Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi

Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe, yavuze ko “nta kindi gihe iki Gihugu cyagize ubutegetsi bubi nk’ubwo gifite ubu” kandi ko ari na ryo zingiro ry’ibibazo by’umutekano byo mu burasirazuba bwacyo.

Matata Ponyo Mapon wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC hagati ya 2012 na 2016, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na TV 5 Monde, cyagarukaga ku gitabo yashyize hanze yise ‘Politiki Economique dans un Pays en developpement’.

Uyu munyapolitiki wahunze Igihugu cya DRC umwaka ushize, yagarutse ku butabera bwa Congo bwamukurikiranyeho ibyaha byo kunyereza umutungo, avuga ko uru rwego rwa kiriya Gihugu rurwaye ku buryo n’ibyo rwakora byose bitari mu murongo muzima.

Yavuze ko Itegeko Nshinga rya kiriya Gihugu rihonyorwa n’ubutegetsi buriho bwa Felix Tshisekedi, bugakandamiza abo butifuza baba bashaka kugaragaza ibitagenda.

Avuga ko ku giti cye yanze gukorana n’ubutegetsi bwa Tshisekedi kubera inenge nyinshi abubonaho, kandi ko atari akwiye kubizira.

Ati “Ngendeye ku cyubahiro cyanjye, ku bunyangamugayo bwanjye, ntabwo nshobora gukorana n’ubutegetsi bwijanditse mu gusahura umutungo w’Igihugu no muri ruswa.”

Uyu munyapolitiki, avuga ko Perezida Tshisekedi ubwe, ari we wari inyuma ya biriya byaha avuga ko yegetsweho, kandi ko ubutegetsi bw’uyu Muperezida bwakomeje kurangwa n’imyitwarire n’imigirire mibi yo gushaka kwigizayo abatavuga rumwe na bwo.

 

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’uko iyobowe ubu

Agaruka ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Matata Ponyo Mapon yavuze ko kuba Ihuriro AFC/M23 ryarafashe umujyi wa Goma ritsinze igisirikare cya Leta ya Congo, bigaragaza ko gutsinda intambara bisaba kugira igisirikare gifite imyitwarire myiza, ndetse n’imiyoborere ihamye.

Yavuze ko iyo abantu bagiye gusuzuma ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, bareba gusa ku mutwe wa AFC/M23, ariko bakirengagiza icyatumye ubaho.

Ati “Abantu bareba gusa ku mutwe. Ariko se ni ibihe bibazo muzi byatumye habaho uyu mutwe? Ni imiyoborere mibi, nta kindi gihe RDC yigeze ibaho iyobowe nabi nk’uko iyobowe ubu.”

Matata Ponyo Mapon avuga ko muri kiriya gitabo cye, agaragaza ko umuzi w’ibibazo byo muri Congo, ari ikijyanye n’imiyoborere mibi.

Ati “Ntabwo wagira Igihugu cy’ingengo y’imari ya Miliyari eshanu z’amadolari, igihe nari Minisitiri w’Intebe, imishahara yarishyurwaga tariki 15 za buri kwezi, imihanda yarubakwaga, ibigo by’ubucuruzi byaravukaga, kompanyi z’ubwikorezi bwo mu kirere, kompanyi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ariko noneho ku ngengo y’imari ya miliyari zikabakaba 16, imihanda yose yarangiritse, kompanyi zirajegajega, abantu ntibagihembwa, amafaranga aribwa…”

Yakomeje avuga ko amasezerano n’ibiganiro bikomeje gukorwa mu gushaka umuti wa biriya bibazo, byose byari bikwiye gushingira ku muzi wabyo.

Yavuze ko we na Joseph Kabila wayoboye Congo, bagerageje gutanga umusanzu mu gushaka umuti wa biriya bibazo, bagaragaza ikibazo nyacyo cya DRC.

Ati “Twaberetse ko ikibazo cya RDC atari ikibazo cy’ivuka ry’imitwe yitwaje intwaro. Wagakwiye kwibaza ikibazo uti ‘ese ni uwuhe muzi w’ivuka ry’umutwe witwaje intwaro?’ ni ikibazo cy’imiyoborere mibi yabaye karande, imiyoborere ishingiye mu by’ukuri ku cyenewabo, ku bwoko, ishingiye ku bushuti…”

Avuga ko iterambere ry’ubukungu rifatika muri Congo kimwe n’ibindi Bihugu byo muri Afurika biri mu nzira y’amajyambere, rigomba gushingira ku miyoborere myiza, ariko ko ikibazo ari uko uyu Mugabane udafite iyo miyoborere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y'ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.