• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

radiotv10by radiotv10
05/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari kurira amarira atemba mu maso, ashyiraho ubutumwa bugaragaza ko ibihe ari kunyuramo bitamworoheye, byumwihariko avuga ko ababazwa no kuba yarizeye abantu bakaba baramuhemukiye, asoza avuga ngo “aheza ni mu ijuru.”

Uyu muhanzi ubu uri kubarizwa ku Mugabane w’u Burayi mu Bubiligi, yerecyejeyo we n’umukunzi we, baherutse kugaragara mu mashusho yasakaye abagaragaza bari gukora imibonano mpuzabitsina.

Mu bakurikikiranyweho gusakaza aya mashusho, barimo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man wari inshuti ikomeye y’uyu muhanzi, banabanye mu nzu imwe.

Yampano, mu butumwa yatambukije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje ko afite intimba ikomeye, kubera gutenguhwa n’abantu yagiye yizera.

Muri ubu butumwa, Yampano atangira avuga ko uru rukundo yakuze agirira abantu, ashobora kuba yararutewe n’aho yakuriye.

Yagize ati “Kubera wenda kuvukira kure y’iterambere hari igihe mpa urukundo abantu nkarwima imbwa, kandi burya imbwa ntiyakugambanira.”

Akomeza agira ati “Reka mbabwire, nta muntu n’umwe wanyumva, ariko byose byapfiriye mu gutanga umutima wanjye. Ibihe bizacaho haze ibindi kandi byiza. Mwana wanjye cyangwa muntu wanjye aheza ni mu ijuru.”

Ubu butumwa kandi buherekejwe n’ifoto ya Yampano, ari kurira amarira atemba mu maso, bigaragara ko afite intimba y’ibitamworoheye ari kunyuramo.

Uyu muhanzi kandi nubwo yerecyeje i Burayi, ariko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari ruherutse gutangaza ko na we ruri kumukoraho iperereza.

Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025, umunyamategeko w’umwe mu baregwa gusakaza ariya mashusho ari we wunganira Pazzo Man, yasabye ko Yampano na we akurikiranwa ngo kuko ari we wabaye uwa mbere wisakarije ariya mashusho, kuko yayashyize kuri Email kandi abizi neza ko atari we wenyine ubasha kuyifungura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Next Post

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w'isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.