• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
13/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi, bakomeje ibitero birimo n’iby’indege z’intambara, bigamije kurimbura Abanyamulenge.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Ukuboza 2025, aho yavuze ko kuva ejo hashize, uruhande bahanganye rwari rukomeje imigambi yarwo mibisha.

Kanyuma, yavuze ko kuri uyu wa “wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza 2025, no kuva mu masaha ya kare yo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Ukuboza 2025, ingabo zihurije hamwe z’ubutegetsi bwa Kinshasa, zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, zakomeje ibikorwa byo kurimbura abaturage b’Abatutsi b’Abanyamulenge.”

Kanyuka yavuze ko kandi mu bitero biri gukorwa n’uru ruhande bahanganye, harimo “iby’Indege z’intambara za Sukhoi-25, kajugujugu z’intambara, n’indege zitagira abapilote za gisirikare, ziri guturuka mu Burundi, zagabye ibitero by’indege ku buryo butaziguye mu bice bituwe n’abaturage b’ABanyamulenge bya Mikenke na Rwesankuku, mu buryo bunyuranyije n’amahame shingiro y’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.”

Kanyuka yavuze ko ibi bitero byibasira nkana abaturage badafite kirengera, bigahitana abagore n’abana, kandi ni bimwe mu bigize politiki ihuriweho y’iterabwoba, gusenya, no kurimbura abaturage b’igice runaka hashingiwe ku bwoko bwabo. Ati “Ibikorwa nk’ibyo bigize ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.”

Imirwano muri Kivu y’Epfo yakajije umurego kuva mu cyumweru gishize, aho iri Huriro rya AFC/M23 ryafatage icyemezo cyo guhangana n’abiganjemo abasirikare b’u Burundi, birangira ribohoje Umujyi wa Uvira ubu ugenzurwa n’iri huriro.

AFC/M23 kandi yari yatangaje ko nyuma yo kubohoza Uvira, nubwo hari abasirikare benshi b’u Burundi batashye mu Gihugu cyabo, ariko hari n’abandi bakomeje gushinga imizi mu misozi miremire muri Kivu y’Epfo, ribasaba gutaha vuba na bwangu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − three =

Previous Post

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Next Post

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge y’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.