• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

radiotv10by radiotv10
05/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yibukije ababyeyi ko mu bihe by’ibiruhuko ari bwo abana basambanywa cyane, abasaba kuzaba hafi abana babo, bakabakurikirana, bakamenya abo bari kumwe, n’ibyo bahugiyemo igihe cyose.

Ibyaha byo gusambanya abana no gutera inda abangavu biri mu bigenda bifata intera, kuko mu myaka itanu ishize imibare ntiyahwemye kwiyongera.

Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) igaragaza ko mu mwaka wa 2023/2024 hakurikiranywe amadosiye 4,567 arebana n’icyaha cyo gusambanya abana. Ni mu gihe MIGEPROF yagaragaje ko kuva uyu mwaka wa 2025 watangira, abana 100 bo mu Mujyi wa Kigali bamaze gusambanywa. Devotha uyobora Umudugudu wa Gisagara, Akagari ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo, yagaragaje uburyo mu byumweru bitatu umwana w’imyaka umunani yasambanyijwe.

Yagize ati “Umwana wasambanyijwe mu mudugudu nyobora afite imyaka umunani. Uwo mwana yabaga mu muryango wamureraga ariko batari bamubyaye, nuko umuhungu wabo w’imyaka 18 akajya amusambanya mama w’uwo muhungu ntabimenye, hanyuma biza kugera igihe uwo mwana abaye nk’umugore w’uwo muhungu.”

Akomeza agaragaza ko igihe cyageze uwo mwana wasambanywaga akaba ari we ujya gutabaza.

Ati “Igihe cyarageze rero uwo muhungu agiye kumufata, nagiye kubona mbona umwana yirutse aje ansanga arambwira ati ‘ntabara’. Nti ese wabaye iki? Arambwira ati ‘… aransambanya kandi amaze igihe abikora, nari nje kugira ngo mumfashe.’ Ubwo niyambaje ubuyobozi bw’Akagari tujya kureba uwo muhungu, ubu yashyikirijwe inzego arafunze.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko iki ari ikibazo gikomeje guhangayikisha, ndetse isaba ababyeyi kuzita cyane ku burere bw’abana babo kuko byagaragaye ko mu mpera z’umwaka ari bwo basambanywa cyane.

Minisitiri Uwimana Consolée uyobora iyi minisiteri yagize ati “Ndakangurira ababyeyi kurushaho kwegera abana babo, gukurikirana uburere bwabo, ariko no kumenya umwana ibyo yiriwemo, ibyo yahuye na byo, ingorane ashobora kuba yagize, kugira ngo ubashe gutuma nawe yisanzura akubwira ibibazo yahuye na byo.”

Yakomeje agira ati “Gusambanya abana rero ni icyaha gikomeye cyane, kuko nk’uko tubibona imibare igenda yiyongera. Ndavuga cyane kuri ibi biruhuko bigiye kuza. Iyo urebye abana ubu bagiye kuza mu biruhuko byo kwishimira Noheri n’Ubunani, ni ngombwa ko dukurikirana abana bacu, bari kumwe na nde? Cyane cyane ko byagaragaye ko imibare y’abasambanywa igenda yiyongera mu mwaka wose, ariko by’umwihariko usanga mu mpera z’umwaka, ni ukuvuga mu kwezi kwa cumi n’abiri no mu kwa mbere, iba myinshi cyane, yaba abasambanywa ndetse n’abaterwa inda. Ni yo mpamvu nsaba ababyeyi gukurikirana abana cyane kugira ngo dukumire abantu badusambanyiriza abana.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ivuga ko muri uyu mwaka wa 2025 abana bagera ku 100 ari bo bamaze gusambanywa mu Mujyi wa Kigali.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − one =

Previous Post

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Next Post

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,...-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by'uko bayisanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.