Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku rubanza rw’umusirikare wa RDF wishe abaturage batanu abarasiye mu kabari

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Amakuru agezweho ku rubanza rw’umusirikare wa RDF wishe abaturage batanu abarasiye mu kabari
Share on FacebookShare on Twitter

Sgt Minani Gervais wo mu Ngabo z’u Rwanda [ntarahamwa n’icyaha mu buryo bwa burundu ngo yamburwe amapeti] uherutse gukatirwa igihano cy’igifungo cya burundu ahamijwe kwica ku bushake abaturage batanu, ariko akajurira, yatangiye kuburanishwa mu bujurire.

Ni urubanza rwatangiye kumvwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, rwongeye kubera ahakorewe icyaha gikekwa kuri Sergeant Minani Gervais cyo kwica arashe abaturage batanu mu Kagari ka Rushyarara mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke.

Ubu bujurire bwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 nyuma y’amezi abiri akatiwe igihano cyo gufungwa burundu.

Uregwa ahawe umwanya ngo asobanure impamvu z’ubujurire bwe, we n’umunyamategeko we Me Muligande Jean Claude, bavuze ko Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere, hari byinshi rwirengagije.

Uruhande rw’uregwa wari wabanje kuburana mbere atunganiwe kuko umunyamategeko we yari yikuye mu rubanza, rwavuze ko Sgt Minani afite ibibazo byo mu mutwe, ku buryo atari akwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Uruhande rw’uregwa rwasabye Urukiko Rukuru rwa Gisirikare gutesha agaciro icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu no kwamburwa amapeti yose, ubundi urubanza rugatangira bundi bushya.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwongeye gushimangira ko uregwa ari muzima, ndetse bwibutsa ko isuzuma ryakozwe n’inzobere z’ubuzima bwo mu mutwe, ryagaragaje ko ntakibazo cyo mu mutwe afite, kandi ko icyemezo cyabigaragaje cyeretse impande zose.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buvuga ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa bigamije gutinza nkana urubanza, bwavuze kandi ko uregwa yemeye kwiburanira, ndetse akaba yaraburanye yemera icyaha, akaba yaranemeye kuburana atunganiwe atabishyiriweho agahato.

Icyemezo cyasomwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gisirikare tariki 09 Ukuboza 2024, rwari rwahamijwe Sgt Minani ibyaha bitatu, ari byo icy’ubwicanyi buturutse ku bushake, kwica bidategetswe n’umukuru, n’icyaha cyo guhisha no kuzimiza intwaro ku bushake.

Mu iburanisha ryo mu rubanza rw’ibanze ryabaye tariki tariki 03 Ukuboza 2024, Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwari bwasabye Urukiko guhamywa ibyaha rukamuhanisha igifungo cya burundu ku cyaha cyo kwica, igifungo cy’imyaka itanu ku cyaha cyo kwiba no kwangiza ibikoresho bya gisirikare, n’igifungo cy’umwaka umwe ku cyaha cyo gukoresha imbunda mu buryo butemewe.

Ibi byaha biregwa, Sergeant Minani Gervais, bishingiye ku gikorwa cyabaye tariki 14 Ugushyingo 2024 ubwo uregwa yarasiragara abantu batanu mu kabari gaherereye mu Mudugudu wa Mudugudu wa Rubyiruko mu Kagari ka Rusharara mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamashe.

Sgt Minani kuri uyu wa Kane imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Paul says:
    5 months ago

    uko biri numuntu watojwe na RDF hakorwe iperereza Ricukumbuye harebwe Icyabimuteye nubwo yakoze icyaha arko ntiwarasa abantu kubusa gusa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Umuhanzikazi Nyarwanda yambitswe impeta y’urukuko n’umunyamakuru

Next Post

U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.