Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose cyava muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ibi yabivuze mu masaha make akurikiye amagambo ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, wongeye gutera ubwoba Iran avuga ko ishobora gufatirwa ingamba za gisirikare.

Umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), na wo watangaje ko ingabo za Iran ziteguye byuzuye guhangana n’ibikorwa byose by’intambara, nk’uko byatangajwe n’ikigo cya Leta gishinzwe itangazamakuru, IRNA.

IRNA ivuga ko yasubiyemo amagambo y’umuvugizi wa IRGC, Brigadier General Ali Mohammad Naeini, wavuze ko hashyizweho uburyo burambye bwo guhangana n’ibikorwa Iran ifata nk’ibigamije kuyigirira nabi, birimo n’ibishobora kuba ibikorwa bya gisirikare.

Brigadier General Ali Mohammad Naeini yashinje Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko mu minsi ishize zagerageje gukoresha uburyo bwinshi butandukanye, burimo n’intambara y’iyobokamana (psychological warfare), ariko bikanga. Yavuze ko kuri ubu Washington iri kwifashisha iterabwoba n’igitutu mu gushaka gukwirakwiza ubwoba mu baturage ba Iran, kandi ko ibyo bitazihanganirwa.

Iran yatangaje ibi mu gihe Donald Trump, ku itariki ya 28 Mutarama 2026, yongeye gutera ubwoba Iran avuga ko Amerika yiteguye gukoresha imbaraga za gisirikare mu gihe Tehran yakomeza kwinangira ku ngingo zijyanye n’umutekano n’intwaro za nucléaire.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko igihe Iran yari ifite cyo kugirana ibiganiro n’Amerika kiri kugenda gishira, ashimangira ko Washington itazihanganira ibikorwa Iran ifata nk’ibibangamira umutekano w’akarere n’uw’isi.

Trump yanavuze ko ingabo za Amerika ziteguye kandi zifite ubushobozi bwo kwitabara no gutera igihe cyose byaba bibaye ngombwa, asaba Iran kwemera ibiganiro byihuse bigamije gukumira intambara no kugera ku masezerano abuza Tehran gutunga intwaro za nucléaire.

Yagize ati Amerika yifuza amahoro n’amasezerano, ariko yongeraho ko nidahindura imyitwarire yayo, Iran ishobora guhura n’ibikorwa bya gisirikare bikomeye kandi byihuse.

Aya magambo ya Trump yakurikiwe n’impungenge zikomeye ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane mu gihe Iran na yo yatangaje ko ingabo zayo ziteguye gusubiza ako kanya kandi mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose cyava muri Amerika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 4 =

Previous Post

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Next Post

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.