Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo bakomeze urugendo rwo kurwana bagana imbere mu gihe ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwakomeza gukora amarorerwa buri gukora.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri, tariki 02 Kamena 2026, ritangira rivuga ko “Igihe kirageze: Tugiye gukomeza tugana imbere imbere niba ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje amarorerwa yabwo by’ubwicanyi.”
Iri huriro riravuga ko ryiyemeje gusubiza ibitero bishya byose biri kugabwa na FARDC ifatanyije n’abambari bayo, bakomeje kwigaruria ibice bishya. AFC/M23 ikavuga ko ibi bigamije gushyiraho umupaka wo kuburizamo ibitero by’uruhande bahanganye n’uburinzi bw’iri Huriro.
Muri iri tangazo, AFC/M23 yamenyesheje Abanyekongo n’Umuryango Mpuzamahanga ko “umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri kurushaho kuba mubi, nyuma y’ibikorwa bya gisirikare byakozwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa ku baturage n’ibice byinshi by’imirwano.”
Iri Huriro rivuga ko mu minsi micye ishize, uruhande bahanyanye rwarushijeho kohereza abasiriare benshi, intwaro za rutura nyinshi, ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu kugaba ibitero byo mu kirere.
Ibi bikorwa bya gisirikare byagaragaye cyane cyane mu bice nka Minembwe, Masisi, Numbi, na Walikale.
Iri Huriro rikagira riti “Iyi miterere y’imirwano igaragaza umugambi weruye wo kongera ibikorwa bya gisirikare, bishobora kongera gukaza umutekano n’ibibazo by’ubutabazi byugarije ako karere.”
Iri tangazo rikagira riti “AFC/M23 ibona ibi bikorwa nk’ikibazo gikomeye ku baturage b’abasivili no ku bikorwa byo kugarura amahoro, ituze, n’ubuyobozi bwiza mu bice byabohowe. Ku bw’iyo mpamvu, iri Huriro rirashimangira uburenganzira bwaryo bwo kurinda abaturage n’ubusugire bw’ibice rigenzura.”
AFC/M23 ivuga ko ibikorwa byose bizakorwa n’uruhande bahanganye byo guhungabanya umutekano w’ibice igenzura, bizafatwa nk’ubushotoranyi bukwiye gufatirwa ingamba zikarishye.
Muri iri tangazo, bakagira bati “AFC/M23 izafata ingamba zose zikenewe kugira ngo ihagarike ikibazo icyo ari cyo cyose gishobora gushyira mu kaga ituze ry’ibice bizaba byibasiwe.”
Iri Huriro kandi ryaboneyeho gusaba imiryango mpuzamahanga n’iyo mu karere, n’abashinzwe uburenganzira bwa muntu, gukurikirana ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC bikomeje guhindura isura, ndetse no kubyamagana.
RADIOTV10





