Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agahinda k’umugabo w’imyaka 60 wahukanye ameneshejwe n’umugore we yakwitabaza ubuyobozi bukamubwira buti “hoshi”

radiotv10by radiotv10
04/02/2022
in MU RWANDA
0
Agahinda k’umugabo w’imyaka 60 wahukanye ameneshejwe n’umugore we yakwitabaza ubuyobozi bukamubwira buti “hoshi”
Share on FacebookShare on Twitter

Kubwimana Hamiss w’imyaka 60 y’amavuko, avuga ko yahukanye akava mu rugo rwe nyuma yo kwirukanwa n’umugore we wabanje kumuburabuza, none ubu akaba abayeho nabi aho acumbitse mu baturanyi mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Kubwimana Hamiss avuga ko yafashe icyemezo cyo kwahukana, ava mu rugo rwe kubera uburyo umugore we yari amurembeje kuko yigeze kuva mu rugo akagenda akamara iminsi itandatu atazi aho ari.

Ati “Nagiye kuregera abayobozi ndababwira nti ‘umugore wanjye yabaye ikirara’ barangije barambwira bati ‘hoshi’.”

Uyu mugabo akomeza avuga ko uko abagore barenganurwa iyo bahohotewe n’abagabo babo bikwiye no gukorwa ku bagabo kuko na bo harimo abahohoterwa n’abagore babo.

Ati “Nagira ngo abatubereye abavugizi bagaruke no ku bagabo kuko abagabo turarangiye.”

Uyu mugabo yagaragarije Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko nyuma yo kwahukana abayeho nabi kuko agiye guhitanwa n’inzara.

Ati “Ndagira ngo umfate n’ifoto urebe ukuntu imbavu zanjye zimeze, sindya singira gute, mubyereke Abanyarwanda.”

Ubuyoboozi bw’ibanze mu Kagari ka Nyabugogo, buvuga ko iki kibazo bwakinjiyemo, bakagerageza kunga uyu mugabo n’umugore ariko bikananirana.

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigali, Christophe Ntirushwa avuga ko iki kibazo atari akizi kuko ari mushya mu buyobozi bw’uyu Murenge, agasaba uyu muryango kugana ubuyobozi bw’Umurenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + fourteen =

Previous Post

Umunyabigwi muri ruhago wakiniye amakipe akomeye ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Next Post

Dr Sabin wari Umuyobozi Mukuru wa RBC yagizwe Umuyobozi w’Ibitaro

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr Sabin wari Umuyobozi Mukuru wa RBC yagizwe Umuyobozi w’Ibitaro

Dr Sabin wari Umuyobozi Mukuru wa RBC yagizwe Umuyobozi w’Ibitaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.