Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

radiotv10by radiotv10
13/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira
Share on FacebookShare on Twitter

Batatu bahoze ari Abajyanama mu Biro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, barimo uwari ushinzwe Ubutabera n’Imiyoborere, baherutse kwirukanwa, biravugwa ko batawe muri yombi.

Aba bahoze mu nzego nkuru z’Igihugu mu Burundi, ni Jean Baptiste Baribonekeza, wahoze ari Umujyanama akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ubutabera n’Imiyoborere mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Cyrille Sibomana wari Umujyanama ukuriye ishami rishinzwe gutegura amategeko ndetse n’inyandiko z’amategeko, ndetse na Arcade Harerimana, wari Umujyanama ushinzwe gukurikirana imanza za Leta n’imiyoborere.

Bari baherutse kwirukanwa mu cyumweru gishize, aho itangazo ribavana mu nshingano, ryasohotse tariki 09 Mutarama 2025, aho rivuga ko bazira ubuhemu bakoreye Umukuru w’Igihugu.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko bakoze ikosa ryo kurekura imfungwa zirenga ibihumbi bitanu (5 000) zigendeye ku mbabazi zatanzwe na Perezida wa Repubulika Evariste Ndayishimiye kandi zitari ziri ku rutonde rw’izo yababariye.

Ibi byaje bikurikira amakuru yavugwaga n’imwe mu miryango itari iya Leta mu Burundi yari imaze iminsi ivuga ko mu gufungura abahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, habayemo uburiganya.

Amakuru yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2024, avuga ko aba bayobozi uko ari babatu bamaze gutabwa muri yombi, bakaba bafungiye muri Gereza Nkuru ya Mpimba iri mu Mujyi wa Bujumbura.

Jean Baptiste Baribonekeza
Arcade Harerimana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 8 =

Previous Post

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC byakomeje guhindura isura

Next Post

Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere
IMIBEREHO MYIZA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.