Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA
0
Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bangirijwe imirima n’iruka ry’ikirunga, bakizezwa ubufasha na bamwe mu bayobozi barimo na Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianey, bakaba barabubuze mu gihe abaturanyi babo bo muri Congo bafashijwe, none ngo na bo uwapfa kubomeka kuri Congo.

Aba baturage  bagize imiryango 10 yahoze ifite imirima ahitwa mu Rutagara mu Mudugudu wa Bisizi, mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe, babwiye RADIOTV10 ko ubwo ikirunga cya Nyiragongo cyarukaga muri Gicurasi umwaka ushize wa 20221, byageze no mu mirima yabo, birayangiza.

Bavuga ko inzego za Leta zabemereye ubufasha dore ko iyi mirima yabo nubu batagishobora kuyihinga, ariko kuva icyo gihe ibyo bemerewe barabitegereje amaso ahera mu kirere, bakavuga ko ubu inzara ibamereye nabi.

Umwe wagaragazaga ko iyi mirima yabo batazongera kuyihinga, yagize ati “Uyu murima wavagamo imifuka itatu y’ibishyimbo, hakavamo ibijumba bakampa nk’ibihumbi maganane, ariko ubu inzara igiye kunyica, umugore wanjye amaze kuma kandi yaravanaga ibiryo hano, akarya akabyibuha.”

Bavuga ko bagerageje kwegera ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, ariko bukomeza kubatera umugongo ndetse ngo umwe mu bakozi b’Akarere yababwiye amagambo bafashe nk’agashinyaguro mu gihe ubuzima bwakomeje kubabihira kubera ubukene batewe n’iki kiza, none baratakira umuhisi n’umugenzi.

Undi yagize ati “Rimwe twigeze kujyayo ari bwo bwa mbere, hari uwatubwiye ngo ‘none se muje gushaka imfashanyo hano, aha ni ho bashaka imfashanyo?’ turavuga tuti ‘none se waba utagiye ku Karere ahandi wajya ni he? Ni yo wajya kwa Perezida wajyayo utahereye mu buyobozi butoya?’.”

Aba baturage bavuga kandi ko abaturanyi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babahinduriye bakabaha ahandi ho guhinga mu gihe bo bakomeje gutereranwa.

Akomeza agira ati “Twe iyo turebye turavuga tuti ‘ese turi Abanyarwanda cyangwa ntituri bo?’ Cyangwa se bazapfe kutwomeka tujye muri Congo bari gufasha.”

Mugenzi we ati “Dore ku mupaka ariko twe twabuze icyerekezo. None tugeze aho twifuza ngo wenda uwasuhyirayo [muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo].”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse utabashije guhita aboneka ku murongo wa Telefone, yaje kumenyesha RADIOTV10 ko mu gihe cya vuba azasura aba baturage kugira ngo baganire kuri iki kibazo cyabo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Next Post

Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.