Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagaragaje inyubako yangijwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’uruhande bahanganye mu mujyi wa Goma kigahitana abantu batatu barimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye ukomoka mu Bufaransa.

Iki gitero cyagabwe mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 werurwe 2026 ahagana saa kumi za mu gitondo nk’uko amakuru ava i Goma abivuga.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka; mu butumwa yanyujije kuri X mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko “muri iki gitondo Umujyi wa Goma wagabweho igitero ry’iterabwoba cya drone cyateguwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi Tshilombo kigamije kwibasira abakorera Umuryango w’Abibumbye n’uw’Ubumwe bw’u Burayi.”

Ubu butumwa bwa Kanyuka kandi buherekejwe n’amafoto agaragaza inyubako yarashwe n’ibisasu byarashwe n’indege itagira umupilote, yangiritse cyane.

Ati “Mu bahitanywe n’igitero, barimo CARINE BUISSET, umukozi ukomeye kandi w’umunyacyubahiro muri UNICEF ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, watakarije ubuzima muri iki gikorwa cy’ubugome ndengakamere.”

Christine Guinot, Umufaransakazi wakoreraga UNICEF akaba umwe mu bahitanywe n’iki gitero

Amashusho n’amafoto akomeje kujya hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, agaragaza iyi nyubako yamishijweho ibisasu n’indege bikekwa ko ari iya FARDC, yangiritse cyane.

Abasirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO) na bo baramukiye kuri iyi nyubako yibasiwe bikomeye.

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa na we wamaganiye kure iki gitero, yavuze ko indege zakoreshejwemo, ari “iz’ubutegetsi bwa Kinshasa bwahawe n’u Bushinwa, nka kimwe mu Bihugu Binyamuryango uhoraho w’Akanama k’Umutekano kandi gishyigikiye kwamagana urugomo muri Congo, gisaba ko amasezerano yo guhagarika imirwano yubahirizwa.”

AFC/M23 irasaba umuryango mpuzamahanga guharika uburyarya, aho iri huriro rishinja amahanga kuba rigaragaza ko ashyigikiye ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC bikemurwa mu nzira z’amahoro, no kubahiriza amasezerano, ariko ubutegetsi bwa Congo bwarenga ku gahenge kemejwe, akaruca akarumira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

Related Posts

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
11/03/2026
0

Abayobozi banyuranye mu Ihuriro AFC/M23, baravuga ko ibibombe byarashwe mu mujyi wa Goma n’uruhande bahanganye rukoresheje indege zitagira abapilote (drônes)...

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

by radiotv10
11/03/2026
0

Different leaders within the AFC/M23 coalition say that bombs that were fired in the city of Goma by the opposing...

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Imiryango itari iya Leta iravuga ko ibitero by’indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa Kamikaze, byagabwe mu gace ka Minembwe...

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

by radiotv10
10/03/2026
0

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze...

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

by radiotv10
10/03/2026
0

This Tuesday, 10th March 2026, the prices of petroleum products dropped after the President of the United States, Donald Trump,...

IZIHERUKA

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye
AMAHANGA

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

by radiotv10
11/03/2026
0

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

11/03/2026
Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

11/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

11/03/2026
Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

11/03/2026
Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

10/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.