Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiringiye Imana y’Aba-Israel mubambwirire ko bo yabategetse kwikingiza urwa kane- Bamporiki

radiotv10by radiotv10
23/12/2021
in MU RWANDA
0
Abiringiye Imana y’Aba-Israel mubambwirire ko bo yabategetse kwikingiza urwa kane- Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Mnisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard yanenze bamwe mu Baturarwanda bakomeje kwinangira kwikingiza bavuga ko biringiye Imana, agaruka ku mvugo ikunzwe gukoreshwa y’Imana y’Aba-Israel avuga ko abo muri iki Gihugu batangiye guhabwa doze ya kane y’Urukingo.

Kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021 muri Israel batangiye gutanga doze ya kane y’urukingo rwa COVID-19, byahereye ku bageze mu zabukuru nk’icyiciro gikunze kuzahazwa n’iki cyorezo.

Muri iki Gihugu batangiye gutanga doze ya kane mu Gihe mu Rwanda hagikomeje kugaragara abantu batsimbaraye bavuga ko batakwikingiza kubera imyemerere yabo bavuga ko Imana yababujije.

Bamwe mu banze kwikingiza basanzwe ari Abakristu basengera mu madini amwe n’amwe bakunze gukoresha indahiro y’Imana y’Aba-Israel.

Ku mbuga nkoranyambaga hari bamwe bahise bagendera kuri iyi mvugo bavuga ko abanze kwikingiza urukingo na rumwe mu gihe abo muri Israel batangiye guhabwa doze ya kane.

Mu babigaragaje barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard wateruye agira ati “Abanga kwikingiza urukingo naru mwe ngo Imana ya Israel itazabarimbura, mubambwirire ko iyo Mana yaraye itegetse aba Israel kwikingiza urwa kane.”

Abanga kwikingiza urukingo narumwe ngo Imana ya Israel itazabarimbura, mubambwirire ko iyo Mana yaraye itegetse aba Israel kwikingiza urwa4.Mukingirwe mwitabarire amagara, kuko iby'ubugingo bizaza nyuma yo kubaho,si nyuma yo kwiyahura. Imana y'iRwanda,yadutegetse kwikingiza.Rweme

— Bamporiki Edouard (@Bamporikie) December 22, 2021

Yakomeje agira ati “Mukingirwe mwitabarire amagara, kuko iby’ubugingo bizaza nyuma yo kubaho, si nyuma yo kwiyahura. Imana y’i Rwanda, yadutegetse kwikingiza.”

Hon Bamporiki asanzwe ari Umukristu wo mu idini rya ADEPR gusa akunze kumvikana yirahira Imana y’i Rwanda ndetse akagaragaza ko akomeye ku mahame y’abakurambere b’u Rwanda.

Bamporiki Edouard yasabye abaturarwanda kwikingiza
Muri Israel batangiye gutanga doze ya kane byahereye ku bakuze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twelve =

Previous Post

Rayon yanze kurekura itsinda Police FC 1-0, APR inganya na Etoile De l’Est bigoranye

Next Post

Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.