Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in MU RWANDA
0
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza imbere kurusha kujya gusengera mu nsengero, kuko amadini nta ruhare agira mu mibereho y’abantu no mu gukemura ibibazo byugarije abantu.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yabajijwe ku kibazo cy’insengero zafunzwe kuko hari ibyo zitujuje, zikaba zarabikosoye, none zikaba zigitegereje gufungurirwa.

Bamwe mu bayoboke b’amadini n’amatorero afite izo nsengero zafunzwe ndetse n’abayobozi babo, bakomeje kwibaza igihe zizafungurirwa, ndetse bagasaba ko igenzura ryakwihutishwa kugira ngo bongere baziteraniremo.

Perezida Kagame yavuze ko impaka z’ifungwa cyangwa ifungurwa ryazo, zitari zikwiye kugira umwanya munini mu biganiro by’abantu, ahubwo ko bari bakwiye kwerecyeza ibitekerezo byabo ku byabateza imbere.

Ati “Iyo biba njye nta rusengero na rumwe nafungura […] na zo ziratanga akazi se? Abenshi baba mu kwiba. Njye ibyo mbona huzuyemo ububandi gusa, kurwana n’ababandi buri mu nsengero na byo nta mpuhwe mbifitiye na busa. Ariko mwebwe abakoloni barabarindagije namwe murarindagira.”

Yakomeje agira ati “Ubu twirirwe tuganira ibintu by’insengero, ahubwo mwagiye guhinga, mukorora […] gusenga nushake usengere kuri telefone.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ahubwo hafunguwe insengero nke ugereranyije n’izari zikwiye gufungwa, ariko ko habayemo inyoroshyo kugira ngo abantu babone aho basengera.

Ati “Ahubwo ndetse buriya ni uko dushaka gushyira ibintu mu kuri, tudashaka guhutaza abantu, naho hafunzwe nke.”

Umunyamakuru yakomeje avuga ko hari abakristu bava mu Turere tumwe bakambuka bakajya mu tundi gusengera mu zigifunguye, bigatera umubyigano, Perezida avuga ko ahubwo izo na zo zari zikwiye gufungwa.

Ati “N’aho tuzazifunge ahubwo, aho ziri ubwo tuzazifunga bajye basengera mu rugo rwose, isi senga…Abanyafurika…”

Umukuru w’Igihugu asaba Abanyarwanda gutekereza ibibateza imbere n’Igihugu cyabo, aho guta umwanya wabo batekereza ibyo kujya gusenga, kuko hari ubundi buryo babikora bitabafatiye umwanya muni.

Perezida Kagame kuri uyu wa Kane mu kiganoro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + ten =

Previous Post

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Next Post

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.