• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Amakuru mashya ku munyamakuru wari wafungiwe kutishyura mu kabari

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku munyamakuru wari wafungiwe kutishyura mu kabari
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Bujyacyera Jean Paul uzwi nka Guterman, wari watawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku kutishyura ibyo yatse mu kabari, amakuru aremeza ko ubu ari hanze ndetse ko uyu munsi aza kumvikana mu kiganiro asanzwe akora.

Uyu munyamakuru wari watawe muri yombi ku wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022 nkuko byari byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho icyaha cyo kwaka ikitari bwishyurwe gihanishwa igihano gishobora kugera ku mezi abiri.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, uyu Munyamakuru yemeje ko atagifunze ndetse ko uyu munsi aza kumvikana mu kiganiro asanzwe akora kuri imwe mu maradiyo yo mu Rwanda.

Mu butumwa yanyujije kuri WhatsApp status, Guterman yagize ati “Ntabwo mfunzwe, bamwe bashamadukira inkuru z’ibicika ntibakore iz’ibyiza umuntu yagezeho.”

Uyu munyamakuru usanzwe anafite Umuryango utari uwa Leta, ufasha abana bo mu miryango itishoboye, byemejwe na RIB ko akurikiranyweho kwaka ibintu mu kabari ariko ntiyishyure.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira wari wemeje ko uyu Bujyacyera Jean Paul yatawe muri yombi, yari yatangaje ko icyaha akekwaho yagikoreye mu kabari kamwe ko mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Rukiri II, mu Murenge wa Remera mu Karere Gasabo, ubwo yaangaga kwishyura ibyo yatse ndetse akanakubita umukozi wo muri aka kabari wamwishyuzaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eleven =

Previous Post

Perezida Kagame yaganiriye n’abarimo Samantha Power wigeze kuvuga cyane ku Rwanda

Next Post

Hafashwe icyemezo cyo gutuma abanyeshuri basubira ku mashuri batabangamirwa n’Umuganda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
Hafashwe icyemezo cyo gutuma abanyeshuri basubira ku mashuri batabangamirwa n’Umuganda

Hafashwe icyemezo cyo gutuma abanyeshuri basubira ku mashuri batabangamirwa n’Umuganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.