Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA
0
Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batujwe mu mudugudu w’inzu igeretse mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, bavuga ko imiterere y’izi nzu zabo, ikomeje kubatonda kuko iyo bayitekeramo imyotsi yuzura mu nzu, ndetse n’ubwiherero bwo mu nzu bukaba bwarabananiye.

Aba baturage bimuwe ahari hagiye gukorerwa ubuhinzi bw’icyayi muri uyu Murenge wa Rugabano, babwiye RADIOTV10 ko ikibahangayikishije kurusha ibindi muri izi nzu zabo, ari imyotso ikwiramo iyo hagize ucanye.

Umwe ati “Reba nk’aho ni mu gikoni urebe uko inzu imeze ni etaje ariko urebe salo ibangikanye n’igikoni, ni ugucana imyotsi yigira muri salo.”

Aba baturage bavuga ko bafite impungenge ko iyi myotsi izabatera indwara zifata imyanya y’ubuhumekero, bavuga ko abubatse iyi nzu ari bo babikoze nabi.

Undi yagize ati “Ibikoni babyubaka kuri salo, hanyuma twacana umwotsi ugakwira hose.”

Barateka imyotsi ikuzura mu nzu

Bavuga kandi ko n’ubwiherero bwo mu nzu bukomeje kubatonda kuko batari babumenyereye bityo ko no kubokorera isuku batazi aho biva n’aho bijya.

Undi yagize ati “Abakecuru bamwe ntibazi n’icyo ari cyo, nta karoso ko kuyogesha gahari, ubwo rero abenshi ntibanayijyamo. Nabayigiyemo haba hanuka nabi ku buryo ntawakongera kuyinjiramo.”

Undi yagize ati “Ubwo bwiherero burahari ariko igituma utajya kubwihereramo ni na ho hari ubwogero, umwe yaba ashaka koga undi akaba ashaka kwiherera, bagahurira aho hantu gute?”

Bavuga kandi ko ubwo bwiherero na bwo bwegereye uruganiriro ku buryo iyo hari ugiyemo, umwuka mubi usanga abari mu ruganiriro.

Iby’ubwiherero byo ngo byaranze

Banagaragaza kandi ko n’ibyumba by’izi nzu zabo ari bicye ku buryo bidahagije byumwihariko ku bafite umuryango mugari.

Undi muturage ati “Iyo bagira aho abana b’abakobwa bazarara n’ah’abahungu. None abana bazabyiruka ari ingimbi bararane mu buriri bumwe?”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Theophile Niragire yemereye RADIOTV10 ko habaye amakosa mu myubakire y’izi nyubako atuma umwotsi ukwira mu nzu mu gihe bacanye, gusa yagiriye inama aba baturage ku bagaya ubunini bw’inzu.

Ati “Tuvugishije ukuri inzu y’ibyumba bibiri na salo, icyumba kimwe abana b’abakobwa bakirayemo ikindi ababyeyi bakakiraramo, harya abana b’abahungu ntabwo bajya muri salo bagasasa bakaryama?”

Yakomeje agira ati “Ku bijyanye n’ibikoni, twemera koko habayemo agakosa ku bijyanye no kubaka biriya bikoni kuko hari uburyo imyotsi igaruka mu nzu kandi ntibikwiye, bikwiye kuba bikosoka.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 5 =

Previous Post

Abakozi ba Sosiyete y’Indege ya DRCongo bamaze amezi 19 badahembwa bakamejeje

Next Post

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.