Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga, nta yindi ntero uretse benshi bijujutira kuba ikipe y’Igihugu Amavubi yongeye kubaraza nabi, igatsindwa na Mozambique, igahita isezererwa mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika. Gutsindwa ku ikipe y’Igihugu si bishya, ariko ubu bwo byazamuye uburakari bwa benshi.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2023, ikipe ya Mozambique yatsindiye u Rwanda kuri Sitade ya Huye, ibitego 2-0.

Wari umukino w’umunsi wa Gatanu wo mu itsinda L mu gushaka tike yo kujya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire umwaka utaha.

Umukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1, ariko uwo kwishyura Amavubi yawutsinzwe bisa n’ibyize akadomo ku cyizere cyo kuba ikipe y’igihugu Amavubi yazerekeza muri Cote d’Ivoire umwaka utaha.

Muri iri tsinda, Senegal ni yo iyoboye n’amanota 13 ndetse ni nayo yonyine yamaze gukatisha itike. Ikipe y’igihugu ya Mozambique ni iya 2 n’amanota 7, Benin ni iya 3 n’amanota 5, naho u Rwanda ni urwa nyuma n’amanota 2 gusa.

Kuva 2004 ubwo Amavubi aheruka kubona itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika, kubona tike yo gusubirayo byakomeje kwanga n’ubu biranze.

Nyuma y’uyu mukino wabonetsemo igitego cyaturutse kuri umwe muri ba myugariro b’Abamuvubi, Manzi Thierry, abakunzi ba ruhago ndetse n’abandi mu ngeri zinyuranye, bagaragaje umujinya wo kuba Ikipe yabo yongeye kubabaza.

Ni umujinya bigaragara ko bari bafite icyizere ko iyi kipe igiye gukinira ku kibuga cyayo, ndetse yariteguye bihagije, yashoboraga gutsinda.

Nanone kandi benshi bashingira ku byatangajwe n’abakinnyi ndetse n’umutoza wabo ubwo biteguraga uyu mukino, ko biteguye gukora ibishoboka byose, bagatsinda uyu mukino, bavugaga ko ari nka final kuri bo.

Ariko nanone ntarwabura kuvuga ko uyu mujinya ushingiye ku nyota Abanyarwanda bafite yo kongera kubona ikipe yabo yongera gutsinda, cyangwa ikaba yasubira mu Gikombe cya Afurika.

Minisitiri muri Sitade

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. haba janvier says:
    2 years ago

    gusa birababaje cyane buri wese ufite ubunyarwanda yababara .

    Reply

Leave a Reply to haba janvier Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − one =

Previous Post

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Next Post

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.