Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ukekwaho kuba yari utwaye ikinyabiziga cyagonze umunyamakuru Ntwali John Williams akitaba Imana, ari mu maboko y’inzego kandi ko azagezwa imbere y’Urukiko, iboneraho gusaba abakomeje kuririra kuri iyi mpanuka bakavuga amakuru atari yo, kubihagararika, bakareka abashinzwe iperereza bagakora akazi kabo.

Urupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams rwamenyekanye ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 19 Mutarama 2023, nyuma y’iminsi ibiri yari amaze yitabye Imana azize impanuka yabereye mu Karere ka Kicukiro ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama.

Bamwe mu basanzwe bavuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda, buririye kuri uru rupfu rw’umunyamakuru, basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku mpamvu y’uru rupfu rwe, mu gihe Polisi y’u Rwanda yemeje ko ari impanuka y’imodoka yagonze moto yari iriho uyu munyamakuru agahita ahasiga ubuzima, mu gihe umumotari wari umutwaye we yakomeretse.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID), Samantha Power wakunze kuvuga nabi u Rwanda, ari mu bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Ntwali John Williams, aho yavuze ko rwamushenguye, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye.

Uyu Munyamerikakazi yavuze ko umunyamakuru Ntwali John Williams, yari “intwari akaba umwe mu banyamakuru bigenga beza bari basigaye.”

Agakomeza agira ati “Guverinoma y’u Rwanda igomba kwemera hakabaho iperereza ryigenga kandi ryizewe ku cyateye uru rupfu.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko ntakindi kishe umunyamakuru Ntwali John Williams atari impanuka ya moto nkuko byatangajwe kandi ko izi mpanuka zisanzwe zibaho atari nshya.

Yagize ati “Abanyarwanda umunani (8) baburiye ubuzima mu mpanuka za moto muri uku kwezi gusa, buri rupfu ni igihombo kibabaje.”

Yolande Makolo yakomeje avuga kuri iyi mpanuka yahitanye Ntwali John Williams, agira ati “Umushoferi ubikekwaho arafunzwe kandi azagezwa imbere y’Urukiko. Naho umumotari we ari koroherwa aho arwariye mu bitaro.”

8 Rwandans have died in moto taxi accidents this month alone, each fatality is a tragic loss. The culpable driver is in custody and will appear in court. The moto driver is recovering in hospital. Groundless insinuations don't help 👇🏿 Let the accident investigators do their work. https://t.co/uLw8w7lxWZ pic.twitter.com/CfQUG4wJDC

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) January 23, 2023

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yasoje ubutumwa bwe asaba abakomeje kuzamura impaka zidafite icyo zishingiyeho kubihagarika kuko ntacyo byamara, ahubwo bakareka abashinzwe gukora iperereza ku by’impanuka bagakora akazi kabo.

Umunyamakuru Ntwali John Williams yashyinguwe ku Cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, mu muhango witabiriwe n’abantu b’ingeri zinyuranye nk’abanyamakuru bagenzi be ndetse n’abanyapolitiki barimo n’abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.

Cleophas Barore uyobora Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) rwanabarizwagamo nyakwigendera nk’umunyamuryango, yavuze ko urwego ayoboye rwo rutazajya kubaza iby’andi makuru ku rupfu rwa nyakwigendera kuko ibyo Polisi yabwiye umuryango we bihagije kandi ko atari rimwe cyangwa kabiri cyangwa ubwa nyuma umuntu yitabye Imana azize impanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 6 =

Previous Post

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Next Post

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.