• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
25/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe.

Amakuru dukesha Radio yitwa Royal FM, avuga ko uyu musore uzwi mu biganiro byo gusetsa abantu ku mbuga nkoranyambaga, yarekuwe nyuma yuko yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Iki gitangazamakuru kivuga ko ‘Burikantu’ yarekuwe nyuma yuko habayeho ubwumvikane hagati ye n’abo akekwaho gukorera icyaha cyo kubafungirana.

Mu masaha ya mbere ya saa sita kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Nyakanga 2025, uyu musore yanyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram buherekejwa n’amashusho ari kumwe na mugenzi we Buringuni bakorana na Jacky na we uzwi ku mbuga nkoranyamba, aho yagize ati “Ubu ndi guhumeka umwuka w’i Nyarugenge.”

Mwitende Abdoulkarim AKA ‘Burikantu’ yari yatawe muri yombi ku Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2025 nyuma yuko abakobwa akekwaho gufungirana biyambaje Polisi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yari yavuze ko Burikantu yafungiranye abo bakobwa mu nzu abamo nyuma yuko bagiranye ikibazo gishingiye ku mafaranga ibihumbi birindwi (7 000 Frw) yabishyuzaga by’agaciro k’amafaranga yari yabatanzeho arimo 5 000 Frw y’urugendo na 2 000 Frw ya Fanta yari yabazimaniye.

Dr Murangira kandi yari yagiriye inama abantu ko igihe hari ibyo batumvikanyeho na bagenzi babo, badakwiye kwishora mu bikorwa nk’ibi byabagusha mu gukora ibyaha, ahubwo ko bakwiye kujya biyambaza inzego.

Yagize ati “Iyo aza kuba yumva ko bagomba kumwishyura izo Fanta ze n’izo tike ze, ni cyo inzego ziberaho, yagombaga gutanga ikirego bakabibazwa. Iri ni ryo somo abantu batwumva bari bakwiye gukuramo.”

Burikantu yari yatawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bari bagiye iwe ngo abafashe kujya bakora ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga, akaza gusaba umwe muri bo kumusanga mu cyumba ngo baganiriremo, akamubera ibamba, ari ho yahereye afata icyemezo cyo kubasaba kumwishyura amafaranga y’ibyo yari yabatanzeho, bayabura akabafungirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Next Post

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.