• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe
Share on FacebookShare on Twitter
Imiryango itari iya Leta iravuga ko ibitero by’indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa Kamikaze, byagabwe mu gace ka Minembwe Centre, muri Kivu y’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byasize benshi bavuye mu byabo.

Ni ibitero byagabwe n’uruhande rurwanira Leta ya Kinshasa kuri uyu wa Mbere, nk’uko byatangajwe na Sosiyete Sivile ikorera muri aka gace.

Ihuriro ry’iyi Miryango itari iya Leta, rivuga ko “Drones zarashe ibisasu byinshi, ndetse na Drones Kamikaze z’ingabo za Leta muri Minembwe Centre muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo”.

Umuhuzabikorwa wa sosiyete Sivile muri Minembwe, Sebagabo Mufashi yabwiye ikinyamakuru BBC Gahuzamiryango dukesha aya makuru, ko ibi bitero “byatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.”

Ni mu gihe kandi igisirikare cya Leta ya DRC na cyo uyu munsi kikomanze mu gatuza kivuga ko cyahanuye drones za AFC/M23 ndetse kinagaragaza amashusho y’izo kivuga ko cyahanuye.

Ihuriro AFC/M23 ribinyujije mu muvugizi waryo mu bya Politiki, Lawrenze Kanyuka, avuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Leta FARDC, “rurasa buhumyi mu bice bituwemo n’abaturage benshi” mu bitero bihitana inzirakarengane z’abasivile.

Amakuru yatanzwe na Sebagabo avuga ko ibitero by’indege bya FARDC byo kuri uyu wa Mbere, byibasiye inyubako zirimo ikoreramo Rarido y’Abaturage ya Tuungane, ndetse abakomerekejwe na byo bakaba barimo umwana w’imyaka 11.

Intambara mu burasirazuba bwa DRC, imaze iminsi ikajije umurego, aho noneho yahinduye isura, aho imaze iminsi ikoreshwamo cyane ibitero by’indege zitagira abapilote.

Mu bitero by’izi ndege kandi, harimo n’igiherutse kugabwa mu gace ka Rubaya, cyahitanye Col Willy Ngoma wari umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Next Post

Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.