Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA
0
Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bangirijwe imirima n’iruka ry’ikirunga, bakizezwa ubufasha na bamwe mu bayobozi barimo na Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianey, bakaba barabubuze mu gihe abaturanyi babo bo muri Congo bafashijwe, none ngo na bo uwapfa kubomeka kuri Congo.

Aba baturage  bagize imiryango 10 yahoze ifite imirima ahitwa mu Rutagara mu Mudugudu wa Bisizi, mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe, babwiye RADIOTV10 ko ubwo ikirunga cya Nyiragongo cyarukaga muri Gicurasi umwaka ushize wa 20221, byageze no mu mirima yabo, birayangiza.

Bavuga ko inzego za Leta zabemereye ubufasha dore ko iyi mirima yabo nubu batagishobora kuyihinga, ariko kuva icyo gihe ibyo bemerewe barabitegereje amaso ahera mu kirere, bakavuga ko ubu inzara ibamereye nabi.

Umwe wagaragazaga ko iyi mirima yabo batazongera kuyihinga, yagize ati “Uyu murima wavagamo imifuka itatu y’ibishyimbo, hakavamo ibijumba bakampa nk’ibihumbi maganane, ariko ubu inzara igiye kunyica, umugore wanjye amaze kuma kandi yaravanaga ibiryo hano, akarya akabyibuha.”

Bavuga ko bagerageje kwegera ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, ariko bukomeza kubatera umugongo ndetse ngo umwe mu bakozi b’Akarere yababwiye amagambo bafashe nk’agashinyaguro mu gihe ubuzima bwakomeje kubabihira kubera ubukene batewe n’iki kiza, none baratakira umuhisi n’umugenzi.

Undi yagize ati “Rimwe twigeze kujyayo ari bwo bwa mbere, hari uwatubwiye ngo ‘none se muje gushaka imfashanyo hano, aha ni ho bashaka imfashanyo?’ turavuga tuti ‘none se waba utagiye ku Karere ahandi wajya ni he? Ni yo wajya kwa Perezida wajyayo utahereye mu buyobozi butoya?’.”

Aba baturage bavuga kandi ko abaturanyi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babahinduriye bakabaha ahandi ho guhinga mu gihe bo bakomeje gutereranwa.

Akomeza agira ati “Twe iyo turebye turavuga tuti ‘ese turi Abanyarwanda cyangwa ntituri bo?’ Cyangwa se bazapfe kutwomeka tujye muri Congo bari gufasha.”

Mugenzi we ati “Dore ku mupaka ariko twe twabuze icyerekezo. None tugeze aho twifuza ngo wenda uwasuhyirayo [muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo].”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse utabashije guhita aboneka ku murongo wa Telefone, yaje kumenyesha RADIOTV10 ko mu gihe cya vuba azasura aba baturage kugira ngo baganire kuri iki kibazo cyabo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + one =

Previous Post

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Next Post

Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.