Wednesday, March 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yemeje ko yishe Minisitiri w’Ubutasi wa Iran, Esmail Khatib, uje akurikira iyicwa ry’abandi bayobozi mu nzego zo hejuru z’iki Gihugu barimo uwari Umuyobozi w’Inama y’Umutekano.

Iyicwa rya Esmail Khatib ryemejwe na Minisitiri w’ingabo wa Israel, wa avuze kuri uyu wa Gatatu igisirikare cyishe Minisitiri w’ubutasi wa Iran, uje akurikira Ali Larijani wari umuyobozi mukuru w’Inama y’Umutekano wa Iran, Ali Larijani n’umuyobozi w’ingabo za Basij.

Kuri uyu wa Gatatu kandi, Iran yagabye ibitero kuri Israel no mu bihugu bituranye byo mu kigobe, aho humvikanye iturika mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Qatar.

Ibi bitero byabaye nyuma y’amasaha make itangazamakuru rya Leta ya Iran ryemeje ko igisirikare cya Israel cyishe umuyobozi mukuru w’inama y’umutekano wa Iran, Ali Larijani mu gitero cyabaye mu ijoro rimwe, kimwe na Genera Gholam Reza Soleimani, umuyobozi w’ingabo z’abashinzwe umutekano za Basij, uzwiho kugira uruhare mu kubangamira abigaragambyaga.

Igitero cy’indege cya Israel cyagabye ku nyubako iri i Bachoura, hagati muri Beirut, kiyisenya burundu mu gitondo cya kare. Ibitero bibiri byabanje ku mazu yo guturamo mu tundi duce two hagati muri Beirut byahitanye abantu batandatu binakomeretsa abandi 24, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ya Libani ibivuga.

Ibitero bya Israel byibasira Beyrouth yo hagati byakomeje kwiyongera mu minsi ishize, habanje gutangwa umuburo cyangwa utatanzwe. Ibitero byagabwe kure y’inkengero z’umujyi zo mu majyepfo, aho ingabo zabaga zatanze amatangazo yo kuburira abantu kuva ahabaga hagambiriwe.

Intambara ya America na Israel na Iran imaze guhitana abantu bagera ku 1 300 muri Iran, abarenga 900 muri Liban na 14 muri Isreli, nk’uko bivugwa n’abayobozi b’ibyo Bihugu. Igisirikare cya Amerika kivuga ko abasirikare 13 ba America bishwe, abandi bagera kuri 200 barakomereka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + thirteen =

Previous Post

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Related Posts

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

by radiotv10
18/03/2026
0

Umushinwa ukurikiranyweho icyaha cyo gucuruza cyangwa kugura inyamaswa mu buryo bunyuranyije n’amategeko nyuma yo gufatanwa intozi 2 000 zo mu...

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

by radiotv10
18/03/2026
0

Joseph Clay Kent wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yandikiye Perezida Donald...

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

by radiotv10
17/03/2026
0

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, byashyize hanze ifoto ya Benjamin Netanyahu ari kuri telefone, atanga amabwiriza yo kwica bamwe...

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

by radiotv10
17/03/2026
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko kishe umuyobozi wo mu nzego zo hejuru muri Iran, uherutse gusaba Perezdia Donald Trumo ko...

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

by radiotv10
17/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye byumwihariko Ingabo z’u Burundi ndetse na FDLR, bagabye ibitero by’indege z’intambara zo mu bwoko...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

by radiotv10
18/03/2026
0

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

18/03/2026
Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

18/03/2026
U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

18/03/2026
Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

18/03/2026
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

18/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.