Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ukekwaho kuba yari utwaye ikinyabiziga cyagonze umunyamakuru Ntwali John Williams akitaba Imana, ari mu maboko y’inzego kandi ko azagezwa imbere y’Urukiko, iboneraho gusaba abakomeje kuririra kuri iyi mpanuka bakavuga amakuru atari yo, kubihagararika, bakareka abashinzwe iperereza bagakora akazi kabo.

Urupfu rw’umunyamakuru Ntwali John Williams rwamenyekanye ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 19 Mutarama 2023, nyuma y’iminsi ibiri yari amaze yitabye Imana azize impanuka yabereye mu Karere ka Kicukiro ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama.

Bamwe mu basanzwe bavuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda, buririye kuri uru rupfu rw’umunyamakuru, basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku mpamvu y’uru rupfu rwe, mu gihe Polisi y’u Rwanda yemeje ko ari impanuka y’imodoka yagonze moto yari iriho uyu munyamakuru agahita ahasiga ubuzima, mu gihe umumotari wari umutwaye we yakomeretse.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID), Samantha Power wakunze kuvuga nabi u Rwanda, ari mu bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Ntwali John Williams, aho yavuze ko rwamushenguye, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye.

Uyu Munyamerikakazi yavuze ko umunyamakuru Ntwali John Williams, yari “intwari akaba umwe mu banyamakuru bigenga beza bari basigaye.”

Agakomeza agira ati “Guverinoma y’u Rwanda igomba kwemera hakabaho iperereza ryigenga kandi ryizewe ku cyateye uru rupfu.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko ntakindi kishe umunyamakuru Ntwali John Williams atari impanuka ya moto nkuko byatangajwe kandi ko izi mpanuka zisanzwe zibaho atari nshya.

Yagize ati “Abanyarwanda umunani (8) baburiye ubuzima mu mpanuka za moto muri uku kwezi gusa, buri rupfu ni igihombo kibabaje.”

Yolande Makolo yakomeje avuga kuri iyi mpanuka yahitanye Ntwali John Williams, agira ati “Umushoferi ubikekwaho arafunzwe kandi azagezwa imbere y’Urukiko. Naho umumotari we ari koroherwa aho arwariye mu bitaro.”

8 Rwandans have died in moto taxi accidents this month alone, each fatality is a tragic loss. The culpable driver is in custody and will appear in court. The moto driver is recovering in hospital. Groundless insinuations don't help 👇🏿 Let the accident investigators do their work. https://t.co/uLw8w7lxWZ pic.twitter.com/CfQUG4wJDC

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) January 23, 2023

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yasoje ubutumwa bwe asaba abakomeje kuzamura impaka zidafite icyo zishingiyeho kubihagarika kuko ntacyo byamara, ahubwo bakareka abashinzwe gukora iperereza ku by’impanuka bagakora akazi kabo.

Umunyamakuru Ntwali John Williams yashyinguwe ku Cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, mu muhango witabiriwe n’abantu b’ingeri zinyuranye nk’abanyamakuru bagenzi be ndetse n’abanyapolitiki barimo n’abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.

Cleophas Barore uyobora Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) rwanabarizwagamo nyakwigendera nk’umunyamuryango, yavuze ko urwego ayoboye rwo rutazajya kubaza iby’andi makuru ku rupfu rwa nyakwigendera kuko ibyo Polisi yabwiye umuryango we bihagije kandi ko atari rimwe cyangwa kabiri cyangwa ubwa nyuma umuntu yitabye Imana azize impanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + four =

Previous Post

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Next Post

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.