Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amarira baterwaga n’umugezi wari warabazengereje wanatwaye ubuzima bwa bamwe bagiye kuyahozwa burundu

radiotv10by radiotv10
18/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amarira baterwaga n’umugezi wari warabazengereje wanatwaye ubuzima bwa bamwe bagiye kuyahozwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’igihe abaturage bo mu Mirenge ya Murambi na Murundi mu Karere ka Karongi barira ayo kwarika kubera umugezi wa Mashyiga watwaraga amateme ndetse ukaba waranahitanye ubuzima bwa bamwe, ubu barishimira ikiraro cyo mu kirere kiri kubakwa ndetse ko bafite icyizere ko uyu mugezi utazakigeraho

Abari babangamiwe cyane n’umugezi wa Mashyiga, ni abo mu Tugari twa Nyarunyinya, Muhoro na Mubuga; bavuga ko mu bihe by’imvura nyinshi uyu mugezi wagiye ubatwara abantu bagerageza kuwambuka.

Mugwaneza John ati “Ejo bundi iherutse gutwara umukecuru avuye mu isoko i Syembe hari n’abantu benshi ijya itwara ivanye iyo ruguru ugasanga hano turi kubavanamo.”

Impamvu yatumaga uyu mugezi utwara abantu, ni uko ibiraro bisanzwe by’ibiti n’imbaho byashyirwagaho bitamaraga kabiri utabijyanye.

Mukandera Feresiya ati “Mashyiga yatwaraga ibiraro cyane kuko ibyo nibuka imaze kujyana ni ibiraro bine.”

Mukeshimana Jacqueline na we ati “Abanyeshuri biga hariya ku Mubuga hari bamwe barara iwanjye kuko iyo Mashyiga yuzuye tubabuza kuyambuka.”

Nyuma yo kubona ko ibiraro bisanzwe by’imbaho n’ibiti bidakemura ikibazo ku buryo burambye, ubu hari kubakwa icyo mu kirere cyitezweho korohereza abaturage mu migenderanire ndetse imirimo yo kucyubaka ikaba igeze kure nk’uko bitangazwa na Eng. Ndorimana Vedaste ukuriye imirimo yo kucyubaka.

Agira ati “Twavuga ko kigeze kuri 95% kuko igisigaye ni ugushyiraho urugo rutuma abaturage bazajya bagenda hagati mu nzira nta kibazo bafite.”

Iki kiraro kizafasha abaturage kugera m isantere ya Shyembe bajya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima ndetse n’ibitaro bya Kirinda ndetse n’abarema isoko rya Shyembe, gifite ubushobozi bwo kunyurwaho n’abantu 300 icyarimwe kandi cyizaba gifite ubushobozi bwo kuramba imyaka 50.

Uyu mugezi wajyaga wuzura ugateza ibibazo

Ikibazo cyavugutiwe umuti, hubatswe ikiraro cyo mu kirere gisimbura iby’ibiti

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Mauritania: Hatangajwe imbogamizi zitavugwaho rumwe zakomye mu nkokora uwifuza kongera guhatanira kuba Perezida

Next Post

Kayonza: Bavuze impamvu ituma hari igihe kigera bagahagarika akazi kabatunze bitabarutseho

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

by radiotv10
12/12/2025
0

Money is often a sensitive topic, but it is also one of the most important factors that shape a person's...

IZIHERUKA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Bavuze impamvu ituma hari igihe kigera bagahagarika akazi kabatunze bitabarutseho

Kayonza: Bavuze impamvu ituma hari igihe kigera bagahagarika akazi kabatunze bitabarutseho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.