Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ukekwaho kuba yari utwaye ikinyabiziga cyagonze umunyamakuru Ntwali John Williams akitaba Imana, ari mu maboko y’inzego kandi ko azagezwa imbere y’Urukiko, iboneraho gusaba abakomeje kuririra kuri iyi mpanuka bakavuga amakuru atari yo, kubihagararika, bakareka abashinzwe iperereza bagakora akazi kabo.

Urupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams rwamenyekanye ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 19 Mutarama 2023, nyuma y’iminsi ibiri yari amaze yitabye Imana azize impanuka yabereye mu Karere ka Kicukiro ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama.

Bamwe mu basanzwe bavuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda, buririye kuri uru rupfu rw’umunyamakuru, basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku mpamvu y’uru rupfu rwe, mu gihe Polisi y’u Rwanda yemeje ko ari impanuka y’imodoka yagonze moto yari iriho uyu munyamakuru agahita ahasiga ubuzima, mu gihe umumotari wari umutwaye we yakomeretse.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID), Samantha Power wakunze kuvuga nabi u Rwanda, ari mu bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Ntwali John Williams, aho yavuze ko rwamushenguye, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye.

Uyu Munyamerikakazi yavuze ko umunyamakuru Ntwali John Williams, yari “intwari akaba umwe mu banyamakuru bigenga beza bari basigaye.”

Agakomeza agira ati “Guverinoma y’u Rwanda igomba kwemera hakabaho iperereza ryigenga kandi ryizewe ku cyateye uru rupfu.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko ntakindi kishe umunyamakuru Ntwali John Williams atari impanuka ya moto nkuko byatangajwe kandi ko izi mpanuka zisanzwe zibaho atari nshya.

Yagize ati “Abanyarwanda umunani (8) baburiye ubuzima mu mpanuka za moto muri uku kwezi gusa, buri rupfu ni igihombo kibabaje.”

Yolande Makolo yakomeje avuga kuri iyi mpanuka yahitanye Ntwali John Williams, agira ati “Umushoferi ubikekwaho arafunzwe kandi azagezwa imbere y’Urukiko. Naho umumotari we ari koroherwa aho arwariye mu bitaro.”

8 Rwandans have died in moto taxi accidents this month alone, each fatality is a tragic loss. The culpable driver is in custody and will appear in court. The moto driver is recovering in hospital. Groundless insinuations don't help 👇🏿 Let the accident investigators do their work. https://t.co/uLw8w7lxWZ pic.twitter.com/CfQUG4wJDC

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) January 23, 2023

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yasoje ubutumwa bwe asaba abakomeje kuzamura impaka zidafite icyo zishingiyeho kubihagarika kuko ntacyo byamara, ahubwo bakareka abashinzwe gukora iperereza ku by’impanuka bagakora akazi kabo.

Umunyamakuru Ntwali John Williams yashyinguwe ku Cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, mu muhango witabiriwe n’abantu b’ingeri zinyuranye nk’abanyamakuru bagenzi be ndetse n’abanyapolitiki barimo n’abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.

Cleophas Barore uyobora Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) rwanabarizwagamo nyakwigendera nk’umunyamuryango, yavuze ko urwego ayoboye rwo rutazajya kubaza iby’andi makuru ku rupfu rwa nyakwigendera kuko ibyo Polisi yabwiye umuryango we bihagije kandi ko atari rimwe cyangwa kabiri cyangwa ubwa nyuma umuntu yitabye Imana azize impanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 6 =

Previous Post

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Next Post

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.