Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Ab’umushahara uciriritse mu Rwanda bategerezanyije amatsiko icyanga cy’igabanywa ry’umusoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi babona umushahara uciriritse mu Rwanda, batangiye kwicinya icyara ko hagiye gutangira kubahirizwa itegeko rishya riteganya umusoro ku mushahara w’ukwezi, rizagabanya umusoro kugeza ku kigera cya 50%.

Uwubuntu Angelique, umwarimu wo mu mashuri abanza, mu kiganiro yagiranye na The New Times, yavuze ko yizeye ko we na bagenzi be bagiye kwakira umushahara utubutse ubwo Guverinoma igiye gutangira gushyira mu bikorwa itegekero rya 2022 ryerecyeye umusoro ku byinjiye rizatangira kubahirizwa muri uku kwezi k’Ugushyingo.

Yavuze ko itegeko ryari risanzweho riteganya umusoro wa 20% ku bantu binjiza hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 100 Frw, naho abinjiza hagati y’ibihumbi 100 Frw n’ibihumbi 200 Frw, bagasora 30%.

Iri tegeko rishya rya 2022 rizatangira kubahirizwa muri uku kwezi k’Ugushyingo 2023, riteganya ko abakozi binjiza amafaranga ari hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 100 Frw, bazajya basora 10% aho kuba 20% [ni ukuvuga ko umusoro wagabanutseho 50%], mu gihe abahembwa hagati y’ibihumbi 100 Frw n’ibihumbi 200 Frw bakazajya basora 20% aho kuba 30%.

Uyu mwarimu Uwubuntu avuga ko iri tegeko rigabanya umusoro, riziye igihe kuko n’ibiciro ku masoko byazamutse.

Yagize ati “Icyemezo cyo kugabanya umusoro, cyashimwe na benshi kuko kizagabanya inshingano zinsaba amikoro nk’umukozi wasabwaga byinshi kandi binatume mbasha kubona iby’ibanze nkenera.”

Nk’uko itangazo ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’amahoro (RRA) cyabitangaje tariki 25 Ukwakira 2023, iki kigo cyibukije “ko ibyiciro bishya bishingirwaho mu kubara umusoro ku bihembo (PAYE/Pay As You Earn) ku mwaka wa kabiri bizatangirana n’igihe cy’isoresha cy’ukwezi k’Ugushyingo 2023, kuzamenyekanishwa bitarenze tariki 15 Ukuboza 2023.”

Umusoro uzwi nka PAYE, ni umusoro ku nyungu ugenwa n’ibyo umuntu yinjije, kandi ugakurwa ku mushahara.

Perezida wa Sendika y’abakozi (COTRAF Rwanda), Eric Nzabandora yavuze ko iri gabanuka ry’umusoro, rizazanira inyungu abasanzwe babona umushahara muto.

Yagize ati “Kugabanya umusoro ku bakozi binjiza umushahara uri hejuru y’ibihumbi 60 Frw, no kugabanya umusoro ku bahembwa umushahara uri hagati ya 60 000 Frw na 200 000 Frw, bizabafasha kubona ibyo bakenera.”

Nzabandora kandi yashimye kuba iri tegeko rizatuma abanjiza umushahara uri munsi ya 60 000 Frw ku kwezi, basonerwa umusoro ku nyungu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Egide Frank says:
    2 years ago

    nkabakozi b,utugari muntara nybundi ntagishya kibirimo pe kuko ntawuzarenza 10k

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twelve =

Previous Post

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Next Post

Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Uko itsinda ryakunzwe muri muzika ryasezeranyeho gukorana burundu byakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.