Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi babona umushahara uciriritse mu Rwanda, batangiye kwicinya icyara ko hagiye gutangira kubahirizwa itegeko rishya riteganya umusoro ku mushahara w’ukwezi, rizagabanya umusoro kugeza ku kigera cya 50%.

Uwubuntu Angelique, umwarimu wo mu mashuri abanza, mu kiganiro yagiranye na The New Times, yavuze ko yizeye ko we na bagenzi be bagiye kwakira umushahara utubutse ubwo Guverinoma igiye gutangira gushyira mu bikorwa itegekero rya 2022 ryerecyeye umusoro ku byinjiye rizatangira kubahirizwa muri uku kwezi k’Ugushyingo.

Yavuze ko itegeko ryari risanzweho riteganya umusoro wa 20% ku bantu binjiza hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 100 Frw, naho abinjiza hagati y’ibihumbi 100 Frw n’ibihumbi 200 Frw, bagasora 30%.

Iri tegeko rishya rya 2022 rizatangira kubahirizwa muri uku kwezi k’Ugushyingo 2023, riteganya ko abakozi binjiza amafaranga ari hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 100 Frw, bazajya basora 10% aho kuba 20% [ni ukuvuga ko umusoro wagabanutseho 50%], mu gihe abahembwa hagati y’ibihumbi 100 Frw n’ibihumbi 200 Frw bakazajya basora 20% aho kuba 30%.

Uyu mwarimu Uwubuntu avuga ko iri tegeko rigabanya umusoro, riziye igihe kuko n’ibiciro ku masoko byazamutse.

Yagize ati “Icyemezo cyo kugabanya umusoro, cyashimwe na benshi kuko kizagabanya inshingano zinsaba amikoro nk’umukozi wasabwaga byinshi kandi binatume mbasha kubona iby’ibanze nkenera.”

Nk’uko itangazo ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’amahoro (RRA) cyabitangaje tariki 25 Ukwakira 2023, iki kigo cyibukije “ko ibyiciro bishya bishingirwaho mu kubara umusoro ku bihembo (PAYE/Pay As You Earn) ku mwaka wa kabiri bizatangirana n’igihe cy’isoresha cy’ukwezi k’Ugushyingo 2023, kuzamenyekanishwa bitarenze tariki 15 Ukuboza 2023.”

Umusoro uzwi nka PAYE, ni umusoro ku nyungu ugenwa n’ibyo umuntu yinjije, kandi ugakurwa ku mushahara.

Perezida wa Sendika y’abakozi (COTRAF Rwanda), Eric Nzabandora yavuze ko iri gabanuka ry’umusoro, rizazanira inyungu abasanzwe babona umushahara muto.

Yagize ati “Kugabanya umusoro ku bakozi binjiza umushahara uri hejuru y’ibihumbi 60 Frw, no kugabanya umusoro ku bahembwa umushahara uri hagati ya 60 000 Frw na 200 000 Frw, bizabafasha kubona ibyo bakenera.”

Nzabandora kandi yashimye kuba iri tegeko rizatuma abanjiza umushahara uri munsi ya 60 000 Frw ku kwezi, basonerwa umusoro ku nyungu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Egide Frank says:
    2 years ago

    nkabakozi b,utugari muntara nybundi ntagishya kibirimo pe kuko ntawuzarenza 10k

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Next Post

Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.