Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in MU RWANDA
0
Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bangirijwe imirima n’iruka ry’ikirunga, bakizezwa ubufasha na bamwe mu bayobozi barimo na Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianey, bakaba barabubuze mu gihe abaturanyi babo bo muri Congo bafashijwe, none ngo na bo uwapfa kubomeka kuri Congo.

Aba baturage  bagize imiryango 10 yahoze ifite imirima ahitwa mu Rutagara mu Mudugudu wa Bisizi, mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe, babwiye RADIOTV10 ko ubwo ikirunga cya Nyiragongo cyarukaga muri Gicurasi umwaka ushize wa 20221, byageze no mu mirima yabo, birayangiza.

Bavuga ko inzego za Leta zabemereye ubufasha dore ko iyi mirima yabo nubu batagishobora kuyihinga, ariko kuva icyo gihe ibyo bemerewe barabitegereje amaso ahera mu kirere, bakavuga ko ubu inzara ibamereye nabi.

Umwe wagaragazaga ko iyi mirima yabo batazongera kuyihinga, yagize ati “Uyu murima wavagamo imifuka itatu y’ibishyimbo, hakavamo ibijumba bakampa nk’ibihumbi maganane, ariko ubu inzara igiye kunyica, umugore wanjye amaze kuma kandi yaravanaga ibiryo hano, akarya akabyibuha.”

Bavuga ko bagerageje kwegera ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, ariko bukomeza kubatera umugongo ndetse ngo umwe mu bakozi b’Akarere yababwiye amagambo bafashe nk’agashinyaguro mu gihe ubuzima bwakomeje kubabihira kubera ubukene batewe n’iki kiza, none baratakira umuhisi n’umugenzi.

Undi yagize ati “Rimwe twigeze kujyayo ari bwo bwa mbere, hari uwatubwiye ngo ‘none se muje gushaka imfashanyo hano, aha ni ho bashaka imfashanyo?’ turavuga tuti ‘none se waba utagiye ku Karere ahandi wajya ni he? Ni yo wajya kwa Perezida wajyayo utahereye mu buyobozi butoya?’.”

Aba baturage bavuga kandi ko abaturanyi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babahinduriye bakabaha ahandi ho guhinga mu gihe bo bakomeje gutereranwa.

Akomeza agira ati “Twe iyo turebye turavuga tuti ‘ese turi Abanyarwanda cyangwa ntituri bo?’ Cyangwa se bazapfe kutwomeka tujye muri Congo bari gufasha.”

Mugenzi we ati “Dore ku mupaka ariko twe twabuze icyerekezo. None tugeze aho twifuza ngo wenda uwasuhyirayo [muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo].”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse utabashije guhita aboneka ku murongo wa Telefone, yaje kumenyesha RADIOTV10 ko mu gihe cya vuba azasura aba baturage kugira ngo baganire kuri iki kibazo cyabo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Next Post

Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko y’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Nyiragongo yongeye kugaragaza ibimenyetso bikangaranye byatumye Ab’i Gisenyi na Goma bahabwa umuburo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.