Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abisobanuye ko bishe umuntu birwanaho bafatiwe icyemezo cyo gufungwa

radiotv10by radiotv10
16/11/2021
in MU RWANDA
0
Abisobanuye ko bishe umuntu birwanaho bafatiwe icyemezo cyo gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bakurikiranyweho gukubita no gukomeretsa umugabo bamukubise Fer à béton bikamuviramo gupfa.

Icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasomye uyu mwanzuro kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021 ku cyicaro cyarwo.

Urukiko rwasomye iki cyemezo abaregwa badahari, rwatangaje ko icyaha gikekwa kuri aba bagabo gikomeye kandi ko ibyatangajwe mu iburanisha ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, bigize impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwaho kuba barakoze kiriya cyaha.

Urukiko kandi rwavuze ko iki cyaha gikomeye kandi ko Ubushinjacyaha bugikomeje iperereza bityo ko abaregwa bagomba kuba bafunzwe by’agateganyo kugira ngo iri perereza rikomeze.

Abaregwa ngo uwo bishe iyo abatanga na we yari kubica

Mu iburanisha ryo ku ifunga n’ifungurwa ryabaye mu cyumweru gishize tariki ya 10 Ugushyingo 2021, Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake bizaka kuvamo urupfu.

Muri ririya buranisha, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko aba bagabo bakubise nyakwigendera Munyankindi Emmanuel ku w5 26 ukwakira 2021.

Bucyeye bwaho tariki 25 Ukwakira 2021, Bucyeye Callixte yahise atabwa muri yombi nyuma y’ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye babajijwe naho Habimana Thomas agatabwa muri yombi ku ya 01 ugushyingo 2021.

Nyuma yo kwereka urukiko uko Munyankindi Emmanuel yakubiswe na Habimana Thomas afatanyije Bucyeye Callixte, Ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera uburemere bw’icyaha bakurikiranyweho cyane ko mu gihe urubanza rwaba ruburanishijwe mu mizi urukiko rukabahamya icyaha bahanishwa igihano kiri hejuru y’imyaka ibiri.

Muri ririya buranisha, abaragwa bisobanuye bavuga ko bakubise uwo bakurikiranyweho kwica bitabara kuko ari we waje abarwanya ndetse ko na Fer à béton bamukubise ari we wari uyizanye.

Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 17 =

Previous Post

Rubavu: Umusore waciye igikuba kuri Twitter ko aho atuye hari umutekano mucye yafunzwe

Next Post

Basketball: Hamenyekanye abazakina umukino w’igikonyozi bayobowe na ba Kapiteni b’amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Hamenyekanye abazakina umukino w’igikonyozi bayobowe na ba Kapiteni b’amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Basketball: Hamenyekanye abazakina umukino w’igikonyozi bayobowe na ba Kapiteni b’amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.