• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

radiotv10by radiotv10
27/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we, bagejejwe imbere y’Urukiko kugira ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Aba bombi batawe muri yombi nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaramo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano n’umugore we bari gukora imibonano mpuzabitsina.

Ishimwe Patrick [Pazzo] wari inshuti ya Yampano banabanye mu nzu imwe, ni we watawe muri yombi bwa mbere, aho yafashwe tariki 11 Ugushyingo 2025, mu gihe Kalisa John [K John] yatawe muri yombi tariki 14 Ugushyingo.

Dosiye y’aba bombi yari yagejewe mu Bushinjacyaha tariki 17 Ugushyingo 2025, kugira ngo buyisuzume na bwo bukore iperereza ryabwo, ubundi buyiregere Urukiko rubifitiye Ububasha.

Nk’uko biteganywa n’amategeko, Ubushinjacyaha buba bifite igihe cyo gukora iperereza no kuregera Urukiko, kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, uru rwego rwagejeje imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, kugira ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Aba bombi bakurikiranyweho icyaha cyo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bagejejwe imbere y’Urukiko kugira ngo Ubushinjacyaha bugaragaze impamvu zikomeye zituma bubasabira gukurikiranwa bafunze.

Nyuma yuko aba babiri batawe muri yombi, hafunzwe abandi batatu barimo Ishimwe Francois Savio ukurikiranyweho kwaka abantu amafaranga ngo abahe ariya mashusho, we wafunzwe tariki 18 Ugushyingo 2025.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ugushyingo kandi hafaswe abandi babiri barimo Umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, Kwizera Nestor wiyita Pappy Nesta, na bo bakurikiranyweho gusakaza ariya mashusho.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira kandi yatangaje ko hakomeje gukorwa iperereza, kandi ko uzagaragara wese ko yasakaje ariya mashusho, azagezwa imbere y’ubutabera.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Next Post

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.