Sunday, October 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage

radiotv10by radiotv10
22/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon. Kazarwa Gertrude yagaragaje ibyishimo yatewe no gusura Pariki y’Igihugu y’Akagera, akibonera ibyiza biyirimo nk’inyamaswa.

Yabigaragaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho yagaragaje ari muri Pariki y’Igihugu Akagera iherereye mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.

Mu butumwa buherekeje amafoto yasangize abantu agaragaza ari muri iyi Pariki n’inyamaswa yabonyemo, Hon. Kazarwa Gertrude yagize ati “Nishimiye kumara umwanya muri Pariki y’Igihugu Akagera.”

Yakomeje agira ati “Mbega ubwiza buhebuje bw’inyamaswa n’imirambi inogeye ijisho. Ndashimira itsinda ry’abagira uruhare mu kubungabunga uyu murage wihariye w’abo mu bihe bizaza.”

Mu mafoto yagaragajwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, arimo agaragaza inyamaswa yabonyemo, zirimo Inkura, ndetse n’Impalage.

Pariki y’Igihugu y’Akagera yashinzwe mu 1934, ifite ubuso bwa kilometero kare 1 122, ikaba ituwemo n’inyamaswa ziri mu zikurura ba mukerarugendo cyane, nk’Intare, n’Inkura, Ingwe, Imbogo n’Inzovu.

Abasura iyi Pariki barushaho kwiyongera uko imyaka ishira indi igataha, aho mu 2024, bageze ku bantu 56 219 bavuye ku 54 141 bayisuye umwaka wari wabanje wa 2023. Ni ukuvuga ko biyongereyeho 3,83%.

Ni na ko kandi amafaranga yinjizwa n’iyi Pariki y’Igihugu na yo yiyongera, aho muri uwo mwaka wa 2024, yinjirije u Rwanda Miliyoni 4,7$, mu gihe mu mwaka wari wabanje wa 2023 yari Miliyoni 4,6$.

Hon. Karazarwa ubwo yari muri Pariki y’Igihugu yitegereza ibyiza biyirimo
Mu nyamaswa yahabonye harimo impalage
N’Inkura
Na Giraffe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 19 =

Previous Post

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Next Post

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Related Posts

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

by radiotv10
11/10/2025
0

By Ivan Ntwali, Country Director at the Mastercard Foundation in Rwanda Every October 11, the world marks the International Day...

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

by radiotv10
11/10/2025
0

Every year, thousands of young people graduate from universities full of dreams, ambition, and excitement for the future. But for...

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

by radiotv10
11/10/2025
0

Bamwe mu bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze bavuga ko bagowe n'imihereho ya buri munsi, kuko no kubona...

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, yahamijwe ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, akatirwa igifungo gisubitse cy’umwaka umwe. Ni...

IZIHERUKA

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero
SIPORO

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

by radiotv10
11/10/2025
0

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

11/10/2025
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

11/10/2025
Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

11/10/2025
Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

11/10/2025
It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

11/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.