Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abisobanuye ko bishe umuntu birwanaho bafatiwe icyemezo cyo gufungwa

radiotv10by radiotv10
16/11/2021
in MU RWANDA
0
Abisobanuye ko bishe umuntu birwanaho bafatiwe icyemezo cyo gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bakurikiranyweho gukubita no gukomeretsa umugabo bamukubise Fer à béton bikamuviramo gupfa.

Icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasomye uyu mwanzuro kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021 ku cyicaro cyarwo.

Urukiko rwasomye iki cyemezo abaregwa badahari, rwatangaje ko icyaha gikekwa kuri aba bagabo gikomeye kandi ko ibyatangajwe mu iburanisha ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, bigize impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwaho kuba barakoze kiriya cyaha.

Urukiko kandi rwavuze ko iki cyaha gikomeye kandi ko Ubushinjacyaha bugikomeje iperereza bityo ko abaregwa bagomba kuba bafunzwe by’agateganyo kugira ngo iri perereza rikomeze.

Abaregwa ngo uwo bishe iyo abatanga na we yari kubica

Mu iburanisha ryo ku ifunga n’ifungurwa ryabaye mu cyumweru gishize tariki ya 10 Ugushyingo 2021, Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake bizaka kuvamo urupfu.

Muri ririya buranisha, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko aba bagabo bakubise nyakwigendera Munyankindi Emmanuel ku w5 26 ukwakira 2021.

Bucyeye bwaho tariki 25 Ukwakira 2021, Bucyeye Callixte yahise atabwa muri yombi nyuma y’ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye babajijwe naho Habimana Thomas agatabwa muri yombi ku ya 01 ugushyingo 2021.

Nyuma yo kwereka urukiko uko Munyankindi Emmanuel yakubiswe na Habimana Thomas afatanyije Bucyeye Callixte, Ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera uburemere bw’icyaha bakurikiranyweho cyane ko mu gihe urubanza rwaba ruburanishijwe mu mizi urukiko rukabahamya icyaha bahanishwa igihano kiri hejuru y’imyaka ibiri.

Muri ririya buranisha, abaragwa bisobanuye bavuga ko bakubise uwo bakurikiranyweho kwica bitabara kuko ari we waje abarwanya ndetse ko na Fer à béton bamukubise ari we wari uyizanye.

Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 2 =

Previous Post

Rubavu: Umusore waciye igikuba kuri Twitter ko aho atuye hari umutekano mucye yafunzwe

Next Post

Basketball: Hamenyekanye abazakina umukino w’igikonyozi bayobowe na ba Kapiteni b’amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Hamenyekanye abazakina umukino w’igikonyozi bayobowe na ba Kapiteni b’amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Basketball: Hamenyekanye abazakina umukino w’igikonyozi bayobowe na ba Kapiteni b’amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.