• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

I La Haye mu Buholandi, hatangiye kuburanishwa urubanza u Rwanda rwarezemo u Bwongereza ku bijyanye no kutubahiriza amasezerano y’Ibihugu byombi, aho Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yatangiye agaragaza impamvu iki Gihugu cyatanze iki kirego.

Ni urubanza ruri kuburanishwa n’Urukiko Nkemurampaka (Permanent Court of Arbitration) ruzaburanishwa mu gihe cy’iminsi itatu.

Dr Ugirashebuja ubwo yatangiraga ijambo rye imbere y’Inteko y’uru Rukiko, yagarutse ku mateka y’u Rwanda yatumye rwemera kwinjira mu mikoranire n’u Bwongereza muri politiki yabwo yo guhangana n’ikibazo cy’ubuhunzi n’ubwimukira.

Yavuze ko “Abanyarwanda benshi bahuye n’ibibazo byo kuva mu byabo. Ibi ni byo byashibutsemo politiki ya Guverinoma y’u Rwanda ijyanye no kwita ku bimukira n’abashaka ubuhungiro.”

Yavuze ko kandi u Rwanda rwishimira kuba rufite impunzi n’abashaka ubuhungiro benshi barurimo, kandi rukaba ruzwiho kwakira neza abo bantu bagiye baturuka mu Bihugu binyuranye birimo n’iby’ibituranyi, biganjemo abaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Burundi, ndetse n’ibindi byo mu mahanga ya kure, nk’abaturutse muri Afghanistan, Libya na Sudani.

Yatanze urugero ko mu kwezi gushize, u Rwanda rwakiriye abantu barenga 160 bashaka ubuhungiro baturutse mu Gihugu cya Libya, baje biyongera ku bandi benshi bagiye bakirwa, barimo n’abamaze kubona Ibihugu bibakira.

 

Impamvu u Rwanda rwareze u Bwongereza

Dr Ugirashebuja yavuze ko ubwo u Bwongereza bwatangiraga gahunda yabwo yo guhangana n’ikibazo cy’abimukira n’Ibihugu bwakorana na bwo, “u Rwanda rwabaye amahitamo ya mbere.”

Yavuze ko Ibihugu byombi byiyemeje kwinjirana mu mugambi w’amasezerano y’imikoranire yiswe ‘Migration and Economic Development Partnership (MEDP)’ yari afite intego ebyiri zirimo kugabanya ibyago by’abimukira bakunze kuburira ubuzima mu nyanja ndetse n’ibindi bibazo ndetse no guhangana n’ikibazo cy’ubusumbane mu bijyanye n’ubukungu ku Isi, butuma benshi bava mu Bihugu byabo bajya gushakira imibereho myiza ahandi.

Nanone kandi ayo masezerano yari ashingiye ku izina n’ibikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rwubatse mu bijyanye no kwakira no kwita ku mpunzi n’abashaka ubuhungiro baturutse imihanda yose ku Isi.

Yavuze ko u Rwanda rwari rugamije gufasha u Bwongereza muri iriya politiki yabwo, u Bwongereza na bwo bwemerera u Rwanda kuzarufasha mu bikorw abyo kwakira abo bimukira n’abashaka ubuhungiro no kubafasha kwisanga mu mibereho y’abandi Banyarwanda.

Yavuze ko “Ubwo muri Mata 2022 hatangazwaga ariya masezerano, u Rwanda rwatangiye gushyira mu bikorwa ibyo rwari rwiyemeje” ndetse rukanakora amavugurura mu mategeko yarwo kugira ngo ruzabone uko rushyira mu bikorwa ibyo rwari rwasinye muri MEDP.

Rwashyizeho runatora itegeko, rushyiraho inteko y’Urukiko rw’Ubujurire ku bashaka ubuhungiro, ndetse runashyiraho inzego nibura 12 zo ku rwego rwa Minisiteri zagombaga kwiga iby’ariya masezerano ya MEDP.

Nanone kandi “Rwanda rwari rwiteguye bihagije kwakira” abimukira ba mbere bagombaga kuza ku ikubitiro, rwabateguriye buri kimwe kugira ngo bazabone uko babaho.

Nanone kandi muri ariya masezerano, impande zombi zashyizeho gahunda y’ikigega yiswe ‘Economic Transformation and Integration Fund’ (ITIF) cyagombaga gufasha bariya bantu kwisanga mu iterambere n’imibereho by’Igihugu cy’u Rwanda.

Nanone kandi ariya masezerano yari agamije guteza imbere no kuzamura imibereho y’izindi mpunzi zari zisanzwe ziri mu Rwanda.

Aya masezerano kandi yaje kuvugururwa muri Kamena 2024, aho yemezaga ko u Bwongereza bwagombaga kwishyura Miliyoni 50 z’Ama-Pounds muri kiriya Kigega cya ITIF muri Mata 2025 ndetse n’inzi miliyoni 50 z’Ama-Pounds yagombaga kwishyurwa muri Mata uyu mwaka wa 2026.

Yavuze ko gusa “nyuma gato y’uko hemeranyijwe ku nyandiko ijyanye n’amafaranga yo muri 2024 habayeho impinduka kuri Guverinoma y’u Bwongereza, Minisitiri w’Intebe mushya yatangaje ko ‘amasezerano n’u Rwanda apfuye ndetse ashyinguwe’ ku munsi we wa mbere mu Biro.”

Yavuze ko ibi byabayeho u Bwongereza butarabanje kumenyesha u Rwanda, ahubwo rukabimenyera mu itangazamakuru. Nanone kandi ntibwigeze bumenyesha u Rwanda ko bahagarika ariya masezerano kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2025.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, yavuze ko u Bwongereza bwanze nkana kuyoboka ubwumvikane n’inzira y’amasezerano.

Yavuze ko “Umurongo w’u Bwongereza wari usobanutse kimwe n’uko byari bimeze ku Rwanda.” Kandi ko “Ubwishyu bw’Ikigega ITF” atari byo byari ihame gusa ku Bwongereza ku bimukira bagombaga koherezwa ahubwo ko bwagombaga no gufasha izindi mpunzi n’abandi bashaka ubuhungiro bari mu Rwanda nk’uko byari bikubiye muri ariya masezerano.

Yavuze ko muri Werurwe 2025 u Rwanda rwatumiye komisiyo ihuriweho n’impande zombi mu buryo bwihutirwa kugira ngo yige myiteguro ya nyuma ku iyoherezwa ry’impunzi ariko u Bwongereza ntibwubahiriza inshingano zabwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 20 =

Previous Post

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Next Post

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.