Sunday, August 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ukekwaho kuba yari utwaye ikinyabiziga cyagonze umunyamakuru Ntwali John Williams akitaba Imana, ari mu maboko y’inzego kandi ko azagezwa imbere y’Urukiko, iboneraho gusaba abakomeje kuririra kuri iyi mpanuka bakavuga amakuru atari yo, kubihagararika, bakareka abashinzwe iperereza bagakora akazi kabo.

Urupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams rwamenyekanye ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 19 Mutarama 2023, nyuma y’iminsi ibiri yari amaze yitabye Imana azize impanuka yabereye mu Karere ka Kicukiro ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama.

Bamwe mu basanzwe bavuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda, buririye kuri uru rupfu rw’umunyamakuru, basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku mpamvu y’uru rupfu rwe, mu gihe Polisi y’u Rwanda yemeje ko ari impanuka y’imodoka yagonze moto yari iriho uyu munyamakuru agahita ahasiga ubuzima, mu gihe umumotari wari umutwaye we yakomeretse.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID), Samantha Power wakunze kuvuga nabi u Rwanda, ari mu bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Ntwali John Williams, aho yavuze ko rwamushenguye, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye.

Uyu Munyamerikakazi yavuze ko umunyamakuru Ntwali John Williams, yari “intwari akaba umwe mu banyamakuru bigenga beza bari basigaye.”

Agakomeza agira ati “Guverinoma y’u Rwanda igomba kwemera hakabaho iperereza ryigenga kandi ryizewe ku cyateye uru rupfu.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko ntakindi kishe umunyamakuru Ntwali John Williams atari impanuka ya moto nkuko byatangajwe kandi ko izi mpanuka zisanzwe zibaho atari nshya.

Yagize ati “Abanyarwanda umunani (8) baburiye ubuzima mu mpanuka za moto muri uku kwezi gusa, buri rupfu ni igihombo kibabaje.”

Yolande Makolo yakomeje avuga kuri iyi mpanuka yahitanye Ntwali John Williams, agira ati “Umushoferi ubikekwaho arafunzwe kandi azagezwa imbere y’Urukiko. Naho umumotari we ari koroherwa aho arwariye mu bitaro.”

8 Rwandans have died in moto taxi accidents this month alone, each fatality is a tragic loss. The culpable driver is in custody and will appear in court. The moto driver is recovering in hospital. Groundless insinuations don't help 👇🏿 Let the accident investigators do their work. https://t.co/uLw8w7lxWZ pic.twitter.com/CfQUG4wJDC

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) January 23, 2023

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yasoje ubutumwa bwe asaba abakomeje kuzamura impaka zidafite icyo zishingiyeho kubihagarika kuko ntacyo byamara, ahubwo bakareka abashinzwe gukora iperereza ku by’impanuka bagakora akazi kabo.

Umunyamakuru Ntwali John Williams yashyinguwe ku Cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, mu muhango witabiriwe n’abantu b’ingeri zinyuranye nk’abanyamakuru bagenzi be ndetse n’abanyapolitiki barimo n’abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.

Cleophas Barore uyobora Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) rwanabarizwagamo nyakwigendera nk’umunyamuryango, yavuze ko urwego ayoboye rwo rutazajya kubaza iby’andi makuru ku rupfu rwa nyakwigendera kuko ibyo Polisi yabwiye umuryango we bihagije kandi ko atari rimwe cyangwa kabiri cyangwa ubwa nyuma umuntu yitabye Imana azize impanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + ten =

Previous Post

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Next Post

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.