Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho kuri Trump nyuma yo kurasirwa mu ruhame Imana igakinga akaboko

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho kuri Trump nyuma yo kurasirwa mu ruhame Imana igakinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Abashinzwe ibikorwa byo kwiyamamaza bya Donald Trump wifuza kongera kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, batangaje ko ameze neza nyuma y’ibyo inzego z’umutekano zafashe nko kugerageza kumwica, ndetse akaba yanakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza.

Ubwo yari ari mu bikorwa byo kwiyamamaza byaberaga i Butler, muri Leta Pennsylvania ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Donald Trump yarashweho n’umusore wari ahantu hirengeye, ariko aramuhusha, amurasa ku gutwi.
Inzego zishizwe umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America, zavuze ko umuntu washatse kumwica yari umusore w’imyaka 20 ukomoka muri Leta Pennsylvania.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Trump yavuze ko amasasu yarashwe yakomerekeje igice cyo hejuru cy’ugutwi kwe kw’iburyo.

Abashinzwe umutekano we bazwi nka secret service bahise bamukura aho yavugiraga ijambo igitaraganya, icyakora ayo masasu yahitanye umwe mu baturage, undi arakomereka bikomeye.
inzego z’umutekano zatangaje ko abakekwaho kugerageza kwivugana Donald Trump, umwe muri bo na we yahise araswa arapfa.
Perezida Joe Biden n’abayobozi b’ingeri zose muri Leta Zunze Ubumwe za Amarica bamaganye iki gikorwa, ndetse Biden yavuze ko ibikorwa nk’ibyo bidakwiye muri iki Gihugu.

Kuri uyu wa Mbere, Donald Trump yerekeje muri Leta ya i Milwaukee aho ari anaho ari busoreze ibikorwa byo kwiyamamariza kuzahagararira ishyaka ry’Aba-Republican mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka. Uzahagararira iri shyaka muri aya matora azatangazwa mu mpera z’iki cyumweru.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 15 =

Previous Post

Capt.Ian Kagame mu Banyarwanda batoye mu gitondo cya kare

Next Post

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.