Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafaranga yose ari mu mabanki yavuye kuri Miliyari 4.600 agera kuri Miliyari 5.400Frw mu mwaka umwe

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amafaranga yose ari mu mabanki yavuye kuri Miliyari 4.600 agera kuri Miliyari 5.400Frw mu mwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’Igihugu itangaza ko umutungo wose w’amabanki mu Rwanda wiyongereyeho 18,8% kuko wavuye kuri Miliyari 4 624 Frw wariho muri Kamena 2021 ugera kuri Miliyari 5 492 Frw muri Kamena 2022.

Byatangajwe na Banki Nkuru y’u Rwanda nyuma y’inama ngarukagihembwe ya komite ishinzwe kubungabunga ubudahangarwa bw’urwego rw’Imari yateranye mu cyumweru gishize tariki 09 Kanama 2022.

Iyi nama yagaragaje ko umutungo bwite w’urwego rw’Imari wazamutse ku kigero cya 17%, uva kuri Miliyari 6 914 Frw wariho muri Kamena 2021, ugera kuri Miliyari 8 102 Frw muri Kamena 2022.

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko no mu rwego rw’amabanki, umutungo wose wiyongereyeho 18,8% aho muri Kamena 2022 wageze kuri Miliyari 5 492 Frw uvuye kuri Miliyari 4 624 Frw wariho muri Kamena 2021.

Iyi Banki ikuriye izindi mu Rwanda ikomeza igaragaza icyatumye uyu mutungo w’urwego rw’amabanki uzamuka, iti “Iri zamuka ry’umutungo bwite mu rwego rw’amabanki ryatewe ahanini n’ukwiyongera kw’amafaranga abitswa n’abakiliya yazamutse ku kigero cya 19% naho imari shingiro yiyongeraho 15%.”

Iyi komite ishinzwe kubungabunga ubudahangarwa bw’urwego rw’Imari ivuga kandi ko umutungo wose mu bigo by’imari iciriritse bigenzurwa na BNR wazamutse ku kigero cya 23 % kuko wavuye kuri Miliyari 386 Frw wariho muri Kamena 2021 ukagera kuri Miliyari 473 Frw muri Kamena 2022.

No mu rwego rw’ibigo by’ubwishingizi, umutungo bwite wazamutse ku kigero cya 17 % aho muri Kamena 2022 wageze kuri Miliyari 748 Frw uvuye kuri Miliyari 638 Frw wariho muri Kamena 2021.

Ubuyobozi bwa BNR bugira buti “Ukwiyongera k’umutungo bwite w’urwego rw’imari bigaragaza uruhare rukomeye uru rwego rukomeza kugira ku izamuka n’iterambere ry’ubukungu bigaragazwa n’ijanisha ry’umutungo wose w’urwego rw’imari rigeze kuri 70,9% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu ugereranyije na 40% ryariho mu myaka icumi ishize.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ingorane ku rwego rw’imari zagabanutse ariko ko ibyaruhungabanya bigihari, itangaza ko muri Kamena 2022 inguzanyo zitishyurwa neza mu rwego rw’amabanki no mu bigo by’imari iciriritse zageze kuri Miliyari 166 Frw zivuye kuri miliyari 179 Frw zariho muri Kamena 2021.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 8 =

Previous Post

Umujenerali wari ukomeye muri FARDC yapfuye urupfu rutunguranye

Next Post

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.