Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage

radiotv10by radiotv10
22/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon. Kazarwa Gertrude yagaragaje ibyishimo yatewe no gusura Pariki y’Igihugu y’Akagera, akibonera ibyiza biyirimo nk’inyamaswa.

Yabigaragaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho yagaragaje ari muri Pariki y’Igihugu Akagera iherereye mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.

Mu butumwa buherekeje amafoto yasangize abantu agaragaza ari muri iyi Pariki n’inyamaswa yabonyemo, Hon. Kazarwa Gertrude yagize ati “Nishimiye kumara umwanya muri Pariki y’Igihugu Akagera.”

Yakomeje agira ati “Mbega ubwiza buhebuje bw’inyamaswa n’imirambi inogeye ijisho. Ndashimira itsinda ry’abagira uruhare mu kubungabunga uyu murage wihariye w’abo mu bihe bizaza.”

Mu mafoto yagaragajwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, arimo agaragaza inyamaswa yabonyemo, zirimo Inkura, ndetse n’Impalage.

Pariki y’Igihugu y’Akagera yashinzwe mu 1934, ifite ubuso bwa kilometero kare 1 122, ikaba ituwemo n’inyamaswa ziri mu zikurura ba mukerarugendo cyane, nk’Intare, n’Inkura, Ingwe, Imbogo n’Inzovu.

Abasura iyi Pariki barushaho kwiyongera uko imyaka ishira indi igataha, aho mu 2024, bageze ku bantu 56 219 bavuye ku 54 141 bayisuye umwaka wari wabanje wa 2023. Ni ukuvuga ko biyongereyeho 3,83%.

Ni na ko kandi amafaranga yinjizwa n’iyi Pariki y’Igihugu na yo yiyongera, aho muri uwo mwaka wa 2024, yinjirije u Rwanda Miliyoni 4,7$, mu gihe mu mwaka wari wabanje wa 2023 yari Miliyoni 4,6$.

Hon. Karazarwa ubwo yari muri Pariki y’Igihugu yitegereza ibyiza biyirimo
Mu nyamaswa yahabonye harimo impalage
N’Inkura
Na Giraffe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Next Post

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.