AMAFOTO: Sogongera ku bwiza bwa Hoteli y’ubwato izanye ikirungo mu byiza by’u Rwanda

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Mantis Kivu Queen Uburanga, ubwato burimo Hoteli y’inyenyeri eshanu bureremba mu Kiyaga cya Kivu, iherutse gutangira kwakira abakiliya, bazajya babasha gutembera bareba ibyiza by’iki Kiyaga n’ibitatse u Rwanda, banahabwa serivisi zisanzwe zitangirwa muri Hoteli ziyubashye.

Ubu bwato bwiswe Mantis Kivu Queen Uburanga, burimo hoteli ifite ibyumba 10, abantu bashobora kuraramo, birimo buri kimwe cyose kiba kiri muri hoteli zigezweho.

Izindi Nkuru

Uretse ibyumba 10, ubu bwato bunafite ubwogero (Piscine), Resitora, akabari ndetse no ku ibaraza aho abantu bazajya bicara bareba ibyiza by’Ikiyaga n’ubwiza bw’u Rwanda.

Ubu bwato burimo hoteli igenzurwa n’ikigo cy’Abafaransa cya Accor Group, kizobereye mu byo gucunga amahoteri ku Mugabane w’u Burayi, bwubatswe na kompanyi yo muri Afurika y’Epfo ya AfriNest.

Ubuyobozi bwa Mantis Kivu Queen Uburanga, bwasogongeje abantu ubwiza bw’iyi hoteli, mu butumwa bwanyujije kuri X, bunaherekejwe n’amafoto ya bimwe mu bice by’iyi hoteli.

Ubuyobozi bw’iyi Hoteli bwagize buti “Ubwiza buradukikije. Hamwe na Kivu Queen, buri mwanya uba uwo kwishimira ubwiza bw’Igihugu cy’agatangaza tubamo.”

Inzobere mu byiza nk’amahoteli, Umunyamerikakazi Tiffany Dowd mu butumwa yanyujije kuri X, na we yashimye iyi hoteli muri ubu bwato buzajya butembera mu Kiyaga cya Kivu.

Yagize ati Mantis Kivu Queen Uburanga, ubwato bwa mbere bwiza buri mu Kiyaga cya Kivu mu Rwanda, bwafunguwe ku mugaragaro.”

Uyu Munyamerikakazi yakomeje avuga ko abazajya bagenda muri ubu bwato, bazajya banagira amahirwe yo kubasha kwihera ijisho ibyiza bitatse u Rwanda.

Ubwato burimo iyi hoteli buri mu Kiyaga cya Kivu
Ababurimo bazajya babasha kwihera ijisho ibyia bitatse u Rwanda

Ibyumba byabwo biteye amabengeza

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru