Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

radiotv10by radiotv10
13/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira
Share on FacebookShare on Twitter

Batatu bahoze ari Abajyanama mu Biro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, barimo uwari ushinzwe Ubutabera n’Imiyoborere, baherutse kwirukanwa, biravugwa ko batawe muri yombi.

Aba bahoze mu nzego nkuru z’Igihugu mu Burundi, ni Jean Baptiste Baribonekeza, wahoze ari Umujyanama akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ubutabera n’Imiyoborere mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Cyrille Sibomana wari Umujyanama ukuriye ishami rishinzwe gutegura amategeko ndetse n’inyandiko z’amategeko, ndetse na Arcade Harerimana, wari Umujyanama ushinzwe gukurikirana imanza za Leta n’imiyoborere.

Bari baherutse kwirukanwa mu cyumweru gishize, aho itangazo ribavana mu nshingano, ryasohotse tariki 09 Mutarama 2025, aho rivuga ko bazira ubuhemu bakoreye Umukuru w’Igihugu.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko bakoze ikosa ryo kurekura imfungwa zirenga ibihumbi bitanu (5 000) zigendeye ku mbabazi zatanzwe na Perezida wa Repubulika Evariste Ndayishimiye kandi zitari ziri ku rutonde rw’izo yababariye.

Ibi byaje bikurikira amakuru yavugwaga n’imwe mu miryango itari iya Leta mu Burundi yari imaze iminsi ivuga ko mu gufungura abahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, habayemo uburiganya.

Amakuru yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2024, avuga ko aba bayobozi uko ari babatu bamaze gutabwa muri yombi, bakaba bafungiye muri Gereza Nkuru ya Mpimba iri mu Mujyi wa Bujumbura.

Jean Baptiste Baribonekeza
Arcade Harerimana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC byakomeje guhindura isura

Next Post

Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.