Izuba riva Umudepite yibwe imodoka abanje gufatirwaho imbunda

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umudepite wo mu ishyaka ry’Abademokarate muri Leta Zunze Ubumwe za America, yibwe imodoka ubwo yabanzaga gutungwa imbunda n’abajura bayimwibye ku manywa y’ihangu.

Uyu Mudepite w’Umutegarugori witwa Mary Gay Scanlon yibiwe iki kinyabiziga cye mu mujyi wa Philadelphia muri leta ya Pennsylvania.

Izindi Nkuru

Mary Gay Scanlon yibwe iyi modoka yo mu bwoko bwa 2017 Acura MDX ubwo yari agiye mu nama ajya kubona abona imodoka y’ibirahure byijimye imusatiraivamo abahabo babiri b’ibigango bitwaje imbunda bahita bamwaka imfunguzo z’imodoka ye ndetse n’ibindi yari afite birimo telephone y’akazi.

Umuyobozi wa Philadelphia, Jim Kenney, yatangaje ko ubu bujura bwabaye saa munani na 45’ ku manywa y’ihangu ubwo yari amaze kuzenguruka kamwe mu duce two mu Majyepfo ya Philadelphia anahagarariye mu Nteko.

Umudepite mugenzi we witwa Brendan Boyle, na we w’Umudemokarate, yihanganishije mugenzi we ku bw’ubu bujura yakorewe.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Brendan Boyle “Ndabizi afite umutima ukomeye wihangana. Nizeye ko azamererwa neza.”

Ubu bujura bwatumye urwego rw’Ubutasi rwa America, FBI rwinjira muri iki kibazo rwizeza iyi ntumwa ya rubanda guhiga bariya bajura.

Ubujura bw’imodoka muri Philadelphia bukomeje gukaza umurego kuko muri uyu mwaka wa 2021 bwazamutse ku gipimo cya 80%.

Depite Mary Gay Scanlon

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru