• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagaragaje inyubako yangijwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’uruhande bahanganye mu mujyi wa Goma kigahitana abantu batatu barimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye ukomoka mu Bufaransa.

Iki gitero cyagabwe mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 werurwe 2026 ahagana saa kumi za mu gitondo nk’uko amakuru ava i Goma abivuga.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka; mu butumwa yanyujije kuri X mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko “muri iki gitondo Umujyi wa Goma wagabweho igitero ry’iterabwoba cya drone cyateguwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi Tshilombo kigamije kwibasira abakorera Umuryango w’Abibumbye n’uw’Ubumwe bw’u Burayi.”

Ubu butumwa bwa Kanyuka kandi buherekejwe n’amafoto agaragaza inyubako yarashwe n’ibisasu byarashwe n’indege itagira umupilote, yangiritse cyane.

Ati “Mu bahitanywe n’igitero, barimo CARINE BUISSET, umukozi ukomeye kandi w’umunyacyubahiro muri UNICEF ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, watakarije ubuzima muri iki gikorwa cy’ubugome ndengakamere.”

Christine Guinot, Umufaransakazi wakoreraga UNICEF akaba umwe mu bahitanywe n’iki gitero

Amashusho n’amafoto akomeje kujya hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, agaragaza iyi nyubako yamishijweho ibisasu n’indege bikekwa ko ari iya FARDC, yangiritse cyane.

Abasirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO) na bo baramukiye kuri iyi nyubako yibasiwe bikomeye.

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa na we wamaganiye kure iki gitero, yavuze ko indege zakoreshejwemo, ari “iz’ubutegetsi bwa Kinshasa bwahawe n’u Bushinwa, nka kimwe mu Bihugu Binyamuryango uhoraho w’Akanama k’Umutekano kandi gishyigikiye kwamagana urugomo muri Congo, gisaba ko amasezerano yo guhagarika imirwano yubahirizwa.”

AFC/M23 irasaba umuryango mpuzamahanga guharika uburyarya, aho iri huriro rishinja amahanga kuba rigaragaza ko ashyigikiye ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC bikemurwa mu nzira z’amahoro, no kubahiriza amasezerano, ariko ubutegetsi bwa Congo bwarenga ku gahenge kemejwe, akaruca akarumira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Eng.-A Congolese Soldier Shot Dead Three Militia Fighters from Wazalendo, a Group Allied with FARDC

Next Post

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.