iyi miryango ibiri y’uturere ndetse na Afurika Yunze Ubumwe yiteguye gutanga umusanzu wabo kugira ngo amaseerano y’i Washinton na Doha ashyirwe mu bikorwa.”

William Ruto avuga ko ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC binagera ku karere kose bityo “Ni yo mpamvu Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na SADC yemeje gushyira hamwe kugira ngo dufashe abaturage bo mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezida wa Emerson Mnangagwa uyobora umuryango wa SADC yemeza ko bagomba gufatanya n’indi Miryango Mpuzamahanga yiyemeje gukemura iki kibazo.

Yagize ati “Ibiri gukorwa n’abafatanyabikorwa bo mumahanga; bari gukora ibishoboka byose kugira ngo ibi biganiro bigamije amahoro bitange umusaruro; ni ingenzi cyane, turamutse dufatiyeho mu bwuzuzanye; ibiganiro byose bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa bigomba guhuzwa. Ibyo ni byo byatuma tugera ku mahoro twese twifuza. Mureke tubyaze umusaruro amahirwe ahari kugira ngo tugere ku mahoro arambye.”

Aba Bakuru b’Ibihugu bavuga ko ibiganiro byabereye i Luanda n’i Nairobi, bigomba kuzahuzwa kugira ngo hazumvikane ipfundo ry’ibibazo, ndetse bikanajyana n’izindi nzira zose ziriho zikorwa zirimo amasezerano y’i Washington.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Next Post

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Related Posts

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has announced that since the program to test vehicles for harmful emissions began, more than...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare
MU RWANDA

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.