Monday, September 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA
0
Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babanye n’abakoranye na Lt Gen Innocent Kabandana, wari umwe mu basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda witabye Imana, baravuga ko azibukirwa ku mutima n’ubushake byamuranze byo gukunda Igihugu.

Lt Gen Innocent Kabandana yatabarutse kuri iki Cyumweru tariki 07 Nzeri 2025, aho Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko yatabarukiye mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe, azize uburwayi.

Nyuma y’itabaruka ry’uyu wari mu basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, hari benshi bakomeje kumwifuriza iruhuko ridashira banafata mu mugango umuryango we muri ibi bihe by’akababaro urimo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa OIF, Louise Mushikiwabo, mu butumwa yatanze nyuma y’itabaruka rya Gen Kabandana, yavuze ko yarangwaga n’imyitwarire myiza.

Yagize ati “Gen. Kabandana yaranzwe n’ubupfura, n’ubuhanga, n’urukundo rutagabanyije, ku be no ku Gihugu cye. Ababanye na we n’abakoranye na we tubabajwe nuko atuvuyemo vuba, gusa kwibuka izina ryiza asize kuri iyi si biraduhumuriza.”

Madamu Louise Mushikiwabo kandi yanageneye ubutumwa umuryango wa nyakwigendera, ati “Kuri Sabine n’abana: mwihangane, mukomere!! Imana imwakire hafi yayo!”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana, yavuze ko yibuka uburyo yakoranye na nyakwigendera, dore ko yigeze kuba Uhagarariye Inyungu z’Igisirikare cy’u Rwanda muri Ambasade yarwo i Washington DC.

Ati “Nk’umuntu wabaye Defence Attaché muri Ambasade y’i Washington, D.C. mu ntangiro z’inshingano zanjye nka Ambasaderi, Lt. Gen. Innocent Kabandana yari arenze kuba inshuti, yari umwizerwa kandi yumvirwa na bose.”

Yakomeje agira ati “Ubushishozi bwe, ubuhanga mu bya dipolomasi, no gukorana umuhate akorera u Rwanda, byashimangiraga indangagaciro z’umusirikare w’Umunyarwanda.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), Mufulukye Fred na we yagize ati “Turazirikana ubuzima n’akazi byaranze Gen. Innocent Kabandana, Umunyarwanda warangwaga no gukunda Igihugu bihamye. Ku muryangowe no ku Banyarwanda, twifatanyije namwe muri ibi bihe bitoroshye. Umurage we uzakomeza kubera urugero Abanyarwanda bakibyiruka.”

Alfred Gasana wabaye Ministiri w’Umutekano, na we yagize ati “Mu guha icyubahiro ubuzima ndetse n’imirimo myiza yakoreye Igihugu cyacu, turamwifuriza kuruhukira mu mahoro. Ubwitange n’umuhate byawe ntituzabyibagirwa.”

Lt Gen Innocent Kabanda uri mu basirikare bari mu ngabo zahoze ari RPA za RPF-Inkotanyi, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo Kwibohora.

Nyakwigendera yagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, akaba ari na we wayoboye bwa mbere inzego z’umutekano ziri mu butumwa bw’amahoro i Cabo Delgado muri Mozambique.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 16 =

Previous Post

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Next Post

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Related Posts

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

by radiotv10
08/09/2025
0

Abanyamakuru batatu bakora ibiganiro ku miyoboro ya YouTube, baherutse gutabwa muri yombi mu Karere ka Bugesera, amakuru aravuga ko bashobora...

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

by radiotv10
08/09/2025
0

Umuturage wo mu Karere ka Rusizi, yafashe icyemezo cyo gusana ikiraro gihuza aka Karere n’aka Nyamasheke, cyari kimaze imyaka ibiri...

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

by radiotv10
08/09/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; yakiriye impapuro z’Abahagarariye Ibihugu by’u Bufaransa na Misiri mu Rwanda, bashya baje gusimbura...

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

by radiotv10
08/09/2025
0

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangije ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2025-2026, yifatanya n’abanyeshuri bo mu Ishuri rimwe mu Mujyi wa...

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

by radiotv10
08/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanya abantu 26 biganjemo abakiri mu cyiciro cy’urubyiriko bakurikiranyweho ibyaha bw’ubwambuzi bushukana, bari mu itsinda ryiyise...

IZIHERUKA

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?
MU RWANDA

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

by radiotv10
08/09/2025
0

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

08/09/2025
Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

08/09/2025
Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

08/09/2025
Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

08/09/2025
Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

08/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.