• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiringiye Imana y’Aba-Israel mubambwirire ko bo yabategetse kwikingiza urwa kane- Bamporiki

radiotv10by radiotv10
23/12/2021
in MU RWANDA
0
Abiringiye Imana y’Aba-Israel mubambwirire ko bo yabategetse kwikingiza urwa kane- Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Mnisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard yanenze bamwe mu Baturarwanda bakomeje kwinangira kwikingiza bavuga ko biringiye Imana, agaruka ku mvugo ikunzwe gukoreshwa y’Imana y’Aba-Israel avuga ko abo muri iki Gihugu batangiye guhabwa doze ya kane y’Urukingo.

Kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021 muri Israel batangiye gutanga doze ya kane y’urukingo rwa COVID-19, byahereye ku bageze mu zabukuru nk’icyiciro gikunze kuzahazwa n’iki cyorezo.

Muri iki Gihugu batangiye gutanga doze ya kane mu Gihe mu Rwanda hagikomeje kugaragara abantu batsimbaraye bavuga ko batakwikingiza kubera imyemerere yabo bavuga ko Imana yababujije.

Bamwe mu banze kwikingiza basanzwe ari Abakristu basengera mu madini amwe n’amwe bakunze gukoresha indahiro y’Imana y’Aba-Israel.

Ku mbuga nkoranyambaga hari bamwe bahise bagendera kuri iyi mvugo bavuga ko abanze kwikingiza urukingo na rumwe mu gihe abo muri Israel batangiye guhabwa doze ya kane.

Mu babigaragaje barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard wateruye agira ati “Abanga kwikingiza urukingo naru mwe ngo Imana ya Israel itazabarimbura, mubambwirire ko iyo Mana yaraye itegetse aba Israel kwikingiza urwa kane.”

Abanga kwikingiza urukingo narumwe ngo Imana ya Israel itazabarimbura, mubambwirire ko iyo Mana yaraye itegetse aba Israel kwikingiza urwa4.Mukingirwe mwitabarire amagara, kuko iby'ubugingo bizaza nyuma yo kubaho,si nyuma yo kwiyahura. Imana y'iRwanda,yadutegetse kwikingiza.Rweme

— Bamporiki Edouard (@Bamporikie) December 22, 2021

Yakomeje agira ati “Mukingirwe mwitabarire amagara, kuko iby’ubugingo bizaza nyuma yo kubaho, si nyuma yo kwiyahura. Imana y’i Rwanda, yadutegetse kwikingiza.”

Hon Bamporiki asanzwe ari Umukristu wo mu idini rya ADEPR gusa akunze kumvikana yirahira Imana y’i Rwanda ndetse akagaragaza ko akomeye ku mahame y’abakurambere b’u Rwanda.

Bamporiki Edouard yasabye abaturarwanda kwikingiza
Muri Israel batangiye gutanga doze ya kane byahereye ku bakuze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nine =

Previous Post

Rayon yanze kurekura itsinda Police FC 1-0, APR inganya na Etoile De l’Est bigoranye

Next Post

Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.