Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA
0
Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batujwe mu mudugudu w’inzu igeretse mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, bavuga ko imiterere y’izi nzu zabo, ikomeje kubatonda kuko iyo bayitekeramo imyotsi yuzura mu nzu, ndetse n’ubwiherero bwo mu nzu bukaba bwarabananiye.

Aba baturage bimuwe ahari hagiye gukorerwa ubuhinzi bw’icyayi muri uyu Murenge wa Rugabano, babwiye RADIOTV10 ko ikibahangayikishije kurusha ibindi muri izi nzu zabo, ari imyotso ikwiramo iyo hagize ucanye.

Umwe ati “Reba nk’aho ni mu gikoni urebe uko inzu imeze ni etaje ariko urebe salo ibangikanye n’igikoni, ni ugucana imyotsi yigira muri salo.”

Aba baturage bavuga ko bafite impungenge ko iyi myotsi izabatera indwara zifata imyanya y’ubuhumekero, bavuga ko abubatse iyi nzu ari bo babikoze nabi.

Undi yagize ati “Ibikoni babyubaka kuri salo, hanyuma twacana umwotsi ugakwira hose.”

Barateka imyotsi ikuzura mu nzu

Bavuga kandi ko n’ubwiherero bwo mu nzu bukomeje kubatonda kuko batari babumenyereye bityo ko no kubokorera isuku batazi aho biva n’aho bijya.

Undi yagize ati “Abakecuru bamwe ntibazi n’icyo ari cyo, nta karoso ko kuyogesha gahari, ubwo rero abenshi ntibanayijyamo. Nabayigiyemo haba hanuka nabi ku buryo ntawakongera kuyinjiramo.”

Undi yagize ati “Ubwo bwiherero burahari ariko igituma utajya kubwihereramo ni na ho hari ubwogero, umwe yaba ashaka koga undi akaba ashaka kwiherera, bagahurira aho hantu gute?”

Bavuga kandi ko ubwo bwiherero na bwo bwegereye uruganiriro ku buryo iyo hari ugiyemo, umwuka mubi usanga abari mu ruganiriro.

Iby’ubwiherero byo ngo byaranze

Banagaragaza kandi ko n’ibyumba by’izi nzu zabo ari bicye ku buryo bidahagije byumwihariko ku bafite umuryango mugari.

Undi muturage ati “Iyo bagira aho abana b’abakobwa bazarara n’ah’abahungu. None abana bazabyiruka ari ingimbi bararane mu buriri bumwe?”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Theophile Niragire yemereye RADIOTV10 ko habaye amakosa mu myubakire y’izi nyubako atuma umwotsi ukwira mu nzu mu gihe bacanye, gusa yagiriye inama aba baturage ku bagaya ubunini bw’inzu.

Ati “Tuvugishije ukuri inzu y’ibyumba bibiri na salo, icyumba kimwe abana b’abakobwa bakirayemo ikindi ababyeyi bakakiraramo, harya abana b’abahungu ntabwo bajya muri salo bagasasa bakaryama?”

Yakomeje agira ati “Ku bijyanye n’ibikoni, twemera koko habayemo agakosa ku bijyanye no kubaka biriya bikoni kuko hari uburyo imyotsi igaruka mu nzu kandi ntibikwiye, bikwiye kuba bikosoka.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + six =

Previous Post

Abakozi ba Sosiyete y’Indege ya DRCongo bamaze amezi 19 badahembwa bakamejeje

Next Post

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.