Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

radiotv10by radiotv10
05/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo
Share on FacebookShare on Twitter

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro ya burundu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu muhango wabaye mu masaha ya kare yo muri America, akaba ay’ijoro inaha i Kigali n’i Bweyeye mu Rwanda, waranzwe n’ibikorwa binyuranye, birimo ibiganiro byabanje kubera mu muhezo byahuje Perezida Donald Trump wa U.S, Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa DRC.

Nyuma y’ibi biganiro, Abakuru b’Ibihugu uko ari batatu bahise berecyeza mu nyubako ikiri nshya muri White House, yari yicayemo abayobozi batumiwe muri uyu muhango, barimo Perezida wa Angola, João Lourenço, akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, William Ruto wa Kenya unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi.

Mbere yo gushyira umukono kuri aya masezerano, habanje gutangwa imbwirwaruhame, zabimburiwe n’iya Donald Trump wanahaye ikaze aba banyacyubahiro, aho yavuze ko uyu munsi ari uw’amateka azahora azirikanwa ku Isi, kuko ari bwo hagezwe ku gikorwa gihambaye mu gushyira iherezo ku ntambara imaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa DRC.

Perezida Donald Trump wananyuzagamo akanashyenga, yavuze ko nubwo Perezida Kagame na Tshisekedi bamaze igihe batavuga rumwe, ariko basanzwe bakundana, aho yanahindukiye akaterera ijisho aho bari bicaye, ati “murebe ukuntu barebana.”

Umukuru w’u Rwanda, yashimiye Trump kuba ageze ku ntambwe yananiye abandi, avuga ko uburyo uyu Mukuru wa America yakoresheje mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo, ari wo wari ukenewe, kuko waje usubira mu mizi y’ibibazo, kandi akirinda kugira uruhande abogamiraho.

Perezida Kagame ubwo yerecyezaga ahabereye uyu muhango
Yari kumwe n’abarimo Minisitiri Olivier Nduhungirehe
Habanje kuba ibiganiro byo mu muhezo

Bahise berecyeza ahasinyiwe aya masezerano, Trump aha ikaz abanyacyubahiro
Trump yasabye abantu kureba Perezida Kagame na Tshisekedi aho bari bicaranye

Umukuru w’u Rwanda yashimiye Trump ku buryo yakoresheje muri ibi bibazo
Bahise bashyira umukono ku masezerano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 2 =

Previous Post

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

Related Posts

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

by radiotv10
05/12/2025
0

Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, yibukije ababyeyi ko mu bihe by'ibiruhuko ari bwo abana basambanywa cyane, abasaba kuzaba hafi abana babo,...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

IZIHERUKA

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo
MU RWANDA

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

by radiotv10
05/12/2025
0

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

05/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.