• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA
0
Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babanye n’abakoranye na Lt Gen Innocent Kabandana, wari umwe mu basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda witabye Imana, baravuga ko azibukirwa ku mutima n’ubushake byamuranze byo gukunda Igihugu.

Lt Gen Innocent Kabandana yatabarutse kuri iki Cyumweru tariki 07 Nzeri 2025, aho Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko yatabarukiye mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe, azize uburwayi.

Nyuma y’itabaruka ry’uyu wari mu basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, hari benshi bakomeje kumwifuriza iruhuko ridashira banafata mu mugango umuryango we muri ibi bihe by’akababaro urimo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa OIF, Louise Mushikiwabo, mu butumwa yatanze nyuma y’itabaruka rya Gen Kabandana, yavuze ko yarangwaga n’imyitwarire myiza.

Yagize ati “Gen. Kabandana yaranzwe n’ubupfura, n’ubuhanga, n’urukundo rutagabanyije, ku be no ku Gihugu cye. Ababanye na we n’abakoranye na we tubabajwe nuko atuvuyemo vuba, gusa kwibuka izina ryiza asize kuri iyi si biraduhumuriza.”

Madamu Louise Mushikiwabo kandi yanageneye ubutumwa umuryango wa nyakwigendera, ati “Kuri Sabine n’abana: mwihangane, mukomere!! Imana imwakire hafi yayo!”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana, yavuze ko yibuka uburyo yakoranye na nyakwigendera, dore ko yigeze kuba Uhagarariye Inyungu z’Igisirikare cy’u Rwanda muri Ambasade yarwo i Washington DC.

Ati “Nk’umuntu wabaye Defence Attaché muri Ambasade y’i Washington, D.C. mu ntangiro z’inshingano zanjye nka Ambasaderi, Lt. Gen. Innocent Kabandana yari arenze kuba inshuti, yari umwizerwa kandi yumvirwa na bose.”

Yakomeje agira ati “Ubushishozi bwe, ubuhanga mu bya dipolomasi, no gukorana umuhate akorera u Rwanda, byashimangiraga indangagaciro z’umusirikare w’Umunyarwanda.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), Mufulukye Fred na we yagize ati “Turazirikana ubuzima n’akazi byaranze Gen. Innocent Kabandana, Umunyarwanda warangwaga no gukunda Igihugu bihamye. Ku muryangowe no ku Banyarwanda, twifatanyije namwe muri ibi bihe bitoroshye. Umurage we uzakomeza kubera urugero Abanyarwanda bakibyiruka.”

Alfred Gasana wabaye Ministiri w’Umutekano, na we yagize ati “Mu guha icyubahiro ubuzima ndetse n’imirimo myiza yakoreye Igihugu cyacu, turamwifuriza kuruhukira mu mahoro. Ubwitange n’umuhate byawe ntituzabyibagirwa.”

Lt Gen Innocent Kabanda uri mu basirikare bari mu ngabo zahoze ari RPA za RPF-Inkotanyi, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo Kwibohora.

Nyakwigendera yagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, akaba ari na we wayoboye bwa mbere inzego z’umutekano ziri mu butumwa bw’amahoro i Cabo Delgado muri Mozambique.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Next Post

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.