Israel yemeje ko yishe Minisitiri w’Ubutasi wa Iran, Esmail Khatib, uje akurikira iyicwa ry’abandi bayobozi mu nzego zo hejuru z’iki Gihugu barimo uwari Umuyobozi w’Inama y’Umutekano.
Iyicwa rya Esmail Khatib ryemejwe na Minisitiri w’ingabo wa Israel, wa avuze kuri uyu wa Gatatu igisirikare cyishe Minisitiri w’ubutasi wa Iran, uje akurikira Ali Larijani wari umuyobozi mukuru w’Inama y’Umutekano wa Iran, Ali Larijani n’umuyobozi w’ingabo za Basij.
Kuri uyu wa Gatatu kandi, Iran yagabye ibitero kuri Israel no mu bihugu bituranye byo mu kigobe, aho humvikanye iturika mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Qatar.
Ibi bitero byabaye nyuma y’amasaha make itangazamakuru rya Leta ya Iran ryemeje ko igisirikare cya Israel cyishe umuyobozi mukuru w’inama y’umutekano wa Iran, Ali Larijani mu gitero cyabaye mu ijoro rimwe, kimwe na Genera Gholam Reza Soleimani, umuyobozi w’ingabo z’abashinzwe umutekano za Basij, uzwiho kugira uruhare mu kubangamira abigaragambyaga.
Igitero cy’indege cya Israel cyagabye ku nyubako iri i Bachoura, hagati muri Beirut, kiyisenya burundu mu gitondo cya kare. Ibitero bibiri byabanje ku mazu yo guturamo mu tundi duce two hagati muri Beirut byahitanye abantu batandatu binakomeretsa abandi 24, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ya Libani ibivuga.
Ibitero bya Israel byibasira Beyrouth yo hagati byakomeje kwiyongera mu minsi ishize, habanje gutangwa umuburo cyangwa utatanzwe. Ibitero byagabwe kure y’inkengero z’umujyi zo mu majyepfo, aho ingabo zabaga zatanze amatangazo yo kuburira abantu kuva ahabaga hagambiriwe.
Intambara ya America na Israel na Iran imaze guhitana abantu bagera ku 1 300 muri Iran, abarenga 900 muri Liban na 14 muri Isreli, nk’uko bivugwa n’abayobozi b’ibyo Bihugu. Igisirikare cya Amerika kivuga ko abasirikare 13 ba America bishwe, abandi bagera kuri 200 barakomereka.
RADIOTV10










