Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA
0
Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babanye n’abakoranye na Lt Gen Innocent Kabandana, wari umwe mu basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda witabye Imana, baravuga ko azibukirwa ku mutima n’ubushake byamuranze byo gukunda Igihugu.

Lt Gen Innocent Kabandana yatabarutse kuri iki Cyumweru tariki 07 Nzeri 2025, aho Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko yatabarukiye mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe, azize uburwayi.

Nyuma y’itabaruka ry’uyu wari mu basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, hari benshi bakomeje kumwifuriza iruhuko ridashira banafata mu mugango umuryango we muri ibi bihe by’akababaro urimo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa OIF, Louise Mushikiwabo, mu butumwa yatanze nyuma y’itabaruka rya Gen Kabandana, yavuze ko yarangwaga n’imyitwarire myiza.

Yagize ati “Gen. Kabandana yaranzwe n’ubupfura, n’ubuhanga, n’urukundo rutagabanyije, ku be no ku Gihugu cye. Ababanye na we n’abakoranye na we tubabajwe nuko atuvuyemo vuba, gusa kwibuka izina ryiza asize kuri iyi si biraduhumuriza.”

Madamu Louise Mushikiwabo kandi yanageneye ubutumwa umuryango wa nyakwigendera, ati “Kuri Sabine n’abana: mwihangane, mukomere!! Imana imwakire hafi yayo!”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana, yavuze ko yibuka uburyo yakoranye na nyakwigendera, dore ko yigeze kuba Uhagarariye Inyungu z’Igisirikare cy’u Rwanda muri Ambasade yarwo i Washington DC.

Ati “Nk’umuntu wabaye Defence Attaché muri Ambasade y’i Washington, D.C. mu ntangiro z’inshingano zanjye nka Ambasaderi, Lt. Gen. Innocent Kabandana yari arenze kuba inshuti, yari umwizerwa kandi yumvirwa na bose.”

Yakomeje agira ati “Ubushishozi bwe, ubuhanga mu bya dipolomasi, no gukorana umuhate akorera u Rwanda, byashimangiraga indangagaciro z’umusirikare w’Umunyarwanda.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), Mufulukye Fred na we yagize ati “Turazirikana ubuzima n’akazi byaranze Gen. Innocent Kabandana, Umunyarwanda warangwaga no gukunda Igihugu bihamye. Ku muryangowe no ku Banyarwanda, twifatanyije namwe muri ibi bihe bitoroshye. Umurage we uzakomeza kubera urugero Abanyarwanda bakibyiruka.”

Alfred Gasana wabaye Ministiri w’Umutekano, na we yagize ati “Mu guha icyubahiro ubuzima ndetse n’imirimo myiza yakoreye Igihugu cyacu, turamwifuriza kuruhukira mu mahoro. Ubwitange n’umuhate byawe ntituzabyibagirwa.”

Lt Gen Innocent Kabanda uri mu basirikare bari mu ngabo zahoze ari RPA za RPF-Inkotanyi, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo Kwibohora.

Nyakwigendera yagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, akaba ari na we wayoboye bwa mbere inzego z’umutekano ziri mu butumwa bw’amahoro i Cabo Delgado muri Mozambique.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + two =

Previous Post

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Next Post

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.