Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: William Ruto atsinze amatora yo gusimbura Kenyatta yari abereye V/Perezida

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: William Ruto atsinze amatora yo gusimbura Kenyatta yari abereye V/Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora muri Kenya, yemeje ko William Ruto yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ahanganyemo na Raila Odinga.

Ibi byavuye mu matora yabaye mu cyumweru gishize, byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Kenya ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kanama 2022.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yavuze ko ibyavuye mu matora by’agateganyo bigaragaza ko William Ruto yagize amajwi 50.49 % mu gihe Raila Odinga yagize 48%.

William Ruto wari wiyamamaje ku nshuro ya mbere kuri uyu mwanya w’Umukuru w’Igihugu, abaye Perezida wa Gatanu wa Kenya nyuma y’imyaka 10 ari Visi Perezida wa Uhuru Kenyatta usoje manda ze.

Gusa ubwo iyi manda yarangiraga, William Ruto wari inkoramutima ya Kenyatta, yaramwihindutse, yemeza ko ashyigikiye Raila Odinga bagiye bahanganira mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Mu kubarura amajwi, William Ruto Odinga bakunze kugendana mu majwi nubwo Ruto inshuro nyinshi ari we wakunze kuza hejuru ya Odinga.

Ibi byavuye mu matora bitangajwe mu buryo bw’agateganyo, biteganyijwe ko bizakurikirwa n’ibya burundu bizatangwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

William Ruto wahise agira icyo abwira Abanya-Kenya, yabashimiye yaba abamutoye n’abataramushyigikiye, aboneraho gushimira Raila Odinga bari bahanganye.

Uyu mugabo utsinze amatora bidatunguranye cyane kuko yari mu bahabwaga amahirwe, yaboneyeho no gushimira Uhuru Kenyatta yabereye Visi Perezida muri manda ebyiri zombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Next Post

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF

Ingabo z’u Burundi zamaze kwinjira muri DRCongo mu butumwa bwaheejwemo RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.