Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi babona umushahara uciriritse mu Rwanda, batangiye kwicinya icyara ko hagiye gutangira kubahirizwa itegeko rishya riteganya umusoro ku mushahara w’ukwezi, rizagabanya umusoro kugeza ku kigera cya 50%.

Uwubuntu Angelique, umwarimu wo mu mashuri abanza, mu kiganiro yagiranye na The New Times, yavuze ko yizeye ko we na bagenzi be bagiye kwakira umushahara utubutse ubwo Guverinoma igiye gutangira gushyira mu bikorwa itegekero rya 2022 ryerecyeye umusoro ku byinjiye rizatangira kubahirizwa muri uku kwezi k’Ugushyingo.

Yavuze ko itegeko ryari risanzweho riteganya umusoro wa 20% ku bantu binjiza hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 100 Frw, naho abinjiza hagati y’ibihumbi 100 Frw n’ibihumbi 200 Frw, bagasora 30%.

Iri tegeko rishya rya 2022 rizatangira kubahirizwa muri uku kwezi k’Ugushyingo 2023, riteganya ko abakozi binjiza amafaranga ari hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 100 Frw, bazajya basora 10% aho kuba 20% [ni ukuvuga ko umusoro wagabanutseho 50%], mu gihe abahembwa hagati y’ibihumbi 100 Frw n’ibihumbi 200 Frw bakazajya basora 20% aho kuba 30%.

Uyu mwarimu Uwubuntu avuga ko iri tegeko rigabanya umusoro, riziye igihe kuko n’ibiciro ku masoko byazamutse.

Yagize ati “Icyemezo cyo kugabanya umusoro, cyashimwe na benshi kuko kizagabanya inshingano zinsaba amikoro nk’umukozi wasabwaga byinshi kandi binatume mbasha kubona iby’ibanze nkenera.”

Nk’uko itangazo ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’amahoro (RRA) cyabitangaje tariki 25 Ukwakira 2023, iki kigo cyibukije “ko ibyiciro bishya bishingirwaho mu kubara umusoro ku bihembo (PAYE/Pay As You Earn) ku mwaka wa kabiri bizatangirana n’igihe cy’isoresha cy’ukwezi k’Ugushyingo 2023, kuzamenyekanishwa bitarenze tariki 15 Ukuboza 2023.”

Umusoro uzwi nka PAYE, ni umusoro ku nyungu ugenwa n’ibyo umuntu yinjije, kandi ugakurwa ku mushahara.

Perezida wa Sendika y’abakozi (COTRAF Rwanda), Eric Nzabandora yavuze ko iri gabanuka ry’umusoro, rizazanira inyungu abasanzwe babona umushahara muto.

Yagize ati “Kugabanya umusoro ku bakozi binjiza umushahara uri hejuru y’ibihumbi 60 Frw, no kugabanya umusoro ku bahembwa umushahara uri hagati ya 60 000 Frw na 200 000 Frw, bizabafasha kubona ibyo bakenera.”

Nzabandora kandi yashimye kuba iri tegeko rizatuma abanjiza umushahara uri munsi ya 60 000 Frw ku kwezi, basonerwa umusoro ku nyungu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Egide Frank says:
    2 years ago

    nkabakozi b,utugari muntara nybundi ntagishya kibirimo pe kuko ntawuzarenza 10k

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Next Post

Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.