Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

radiotv10by radiotv10
05/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yibukije ababyeyi ko mu bihe by’ibiruhuko ari bwo abana basambanywa cyane, abasaba kuzaba hafi abana babo, bakabakurikirana, bakamenya abo bari kumwe, n’ibyo bahugiyemo igihe cyose.

Ibyaha byo gusambanya abana no gutera inda abangavu biri mu bigenda bifata intera, kuko mu myaka itanu ishize imibare ntiyahwemye kwiyongera.

Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) igaragaza ko mu mwaka wa 2023/2024 hakurikiranywe amadosiye 4,567 arebana n’icyaha cyo gusambanya abana. Ni mu gihe MIGEPROF yagaragaje ko kuva uyu mwaka wa 2025 watangira, abana 100 bo mu Mujyi wa Kigali bamaze gusambanywa. Devotha uyobora Umudugudu wa Gisagara, Akagari ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo, yagaragaje uburyo mu byumweru bitatu umwana w’imyaka umunani yasambanyijwe.

Yagize ati “Umwana wasambanyijwe mu mudugudu nyobora afite imyaka umunani. Uwo mwana yabaga mu muryango wamureraga ariko batari bamubyaye, nuko umuhungu wabo w’imyaka 18 akajya amusambanya mama w’uwo muhungu ntabimenye, hanyuma biza kugera igihe uwo mwana abaye nk’umugore w’uwo muhungu.”

Akomeza agaragaza ko igihe cyageze uwo mwana wasambanywaga akaba ari we ujya gutabaza.

Ati “Igihe cyarageze rero uwo muhungu agiye kumufata, nagiye kubona mbona umwana yirutse aje ansanga arambwira ati ‘ntabara’. Nti ese wabaye iki? Arambwira ati ‘… aransambanya kandi amaze igihe abikora, nari nje kugira ngo mumfashe.’ Ubwo niyambaje ubuyobozi bw’Akagari tujya kureba uwo muhungu, ubu yashyikirijwe inzego arafunze.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko iki ari ikibazo gikomeje guhangayikisha, ndetse isaba ababyeyi kuzita cyane ku burere bw’abana babo kuko byagaragaye ko mu mpera z’umwaka ari bwo basambanywa cyane.

Minisitiri Uwimana Consolée uyobora iyi minisiteri yagize ati “Ndakangurira ababyeyi kurushaho kwegera abana babo, gukurikirana uburere bwabo, ariko no kumenya umwana ibyo yiriwemo, ibyo yahuye na byo, ingorane ashobora kuba yagize, kugira ngo ubashe gutuma nawe yisanzura akubwira ibibazo yahuye na byo.”

Yakomeje agira ati “Gusambanya abana rero ni icyaha gikomeye cyane, kuko nk’uko tubibona imibare igenda yiyongera. Ndavuga cyane kuri ibi biruhuko bigiye kuza. Iyo urebye abana ubu bagiye kuza mu biruhuko byo kwishimira Noheri n’Ubunani, ni ngombwa ko dukurikirana abana bacu, bari kumwe na nde? Cyane cyane ko byagaragaye ko imibare y’abasambanywa igenda yiyongera mu mwaka wose, ariko by’umwihariko usanga mu mpera z’umwaka, ni ukuvuga mu kwezi kwa cumi n’abiri no mu kwa mbere, iba myinshi cyane, yaba abasambanywa ndetse n’abaterwa inda. Ni yo mpamvu nsaba ababyeyi gukurikirana abana cyane kugira ngo dukumire abantu badusambanyiriza abana.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ivuga ko muri uyu mwaka wa 2025 abana bagera ku 100 ari bo bamaze gusambanywa mu Mujyi wa Kigali.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + five =

Previous Post

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Next Post

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,...-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by'uko bayisanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.