Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiringiye Imana y’Aba-Israel mubambwirire ko bo yabategetse kwikingiza urwa kane- Bamporiki

radiotv10by radiotv10
23/12/2021
in MU RWANDA
0
Abiringiye Imana y’Aba-Israel mubambwirire ko bo yabategetse kwikingiza urwa kane- Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Mnisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard yanenze bamwe mu Baturarwanda bakomeje kwinangira kwikingiza bavuga ko biringiye Imana, agaruka ku mvugo ikunzwe gukoreshwa y’Imana y’Aba-Israel avuga ko abo muri iki Gihugu batangiye guhabwa doze ya kane y’Urukingo.

Kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021 muri Israel batangiye gutanga doze ya kane y’urukingo rwa COVID-19, byahereye ku bageze mu zabukuru nk’icyiciro gikunze kuzahazwa n’iki cyorezo.

Muri iki Gihugu batangiye gutanga doze ya kane mu Gihe mu Rwanda hagikomeje kugaragara abantu batsimbaraye bavuga ko batakwikingiza kubera imyemerere yabo bavuga ko Imana yababujije.

Bamwe mu banze kwikingiza basanzwe ari Abakristu basengera mu madini amwe n’amwe bakunze gukoresha indahiro y’Imana y’Aba-Israel.

Ku mbuga nkoranyambaga hari bamwe bahise bagendera kuri iyi mvugo bavuga ko abanze kwikingiza urukingo na rumwe mu gihe abo muri Israel batangiye guhabwa doze ya kane.

Mu babigaragaje barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard wateruye agira ati “Abanga kwikingiza urukingo naru mwe ngo Imana ya Israel itazabarimbura, mubambwirire ko iyo Mana yaraye itegetse aba Israel kwikingiza urwa kane.”

Abanga kwikingiza urukingo narumwe ngo Imana ya Israel itazabarimbura, mubambwirire ko iyo Mana yaraye itegetse aba Israel kwikingiza urwa4.Mukingirwe mwitabarire amagara, kuko iby'ubugingo bizaza nyuma yo kubaho,si nyuma yo kwiyahura. Imana y'iRwanda,yadutegetse kwikingiza.Rweme

— Bamporiki Edouard (@Bamporikie) December 22, 2021

Yakomeje agira ati “Mukingirwe mwitabarire amagara, kuko iby’ubugingo bizaza nyuma yo kubaho, si nyuma yo kwiyahura. Imana y’i Rwanda, yadutegetse kwikingiza.”

Hon Bamporiki asanzwe ari Umukristu wo mu idini rya ADEPR gusa akunze kumvikana yirahira Imana y’i Rwanda ndetse akagaragaza ko akomeye ku mahame y’abakurambere b’u Rwanda.

Bamporiki Edouard yasabye abaturarwanda kwikingiza
Muri Israel batangiye gutanga doze ya kane byahereye ku bakuze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + five =

Previous Post

Rayon yanze kurekura itsinda Police FC 1-0, APR inganya na Etoile De l’Est bigoranye

Next Post

Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.