Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho kuri Trump nyuma yo kurasirwa mu ruhame Imana igakinga akaboko

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho kuri Trump nyuma yo kurasirwa mu ruhame Imana igakinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Abashinzwe ibikorwa byo kwiyamamaza bya Donald Trump wifuza kongera kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, batangaje ko ameze neza nyuma y’ibyo inzego z’umutekano zafashe nko kugerageza kumwica, ndetse akaba yanakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza.

Ubwo yari ari mu bikorwa byo kwiyamamaza byaberaga i Butler, muri Leta Pennsylvania ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Donald Trump yarashweho n’umusore wari ahantu hirengeye, ariko aramuhusha, amurasa ku gutwi.
Inzego zishizwe umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America, zavuze ko umuntu washatse kumwica yari umusore w’imyaka 20 ukomoka muri Leta Pennsylvania.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Trump yavuze ko amasasu yarashwe yakomerekeje igice cyo hejuru cy’ugutwi kwe kw’iburyo.

Abashinzwe umutekano we bazwi nka secret service bahise bamukura aho yavugiraga ijambo igitaraganya, icyakora ayo masasu yahitanye umwe mu baturage, undi arakomereka bikomeye.
inzego z’umutekano zatangaje ko abakekwaho kugerageza kwivugana Donald Trump, umwe muri bo na we yahise araswa arapfa.
Perezida Joe Biden n’abayobozi b’ingeri zose muri Leta Zunze Ubumwe za Amarica bamaganye iki gikorwa, ndetse Biden yavuze ko ibikorwa nk’ibyo bidakwiye muri iki Gihugu.

Kuri uyu wa Mbere, Donald Trump yerekeje muri Leta ya i Milwaukee aho ari anaho ari busoreze ibikorwa byo kwiyamamariza kuzahagararira ishyaka ry’Aba-Republican mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka. Uzahagararira iri shyaka muri aya matora azatangazwa mu mpera z’iki cyumweru.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 3 =

Previous Post

Capt.Ian Kagame mu Banyarwanda batoye mu gitondo cya kare

Next Post

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.