Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

radiotv10by radiotv10
23/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rugendo-shuri barimo mu Rwanda, Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Kent State yo muri Leta Zunze Ubumwe zaAmerika (USA), basuye Polisi y’u Rwanda, basobanurirwa uruhare rw’Ingabo na Polisi mu kurinda amahoro, bavuga ko ubumenyi bahakuye bazabusangiza abaturage b’iwabo.

Aba banyeshuri bari baherekejwe n’abarimu babo, basuye Polisi y’u Rwanda ku cyicaro gikuru giherereye ku Kacyiru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Nyakanga.

Abanyeshuri bari mu Rwanda mu rwego rw’amasomo yabo yiswe u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi’ yatanzwe na kaminuza ikorera muri Ohio. Uruzinduko rwabo muri Polisi y’ u Rwanda kwari ukugira ngo ahanini basobanukirwe uruhare rw’ingabo mu kubaka amahoro n’iterambere ry’igihugu.

Umuyobozi wungirije wa Polisi y’ u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi; Deputy Inspector General of Police (DIGP) Jeanne Chantal Ujeneza, wakiriye aba abanyeshuri, yashimangiye ko kugira ngo abaturage bagire umutekano bisaba ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’abaturage, inzego z’ubuyobozi, ndetse n’izindi nzego z’umutekano, kuko iyo hatabayeho imikoranire myiza bishobora kugira imbogamizi mu gukemura ibibazo by’mibereho myiza,  biteza umutekano muke.

Abanyeshuri bashatse kumenya byinshi bijyanye n’uko Polisi y’ u Rwanda ikorana n’abaturage mu gucunga umutekano, uko gahunda y’umuganda igira uruhare mu kubaka amahoro n’iterambere , n’uburyo inzego z’umutekano  zihangana n’ibyaha; ihohoterwa rishingiye ku gitsina, icuruzwa ry’abantu. no kunywa ibiyobyabwenge.

DIGP Ujeneza yagize ati “Polisi y’u Rwanda ikora mu nyungu z’abaturage  kugira ngo buri wese agire umutekano, kandi abigizemo  uruhare. Polisi y’u Rwanda ni urwego rushinzwe umutekano ushingiye ku baturage kandi abaturage bahawe imbaraga zo kuba aba mbere mu gukemura ibibazo by’umutekano w’aho batuye, binyuze mu irondo ry’abaturage, no gusangira amakuru ku kintu icyo ari cyo cyose gishobora kugira ingaruka ku mutekano wabo no ku mibereho myiza yabo.”

Yongeyeho ko mu rwego rwo guharanira gukumira ibyaha, Polisi y’ u Rwanda itegura kandi igashyira mu bikorwa, ibikorwa bitandukanye byo kubungabunga umutekano n’iterambere ry’abaturage, birimo gukangurira abantu kurwanya ibyaha, kubaka amazu agezweho ku miryango itishoboye ndetse no kubatangira ubwishingizi bw’ubuvuzi, kubagezaho ingufu z’amashanyarazi akomoka ku zuba, amazi meza, uturima tw’igikoni, kubaka no gusana imihanda ihuza imidugudu, n’izindi nyinshi.

DIGP Ujeneza yongeyeho ko ibi bikorwa byose biba bigamije kubaka ikizere no gutuma abaturage bagira imyumvire  yo gukunda igihugu, kumva ko buri wese afite umutekano aho atuye ndetse n’aho akorera, abaturage bakiyumvamo inzego z’umutekano.

Mu gusubiza ku kibazo cy’urubyiruko n’ibiyobyabwenge, DIGP Ujeneza yavuze ko iterambere rijyana no kurinda urubyiruko ko rwakoresha ibiyobyabwenge; imwe mu mbogamizi zikomeye zibangamira iterambere ry’urubyiruko. Yavuze ko ibi bikubiyemo ubukangurambaga bwo  kurwanya ibiyobyabwenge, ibikorwa byo guca burundu ikwirakwizwa  ry’ibiyobyabwenge no gusubiza mu buzima busanzwe ababaswe n’ibiyobyabwenge.

Pacifique Niyonzima, umunyarwanda uri gukorera impamyabumenyi y’ikirenga ya Dogitora muri Kaminuza ya Kent mu ishami rya  ‘Interprofessional Leadership’ yavuze ko hateguwe isomo ryitwa  ‘u Rwanda nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi’ hagamijwe kwigisha abanyeshuri intambwe u Rwanda rumaze gutera mu nzego zitandukanye; Amahoro, Uburezi, Ubuzima ndetse n’Umutekano.

Ati “Baje gusura Polisi y’ u Rwanda  kugira ngo bige uko ishyira mu bikorwa izo gahunda zijyanye no kubaka amahoro n’iterambere. Bakazasubira iwabo bakabyigisha abaturage b’iwabo.”

Sarah Schmidt, umunyeshuri wiga mu ishuri ry’isumbuye muri kaminuza ya Kent yavuze ko “Azigisha abanyeshuri bagenzi be bo mu mashuri yisumbuye amasomo mbonezamubano, amateka, ubukungu, ibibazo by’imiryango yigenga. “Naje hano ngo ndebe uko igihugu cyiyubaka  nyuma y’amakuba yakibayemo,  icyo nasanze ni igihugu abaturage bacyo bashyize hamwe, giharanira  kwiyubaka kugira ngo kibe igihugu  buri wese yumva afite umutekano, kandi yishimye.”

Yongeyeho ati “Mu by’ukuri bubatse sosiyete  iha agaciro buri muturage kandi aho abantu bagaragaza ibitekerezo. Mfite rero ingamba nize nshobora gukoresha mu ishuri nigamo kugira ngo mfashe kwigisha abanyeshuri ubumwe n’ubumenyi bwo kubaka amahoro binyuze mu mpaka no kumvikana.”

Baganirijwe n’Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda
Bari bafite amatsiko yo kumenya ibanga u Rwanda rwakoresheje
Ibyo bahakuye ngo bagiye kubisangiza abaturage b’iwabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − five =

Previous Post

Burundi: Umupolisi wari wafungiwe gusinda akicira muri kasho umusaza amukubise urukweto yakatiwe

Next Post

Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda

Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.