• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 11 Nzeri 2025 hasakaye amashusho ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abasore batatu bari gukubita umukobwa banamutemesha umuhoro.

Aba basore batatu, umwe muri bo aba afite umuhoro, ari gutema uwo mukobwa yaryamye hasi, mu gihe undi bigaragara ko hari icyo yari amaze kumwambura.

Bamwe mu bashyize aya mashusho ku mbuga nkoranyambaga, basabye inzego z’umutekano n’iz’iperereza kugira icyo zikora kuri ibi bikorwa bikomeje kugaragara mu duce tumwe two mu Mujyi wa Kigali.

Ukoresha konti ya Kazungu Kaboss ku rubuga nkoranyambaga rwa X, washyizeho aya mashusho, yashyizeho ubutumwa asaba RIB na Polisi y’u Rwanda gushakisha aba basore.

Yagize ati “Ibi byabaye nijoro Nyamirambo umanuka Rwampara. Ibaze insoresore zitwaza umuhoro koko. Ubu bujura urugomo rusigaye muri Nyamirambo muruhagurukire pe.”

Mu butumwa bwa Polisi y’u Rwanda isubiza uyu muntu, yagize iti “Polisi y’u Rwanda yatangiye gushakisha abasore batatu bagaragaye mu mashusho bakubita bakanakomeretsa umukobwa.”

Polisi ikomeza ivuga koi bi “Byabereye mu Murenge wa Nyarugenge, akagari ka Rwampara taliki 11 Nzeri 2025. Turabizeza ko turimo gukora ibishoboka byose kugira ngo bafatwe.”

 

Umwe yafashwe

Mu masaha ya saa tanu zishyira saa sita kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025, Polisi y’u Rwanda yemeje ko yafashe umwe muri bariya basore batatu bagaragaye muri ariya mashusho.

Mu butumwa bwatanzwe na Polisi y’u Rwanda ibunyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize iti “Turabamenyesha ko umwe mubagaragaye mu mashusho aho abantu batatu bakoreraga umuturage igikorwa cy’ubugome yafashwe. Gushakisha abandi babiri bari hamwe birakomeje.”

Polisi y’u Rwanda kandi imaze iminsi yarahagurukiye ibikorwa by’urugomo nk’ibi n’ubujura, aho mu bihe bitandukanye yagiye ifatira mu mukwabu abakurikiranyweho ibi bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Next Post

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.